Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Ikamyo Ya Howo Yishe Umwana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Huye: Ikamyo Ya Howo Yishe Umwana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 January 2023 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku muhanda wa Rwabuye- Mbazi, haraye habereye impanuka yakozwe n’ikamyo yo mu bwoko bwa Howo ihitana umwana w’umukobwa w’imyaka itatu. Uwari utwaye iriya modoka yahise atorokana nayo.

Ni amakuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police( CIP) Emmanuel Habiyaremye.

Yabereye mu Mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Gatobo, Umurenge wa Mbazi.

Nta gihe kinini gishize imodoka yo muri buriya bwoko igonze inzu ebyiri ariko ntiyagira uwo ihitana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

CIP Habiyaremye yabwiye itangazamakuru ati: “Ikamyo yo mu bwoko bwa HOWO ifite purake IT 369 LG yari itwawe na Girinshuti Nepomuscène w’imyaka 40 yagonze umwana witwa Umuheshawumugisha Sandra ufite imyaka itatu n’amezi atatu, ahita yitaba Imana.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko shoferi yabonye amaze gukora iriya mpanuka, ahita akubita imodoka ikiboko, aracika.

Icyakora Polisi yatangiye kumushakisha.

CIP Habiyaremye ati: “…[turacyarimo] kumushakisha. Gusa twabashije kumenya purake zayo kandi dufite icyizere ko bidatinze tumufata…”

Ababibonye bavuga ko iriya modoka ‘yagendaga nabi’, bakemeza ko ari byo byatumye igonga uriya mwana.

- Advertisement -

Umurambo w’umwaka wajyanywe ku Bitaro bikuru bya Kaminuza bya Butare (CHUB).

Shoferi nafatwa azakurikiranwaho ko yagonze umuntu akiruka ndetse kandi akaba yaramugonze akamwica.

TAGGED:featuredHabiyaremyeHowoHuyeIkamyoImpanukaPolisiUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya: Aba ‘Bouncers’ Bifuza Kujya Bitwaza Imbunda Mu Kazi
Next Article Umuraperi W’Umunyarwanda Aranenga Bagenzi Be
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?