Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Ikamyo Ya Howo Yishe Umwana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Huye: Ikamyo Ya Howo Yishe Umwana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 January 2023 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku muhanda wa Rwabuye- Mbazi, haraye habereye impanuka yakozwe n’ikamyo yo mu bwoko bwa Howo ihitana umwana w’umukobwa w’imyaka itatu. Uwari utwaye iriya modoka yahise atorokana nayo.

Ni amakuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police( CIP) Emmanuel Habiyaremye.

Yabereye mu Mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Gatobo, Umurenge wa Mbazi.

Nta gihe kinini gishize imodoka yo muri buriya bwoko igonze inzu ebyiri ariko ntiyagira uwo ihitana.

CIP Habiyaremye yabwiye itangazamakuru ati: “Ikamyo yo mu bwoko bwa HOWO ifite purake IT 369 LG yari itwawe na Girinshuti Nepomuscène w’imyaka 40 yagonze umwana witwa Umuheshawumugisha Sandra ufite imyaka itatu n’amezi atatu, ahita yitaba Imana.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko shoferi yabonye amaze gukora iriya mpanuka, ahita akubita imodoka ikiboko, aracika.

Icyakora Polisi yatangiye kumushakisha.

CIP Habiyaremye ati: “…[turacyarimo] kumushakisha. Gusa twabashije kumenya purake zayo kandi dufite icyizere ko bidatinze tumufata…”

Ababibonye bavuga ko iriya modoka ‘yagendaga nabi’, bakemeza ko ari byo byatumye igonga uriya mwana.

Umurambo w’umwaka wajyanywe ku Bitaro bikuru bya Kaminuza bya Butare (CHUB).

Shoferi nafatwa azakurikiranwaho ko yagonze umuntu akiruka ndetse kandi akaba yaramugonze akamwica.

TAGGED:featuredHabiyaremyeHowoHuyeIkamyoImpanukaPolisiUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya: Aba ‘Bouncers’ Bifuza Kujya Bitwaza Imbunda Mu Kazi
Next Article Umuraperi W’Umunyarwanda Aranenga Bagenzi Be
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

AFC/M23 Ishinja Leta Ya Kinshasa Kutubahiriza Ibyo Guhana Imfungwa

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bunyoni Ararembye

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?