Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Gicumbi Haba Inzoga Yitwa ‘NZOGA EJO’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

I Gicumbi Haba Inzoga Yitwa ‘NZOGA EJO’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2022 3:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ko Abanyarwanda benshi bakunda inzoga, buri wese anywa iyo ashoboye kugura cyangwa akayivumba. Abadashobora kugura inzoga ariko bafite urutoki, bahita kwenga bike bafite, umutobe bakawuvanga n’ibindi binyabutabire kugira utubuke kandi basinde badahenzwe.

Niyo mpamvu izo nzoga zibahuta, bamwe bakazita amazina bashingiye ku ngaruka zigira ku wa zinyoye.

Hari izo bita Umumanurajipo, Yewe Muntu( uwayisinze iyo abonye igihugu akibonamo umuntu), Imyumvire Mibi( uwayisinze umubwira ikintu akacyumva amacuri) n’izindi.

Muri izo zindi, hari iyadutse mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi  abaturage bise ‘Nzoga Ejo.’

Bayise batyo kuko umuntu uyinyoye aba atandukanye no kuzongera gukaraba ukundi.

Umusabye gukaraba ngo agire icyo atamira, undi amusubiza ko ‘azoga ejo.’

Mu murenge wa Kageyo niho byabereye

Nzoga Ejo yengwa mu bitoki ariko bakabivangamo amatafari ahiye n’ifumbire.

I Gicumbi rero habayo n’indi bita Poyo.

Umwihariko wayo ni uko uyisinze ahita atakaza ubushobozi bwo kubaka urugo by’abantu bakuru.

Ikibabaje ni uko abaturage bazikunda kubera ko zihendutse.

Litiro imwe(1) igura amafaranga 200( Frw 200).

Abenga izi nzoga bavuga ko abavuga ko zitujuje ubuziranenge babeshya kubera ngo ziba zizujuje ubuzirange.

Ngo zenze mu bitoki bitavangiye!

Meya w’Akarere ka Gicumbi witwa Nzabonimpa Emmanuel ntiyitabye bagenzi bacu bo kuri TV1 bamuhamagaye ngo agire icyo avuga kuri izo nzoga zugarije ubuzima bw’abaturage ashinzwe.

TAGGED:AbaturageGicumbiInzoga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwatubyaye Ukirutse Imvune Yahamagawe Mu Amavubi Azakina CHAN 2023
Next Article Etincelles Igiye Kurunduka, Akarere Kati: ‘Ntaho Izajya’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?