Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Icyizere Ko Inzibutso Za Jenoside Zizemerwa Na UNESCO- Min Bizimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hari Icyizere Ko Inzibutso Za Jenoside Zizemerwa Na UNESCO- Min Bizimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2023 2:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana avuga aho ibiganiro byo kwemerera inzibutso za Jenoside mu Rwanda bigeze mu murage w’isi, bitanga icyizere ko UNESCO izazemera.

Ibiganiro bigamije kwemerera inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ko zijya mu bigize umurage mpuzamahanga byatangiye mu mwaka wa 2012.

Min Bizimana avuga ko u Rwanda rwatanze ibyo rwasabwe byose, kandi ngo aho ibiganiro bigeze, byarekena ko hari icyizere ko ibyo rwasabye bizemerwa.

Inzibutso zasabiwe gushyirwa mu murage w’isi ni urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, urwa Nyamata mu Karere ka Bugesera, urwa Bisesero muri Karongi ndetse n’urwa Murambi mu Karere ka Nyamagabe.

Leta y’u Rwanda yahaye UNESCO raporo zikubiyemo imiterere n’amateka y’izo nzibutso zose.

Amakuru akubiye muri zo azahuzwa n’ayo impuguke za UNESCO zizibonera nyuma y’urugendo ngenzuzi zirimo mu Rwanda.

Ni urugendo zatangiye muri Werurwe, 2023.

Hagati aho UNESCO isaba Leta y’u Rwanda gukora k’uburyo inzibutso zibamo amakuru yose akenewe ku byazibereyemo k’uburyo uzisuye ayamenya bidasabye ko hari uyamusobanurira.

Taliki 11, Mata, 2023 Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana yabwiye itangazamakuru ko abagenzuzi ba UNESCO basanze urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rw’i Nyamata ari rwo rwerekana ubukana bwa Jenoside kurusha izindi bagenzuye.

Bizimana yagize ati: “Impuguke za UNESCO zasuye Urwibutso rwa Nyamata zigaragaza ko rwaza mu za mbere kurusha izindi, kubera ko Kiliziya ya Nyamata (yagizwe urwibutso), igiteye neza neza nk’uko yari imeze mu 1994 Abatutsi bahicirwa.”

Ibi ngo biha uru rwibutso amahirwe aruta izindi nzibutso rwo kujya ku rutonde rw’ibintu bigize umurage mpuzamahanga.

Izindi nzibutso zasuwe na bariya bahanga, zigaragaraza ko hari uko zavuguruwe, bimwe birahindurwa bityo bituma zitakaza umwimerere wazo mu gihe Jenoside yakorwaga.

Minisitiri  Bizimana avuga ko aho ibintu bigeze muri iki gihe, bigaragaza ko icyizere cy’uko ibyo u Rwanda rwasabye bizemerwa.

Abishingira ko icyo u Rwanda ruri gusaba ko gishyirwa mu murage mpuzamahanga ari ikibazo gishingiye ku cyaha cyakorewe Isi yose.

Icyo ni Jenoside yakorewe Abatutsi.

TAGGED:AbatutsiBizimanafeaturedJenosideRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jeannette Kagame Yasabye Ababyeyi Kongera Umwanya Bagenera Abana
Next Article Abakoreshereza Murandasi Mu Rwanda Barasabwa Gutunga Ikirango Cya .RW
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?