Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Intambwe Ikomeye Imaze Guterwa – Kagame Avuga Ku Rugamba Rwo Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Hari Intambwe Ikomeye Imaze Guterwa – Kagame Avuga Ku Rugamba Rwo Muri Mozambique

admin
Last updated: 21 November 2021 10:07 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko hari umusanzu ukomeye Ingabo z’u Rwanda zimaze gutanga muri Mozambique, ariko igihe zizamarayo kizaterwa n’ibizava mu biganiro hagati y’ibihugu byombi.

Muri Nyakanga nibwo u Rwanda rwohereje abasirikare n’abapolisi 1000 bo gufasha ingabo za Mozambique guhangana n’ibyihebe byari byigaruriye ibice byinshi by’intara ya Cabo Delgado, baza no kongerwa ku buryo bagera hafi mu 2000.

Mu kiganiro na Al Jazeera, Perezida Kagame yagarutse ku buryo Ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri Mozambique ku busabe bw’icyo gihugu, maze rutanga umusanzu mu gukemura ibibazo byari bihari.

Yakomeje ati “U Rwanda twitabye mu buryo dushoboye, dukorana n’abanya-Mozambique mu gukemura ibibazo mu buryo dufite, kandi ntekereza ko hari umusaruro ushimishije umaze kuboneka. Ariko nanone biri hagati yacu n’abanya-Mozambique n’undi basabye ubufasha, kugena ikigomba gukurikira, kandi bizaterwa n’uko ibintu bimeze n’akazi gakeneye gukorwa. Ntabwo mbibona nk’ikibazo.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko igihe Ingabo z’u Rwanda zizamara muri Mozambique ari icyemezo kizafatirwa mu biganiro hagati y’ibihugu byombi.

Yakomeje ati “Dushoboye kwicara tukaganira, tukareba ibibazo bihari bikeneye gukemurwa n’uburyo cyangwa igihe gikenewe, ariko bimwe muri ibi bintu ntabwo ubiha itariki ntarengwa ngo uvuge ngo ndagiye, ngo uvuge ngo tuje gukemura iki kibazo mu cyumweru kimwe, mu kwezi kumwe, tuzahita tugenda.”

Yavuze ko ibintu bizaterwa n’uko umutekano uzaba umaze kugaruka, ari nabwo hazafatwa ikindi cyemezo.

Ati “Hari ibiganiro byinshi bikorwa mu kumenya ikigomba gukurikira, ntabwo ari ikibazo gikomeye.”

Kugeza ubu ibice byinshi byari byarafashwe n’ibyihebe byamaze gufatwa, byongera kugenzurwa n’ingabo za Leta.

- Advertisement -

Icyiciro kirimo gushyirwamo imbaraga ni ukubaka igisirikare cya Mozambique, ari nacyo kizasigara kigenzura biriya bice umunsi Ingabo z’u Rwanda n’iz’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo ziri muri Mozambique zizaba zahavuye.

TAGGED:Cabo DelgadofeaturedIngabo z'u RwandaMozambiquePaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakomoje Ku Bibazo By’Ifungwa Ry’Umupaka Wa Uganda
Next Article Opozisiyo, Mozambique, Uganda, Afurika Yunze Ubumwe…Ikiganiro Kagame Yahaye Al Jazeera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?