Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Umuhati Wo Gushaka Abamaze Icyumweru Mu Cyobo Wakomwe Mu Nkokora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Huye: Umuhati Wo Gushaka Abamaze Icyumweru Mu Cyobo Wakomwe Mu Nkokora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2023 9:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

*Icyumweru kiruzuye abaguye mu mwobo wa metero 80 bataboneka…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo CIP Emmanuel Habiyaremye avuga ko  ku Cyumweru taliki 23, Mata, 2023 ubwo abari gushakisha abantu baguye mu mwobo bari bamaze gucukura ku rwego bari bizeye ko bari bubaboneho, igisimu cy’ubutaka cyahanantutse gifunga aho bari bacukuye.

Ni ikintu cyakomye mu nkokora umuhati abatabazi bari bamazemo igihe bashakisha abantu batandatu baguye mu cyobo kiri mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye barimo abanyeshuri batatu.

CIP Emmanuel Habiyaremye yagize ati: “ Ubwo bari hageze aho bakekaga ko bari bubone abantu baherutse kugwa mu mwobo ufite hagati ya metero 80 na metero 100, igitaka kinshi cyarahurudutse kigwa aho bari barangije gucukura.”

Mu rwego rwo kwirinda ko byakongera, abacukura bahisemo gusenya ahantu hose babona ko hashoboraga kuzongera kuriduka, bagura ubuso bw’aho bagomba gucukura.

Kuri uyu wa Kabiri taliki 25, Mata, 2023 nibwo Icyumweru cyuzuye abantu batandatu baguye mu mwobo bivugwa ko ari muremure cyane.

Inzego zarahuruye ngo harebwe uko bariya bantu batabarwa, ariko ntibirashoboka.

Inkuru zatambutse nyuma y’ibi byago zivuga ko nta makuru afatika ya nyiri kiriya cyobo ndetse ngo n’amabuye y’agaciro ahacukurwa nayo ntazwi.

Iby’iki kibazo biracyahangayikishije benshi.

TAGGED:featuredGucukuraHuyeIgisimuPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Bamwe Mu Bashikuza Abantu Ibyabo Bafashwe
Next Article Kenya: Umukecuru Akurikiranyweho Kugurisha Uruhinja Rw’Iminsi Itanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?