Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Indi COVID ‘Ishobora’ Gukwira Isi Mu Gihe Kiri Imbere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hari Indi COVID ‘Ishobora’ Gukwira Isi Mu Gihe Kiri Imbere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2023 7:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi byemezwa n’Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe kugenzura no kurwanya indwara, CDC. Kivuga ko indwara ya Coronavirus yihinduranyije izwi nka JN.1 iri gukwirakwira muri Amerika ku muvuduko munini kandi ko hari impungenge y’uko izagera ku isi mu gihe kiri imbere.

Ubu ngo hari abantu benshi bari kwandura ndetse ngo barangana na 20%,CDC  ikavuga ko iri zamuka riri riteye inkeke kuko imaze kwiganza mu Majyaruguru y’Iburasirazuba bwa Amerika aho yihariye 1/3 cy’ubwandu bushya.

JN.1 ikomoka ku bundi bwoko bwa coronavirus buzwi nka BA.2.86 na bwo bwakomotse kuri ku yigeze guteza impagarara mu 2021 ya Omicron na yo yari yaraturutse kuri SARS-CoV-2, virusi itera Covid-19.

Iyi virusi ya BA.2.86 izwiho kwihinduranya inshuro 30 ugereranyije na BA.2 itera Omicron.

Icyaduka muri Kanama uyu mwaka, abahanga mu by’imiti n’inkingo bavuze ko impungenge z’uko BA.2.86 yihinduranyijemo izindi nyinshi ndetse idahangamurwa n’inkingo zatanzwe mu guhangana na Covid-19, bagakeka ko ishobora guteza ibibazo nk’uko Omicron yabigenje mu 2021.

Nubwo itabigeje nka Omicron, aba bahanga bagaragaza ko BA.2.86 igihari ndetse ikomeje gukwirakwira gake gake mu bihugu bitandukanye birimo na Amerika.

CDC ikagaragaza ko JN.1, yo yaje ije ndetse iri gukwirakwira ku buryo budasanzwe aho abayanduye bikubye kabiri mu Ugushyingo n’Ukuboza 2023.

Abahanga mu gutahura Coronavirus zihinduranyije, bagaragaza ko mu byumweru bike JN.1 ishobora kwirara mu baturage b’ibihugu byinshi by’Isi, ndetse Ishami rya Loni ryita ku Buzima, OMS, ku wa 19 Ukuboza 2023 yaragaraje ko ari imwe mu zigomba kwitabwaho bijyanye n’uko iri gukwirakwira.

Icyakora OMS ihumuriza abantu ko nubwo ikomeje gukwirakwira, ibyago ishobora guteza ku buzima bw’abaturage bikiri hasi.

Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Columbia iherereye i New York muri Amerika, bagaragaje ko ubushobozi bw’ubwirinzi bw’umubiri w’umuntu bwagabanyutseho inshuro zigera kuri ebyiri mu kuba bwahangaba na JN.1

Bagaragaza ko nubwo icyo kigero kitari kinini, ku rundi ruhande biteye impungenge ko bishobora gutiza umurindi ubwiyongere bw’abayandura mu bihe biri imbere mu gihe nta cyaba gikozwe.

Kugeza uyu munsi iyi ndwara ikomeje gutumbagira mu bihugu nka Denmark, Espagne, u Bubiligi, u Bufaransa ndetse n’u Buholandi, Canada no mu bihugu byo muri Aziya na Australia nk’uko CNN yabyanditse.

CDC igaragaza ko abanze gufata inkingo za Covid-19 zirimo n’izishimangira ari bo bari mu byago bikomeye, kuko ubudahangarwa bw’imibiri yabo bufite ubushobozi buri hasi cyane bwo kuba bwahangana n’iyi ndwara.

TAGGED:AmahangafeaturedIndwaraVirus
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article GAERG Igerageza Guhagarika Ihererekanywa Ry’Ibikomere Bya Jenoside
Next Article Kirehe: Babwiwe Ko Abacuruza Abantu Babakuramo N’Imyanya Y’Umubiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?