Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Kubona Abaguye Mu Kirombe Cya Metero 80 Biracyari Ingorabahizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Huye: Kubona Abaguye Mu Kirombe Cya Metero 80 Biracyari Ingorabahizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2023 2:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Baracyashakisha imibiir ariko kuyibona ntibirakunda
SHARE

Mu Murenge wa Kinazi, Akarere ka Huye haramukiye inkuru y’abantu batandatu baguye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro.

Batatu muri bo ni abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bari mu kigero cy’imyaka 20

Abapolisi bashinzwe ibikorwa by’ubutabazi ni bo bari mu gikorwa cyo gushakisha abantu batandatu baguweho n’ikirombe mu Murenge wa Kinazi, mu Karere ka Huye.

Amakuru avuga kuri aba bantu yatangiye kumenyekana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ariko ngo byabaye mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatatu taliki 19, Mata, 2023.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Habiyaremye avuga ko umuhati wo gukuramo bariya bantu ‘ushobora’ kuza gutanga umusaruro.

Avuga ko abantu bari buvanwemo ariko ko ntawamenya igihe biri bubere.

CIP Emmanuel Habiyaremye ati: “ Umuhati wo kubakuramo uraza gutanga umusaruro ariko sinakubwira ngo turabakuramo kuri iyi saha. Ni abantu batandatu kandi baguye mu mwobo wa metero 80.”

Avuga ko ikibazo kinini gihari ari uko ibitaka byari byasomye amazi y’imvura byabagwiriye bityo  no kubakuramo bikaba bikiri ingorabahizi.

Aho byabereye hageze imashini imwe iri gukora ako kazi ariko hari indi ishobora kuza kuyunganira.

CIP Habiyaremye asaba abantu kuzibukira ibyo kujya gushaka amabuye y’agaciro mu birombe kandi batabyemerewe.

Avuga ko uretse kuba bishyira mu kaga ababikora, ku rundi ruhande, ari ibintu bitemewe n’amategeko.

Abaguye muri kiriya kirombe barimo umugabo w’imyaka 50 wari ugituriye.

TAGGED:AbaturageCIPfeaturedHuyeIkirombeImashiniPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abari Abayobozi Muri FDLR Bakatiwe
Next Article Abamugariye Ku Rugamba ‘Batishoboye’ Bagenewe Amafaranga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?