Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hotel Umubano Igiye Kuvugururwa Kuri Miliyoni $ 40
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Hotel Umubano Igiye Kuvugururwa Kuri Miliyoni $ 40

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 June 2022 5:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego kurushaho kuzamura ubukerarugendo bushingiye ku mahoteli, Urwego rw’Igihugu rw’iterambere rwasinyanye amasezerano n’ikigo Kasada cyo muri Qatar. Ni  ayo kuvugurura icyahoze ari Hotel Umubano ikaba Hoteli  y’inyenyeri eshanu, imirimo yose ikazuzura kuri Miliyoni $ 40 ni ukuvuga Miliyari Frw 40.

Kasada ni ikigo gikora ishoramari mu bukerarugendo bw’amahoteli munsi y’ubutayu bwa Sahara.

Clare Akamanzi uyobora Ikigo cy’u Rwanda cy’Iterambere yabwiye abagiye kuzavugurura iriya Hoteli ko ifite amateka bityo ko RDB yishimiye ko igiye kongera kuba ihuriro ry’abantu bashaka kuruhuka no cyangwa gukorera inama zo ku Rwego rwo hejuru ahantu habereye u Rwanda n’abarusura.

Ikigo Kasada ni kimwe mu bigo bikorera mu Kigo kinini cya Qatar gishinzwe iterambere bita Qatar Investment Group.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu kuvugurira kiriya kigo, Kasada izaba ikorana n’Ikigo cy’u Rwanda kitwa Agaciro Development Fund.

Madamu Claire Akamanzi yasabye abazatunganya kiriya kigo ko bazikora uko bashoboye bakazirikana urubyiruko rw’u Rwanda rukazahabwamo akazi.

Madamu Clare Akamanzi ateze amatwi abo muri Kadasa ubwo basobanuraga iby’uriya mushinga

Ni akazi ko mu nzego zitandukanye haba mu kuyisana no mu kazi gasanzwe k’abakozi bakora mu ngeri zitandukanye  za Serivisi izatahangirwa.

Akamanzi yashimye  ko amasezerano yo kuvugurura iriya Hoteli asinywe mu gihe u Rwanda ruri kwakira Inama ikomeye ya CHOGM.

Umuyobozi w’Ikigo Kasada witwa Olivier Granet yavuze ko bashoye amafaranga mu Rwanda kubera ko babonye ko ari urwo kwizerwa.

- Advertisement -

Avuga ko bazakomeza gukorana n’u Rwanda mu nzego z’ubucyerarugendo kandi ngo azakora k’uburyo iriya Hoteli izaha abaturage akazi kandi ngo izakora k’uburyo abazasura u Rwanda n’abazayicumbikamo bazayishimira bakifuza kuyitindamo.

Ikindi ni uko ngo iki kigo kizafasha abaturiye iriya hoteli kubona akazi.

Izarangira kuzura mu mwaka wa 2025, ikazaba ifite ibyumba 100.

Bizeye u Rwanda bemera kurushoramo Miliyoni $40 kubera ko rwakira neza inama kandi rukaba rwareretse amahanga ko ruri nyabagendwa.

Ikindi ngo ni uko bizeye ko ishoramari ryarwo ritazahomba.

Icyakora n’ubwo ari uku abyemeza, hari ibigo by’abanyamahanga byatsindiye kwita kuri Hoteli Umubano mbere ya Kasada ariko biranga.

Nyuma yo gusinya amasezerano bafashe ifoto y’urwibutso

Kuri iyi ngingo, Umuyobozi wa RDB Clare Akamanzi yavuze ko abo muri Kasada ari gukorana, abo kwizerwa kandi ko ibyo bemeranyijeho bazabishobora nta kabuza.

Ikigo Kasada kiyemeje gushora imari muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara k’uburyo kimaze kuhubaka hoteli 2,200 mu bihugu bitandatu bigize iki gice cy’Afurika benshi bajya bavuga ko ari icy’abakene.

Umuyobozi w’Ikigo Kasada witwa Olivier Granet

Hoteli Umubano yigeze guhabwa ikigo kitwa Marasa ariko nacyo nticyabashije kuyibyaza umusaruro.

TAGGED:AkamanzifeaturedHotelQatarRDBUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Vital Kamerhé Yafunguwe
Next Article Gisupusupu Yacurangiye Umuduri Abitabiriye CHOGM
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?