Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Havuguruwe Uburyo Bwo Gusura Pariki Ya Nyandungu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Havuguruwe Uburyo Bwo Gusura Pariki Ya Nyandungu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2022 10:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Pariki ya Nyandungu bwatangaje ko ibiciro byo kuyisura bwashyizweho muri ubu buryo:  Abanyarwanda bazajya bishyura Frw 1,500  kimwe n’abaturage bo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Abandi banyamahanga baba mu Rwanda bakishyura Frw 3,000 mu gihe abaturutse ahandi bishyura Frw 5000.

Abashaka kuyisura ariko bakaba bafite abana bafite munsi y’imyaka 16 y’amavuko basabwa kuzajya babanza kubimenyekanisha mbere.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’imisi mike bitangajwe ko abakeneye gusura iki cyanya bagomba kubanza kwiyandikisha.

Ngo iki cyemezo kigamije ko abantu basura aha hantu batanga umusanzu mu mbaraga u Rwanda rurimo gushyira mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Ubu butumwa buragira buti: “ Ushobora gushyigikira imbaraga zacu mu kwita no kubungabunga ibidukikije binyuze mu mafaranga atangwa aho wunjirira.”

Gusura iriya pariki iri mu nkengero z’Umujyi wa Kigali  bikorwa hagati ya saa kumi n’ebyiri z’igitondo na saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Yafunguwe ku mugaragaro muri Nyakanga, 2022.

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije (REMA), nibp basinyanye amasezerano n’Ikigo QA Venue Solutions Rwanda yo gucunga Nyandungu Eco Park.

Icyo gihe abayisuraga ntibasabwaga kubanza kwiyandikisha mbere, ariko ubu niyo gahunda yatangijwe.

Uburyo bushya bwo kwiyandikisha ni ugusura urubuga Www.ticqet.rw , ugakanda ahanditse ’Book’, hagahita haza Nyandungu Eco-Park ukuzuzamo imyirondoro isabwa hanyuma ukemeza.

Ni nabwo hahita haza ibiciro bitewe n’icyiciro buri wese arimo.

Bisa n’aho guhanda nshya yatangijwe yo gusura iriya pariki abantu babanje kwiyandikisha, biri gukorwa mu rwego rwo kurinda ko byakorwa mu kajagarai bikaba byatuma yangirika kandi igomba kurindwa byihariye.

Pariki ya Nyandungu ni yo ya mbere yo muri ubu bwoko yafunguwe mu Mujyi wa Kigali, aho abantu bashobora kuruhukira nyuma y’akazi cyangwa bavuye mu zindi gahunda.

Imiryango yayo ihora ifunguye mu masaha twavuze haruguru.

Igizwe n’ibice bitanu; bibiri bibanza ni ahantu h’igishanga ariko hari ibyatsi n’ibiti bifasha mu kuyungurura amazi mabi ava ku misozi. Ibindi bitatu ni byo bisurwa ndetse byanashyizwemo inzira zireshya n’ibilometero 10 zagenewe abanyamaguru n’abakoresha igare.

Muri yo hari Agace kahariwe Ubusitani bwa Papa [Pope’s Garden].

Niho Papa Yohani Pawulo II yasomeye misa mu mwaka wa 1990 ubwo yasuraga u Rwanda.

Iteyemo ubwoko 60 bw’ibiti bbya Kinyarwanda(indigenous trees) bishobora gukorerwaho ubushakashatsi.

Harimo kandi n’ibindi biti by’imiti gakondo bigera kuri 50.

Inyoni ziba muri iyi pariki zirimo amoko 102 nk’imisambi, inyange n’ayandi.

Hari inyamaswa zatangiye kuyigaragaramo zirimo akanyamasyo n’ifumberi.

Pariki ya Nyandungu iri mu Mirenge ya Ndera ho mu Karere ka Gasabo ariko ikanakora no ku Murenge wa  Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro.

Iri ku buso bwa Hegitari 121.

Umushinga wo kuyubaka watangijwe mu mwaka wa 2017 k’ubufatanye bw’Ishami rya Loni rishinzwe Ibidukikije [UNEP], Leta y’u Butaliyani, iy’u Bwongereza n’Ikigega cy’Igihugu cy’Ibidukikije, FONERWA, cyatanzemo Miliyari Frw 2.4.

TAGGED:featuredGasaboKicukiroNyandunguPariki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mushikiwabo Yatanze Raporo Y’Ibyo Yagejeje Kuri Francophonie
Next Article Gakenke: Aravugwaho Kwica Umugore We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?