Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hotel Umubano ‘Iri Hafi’ Kuvugururwa Ihabwe Ibyumba 100
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Hotel Umubano ‘Iri Hafi’ Kuvugururwa Ihabwe Ibyumba 100

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2023 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cyo muri Qatar kitwa Kasada kiri hafi gutangira imirimo yo kuvugurura icyahoze ari Hotel Umubano Meridien ikagirwa imwe muri Hotel zikomeye mu Rwanda no mu Karere u Rwanda ruherereyemo. Izaba ifite ibyumba 100.

Ushinzwe ibikorwa muri iki kigo witwa Tim de Raedt aherutse kubwira kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda ko imirimo yo kuvugurura iriya hoteli izatangira rwagati mu mwaka wa 2023.

Muri Kamena, 2022 nibwo ibyo kuvugurura iriya hoteli byatangarijwe mu kiganiro ubuyobozi bwa Kasada na RDB bwahaye itangazamakuru.

Hari nyuma y’isinywa ry’amasezerano hagati y’impande zombi.

Ni  amasezerano yo kuvugurura Hotel Umubano ikaba Hoteli  y’inyenyeri eshanu kandi icyo gihe byavugwaga ko izuzura itwaye Miliyoni $ 40 ni ukuvuga Miliyari Frw 40.

Icyo gihe Clare Akamanzi uyobora Ikigo cy’u Rwanda cy’iterambere yabwiye abagiye kuzavugurura iriya Hoteli ko ifite amateka bityo ko RDB yishimiye ko igiye kongera kuba ihuriro ry’abantu bashaka kuruhuka no cyangwa gukorera inama zo ku rwego rwo hejuru ahantu habereye u Rwanda n’abarusura.

Clare Akamanzi ateze amatwi abo muri Kadasa ubwo basobanuraga iby’uriya mushinga

Mu kuvugurura kiriya kigo, Kasada ikorana n’Ikigo cy’u Rwanda kitwa Agaciro Development Fund.

Ikigo Kasada ni kimwe mu bigo bikorera mu kindi Kigo kinini cya Qatar gishinzwe iterambere bita Qatar Investment Group.

Umuyobozi w’Ikigo Kasada witwa Olivier Granet yavuze ko bashoye amafaranga mu Rwanda kubera ko babonye ko ari urwo kwizerwa.

Avuga ko bazakomeza gukorana n’u Rwanda mu nzego z’ubucyerarugendo kandi azakora k’uburyo imirimo yo kuyubaka izaha Abanyarwanda benshi akazi.

Izuzura mu mwaka wa 2025, ikazaba ifite ibyumba 100.

Abo muri Kasada bavuga ko  bizeye ko ishoramari ryarwo ritazahomba.

TAGGED:AkamanzifeaturedHoteliIkigoKasadaRDBRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 70% By’Abanya Nigeria Bafite Munsi Y’Imyaka 30: Ikibazo Cy’Ubukungu
Next Article Perezida Kagame Ntashyigikiye Ko Impano Z’Abanyafurika Zigira Ahandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?