Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hotel Umubano Igiye Kuvugururwa Kuri Miliyoni $ 40
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Hotel Umubano Igiye Kuvugururwa Kuri Miliyoni $ 40

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 June 2022 5:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego kurushaho kuzamura ubukerarugendo bushingiye ku mahoteli, Urwego rw’Igihugu rw’iterambere rwasinyanye amasezerano n’ikigo Kasada cyo muri Qatar. Ni  ayo kuvugurura icyahoze ari Hotel Umubano ikaba Hoteli  y’inyenyeri eshanu, imirimo yose ikazuzura kuri Miliyoni $ 40 ni ukuvuga Miliyari Frw 40.

Kasada ni ikigo gikora ishoramari mu bukerarugendo bw’amahoteli munsi y’ubutayu bwa Sahara.

Clare Akamanzi uyobora Ikigo cy’u Rwanda cy’Iterambere yabwiye abagiye kuzavugurura iriya Hoteli ko ifite amateka bityo ko RDB yishimiye ko igiye kongera kuba ihuriro ry’abantu bashaka kuruhuka no cyangwa gukorera inama zo ku Rwego rwo hejuru ahantu habereye u Rwanda n’abarusura.

Ikigo Kasada ni kimwe mu bigo bikorera mu Kigo kinini cya Qatar gishinzwe iterambere bita Qatar Investment Group.

Mu kuvugurira kiriya kigo, Kasada izaba ikorana n’Ikigo cy’u Rwanda kitwa Agaciro Development Fund.

Madamu Claire Akamanzi yasabye abazatunganya kiriya kigo ko bazikora uko bashoboye bakazirikana urubyiruko rw’u Rwanda rukazahabwamo akazi.

Madamu Clare Akamanzi ateze amatwi abo muri Kadasa ubwo basobanuraga iby’uriya mushinga

Ni akazi ko mu nzego zitandukanye haba mu kuyisana no mu kazi gasanzwe k’abakozi bakora mu ngeri zitandukanye  za Serivisi izatahangirwa.

Akamanzi yashimye  ko amasezerano yo kuvugurura iriya Hoteli asinywe mu gihe u Rwanda ruri kwakira Inama ikomeye ya CHOGM.

Umuyobozi w’Ikigo Kasada witwa Olivier Granet yavuze ko bashoye amafaranga mu Rwanda kubera ko babonye ko ari urwo kwizerwa.

Avuga ko bazakomeza gukorana n’u Rwanda mu nzego z’ubucyerarugendo kandi ngo azakora k’uburyo iriya Hoteli izaha abaturage akazi kandi ngo izakora k’uburyo abazasura u Rwanda n’abazayicumbikamo bazayishimira bakifuza kuyitindamo.

Ikindi ni uko ngo iki kigo kizafasha abaturiye iriya hoteli kubona akazi.

Izarangira kuzura mu mwaka wa 2025, ikazaba ifite ibyumba 100.

Bizeye u Rwanda bemera kurushoramo Miliyoni $40 kubera ko rwakira neza inama kandi rukaba rwareretse amahanga ko ruri nyabagendwa.

Ikindi ngo ni uko bizeye ko ishoramari ryarwo ritazahomba.

Icyakora n’ubwo ari uku abyemeza, hari ibigo by’abanyamahanga byatsindiye kwita kuri Hoteli Umubano mbere ya Kasada ariko biranga.

Nyuma yo gusinya amasezerano bafashe ifoto y’urwibutso

Kuri iyi ngingo, Umuyobozi wa RDB Clare Akamanzi yavuze ko abo muri Kasada ari gukorana, abo kwizerwa kandi ko ibyo bemeranyijeho bazabishobora nta kabuza.

Ikigo Kasada kiyemeje gushora imari muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara k’uburyo kimaze kuhubaka hoteli 2,200 mu bihugu bitandatu bigize iki gice cy’Afurika benshi bajya bavuga ko ari icy’abakene.

Umuyobozi w’Ikigo Kasada witwa Olivier Granet

Hoteli Umubano yigeze guhabwa ikigo kitwa Marasa ariko nacyo nticyabashije kuyibyaza umusaruro.

TAGGED:AkamanzifeaturedHotelQatarRDBUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Vital Kamerhé Yafunguwe
Next Article Gisupusupu Yacurangiye Umuduri Abitabiriye CHOGM
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?