Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Kinshasa Bafite Ubwoba Ko Na Uvira Iri Bufatwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

I Kinshasa Bafite Ubwoba Ko Na Uvira Iri Bufatwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 July 2025 7:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Prerezida Tshisekedi ayoboye Inama y'Abaminisitiri.
SHARE

Binyuze mu itangazo rikubiyemo ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri iherutse guteranira mu Biro bya Perezida, Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yavuze ko hari amakuru y’uko M23 iri kwitegura gufata n’Umujyi wa Uvira.

Abarwanyi bayo bari basanganywe Bunagana, Goma na Bukavu.

Kuri Radio-Televisiyo y’igihugu ya DRC yitwa RTNC hatangarijwe ko Inama y’Abaminisitiri ifite amakuru ko AFC/M23 iri gukusanya intwaro n’abasirikare kugira ngo n’Umujyi wa Uvira nawo ufatwe.

Minisitiri w’itumanaho akaba n’umuvugizi wa Guverinoma ya Congo Patrick Muyaya yasomeye kuri Radio y’igihugu ati: “Muri Kivu y’Amajyepfo hagaragaye kwisuganya no kongera ibikoresho byinshi n’abasirikare mu nzira zose z’urugamba. Intego yabo ni ugufata uduce tugenzurwa n’ingabo za Congo, FARDC, by’umwihariko Uvira.”

Ubwo M23 yamburaga ingabo za DRC imijyi ya Goma muri Kivu y’Amajyaruguru na Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo, zahungiye muri Uvira, zikaba zari zifatanyije n’urubyiruko rugize ikitwa Wazalendo(Urubyiruko rukunda igihugu) n’indi mitwe itandukanye.

Iby’uko M23 ishaka gufata na Uvira bivuzwe nyuma y’andi makuru avuga ko ingabo za DRC nazo ziri gushaka kuza kwambura abarwanyi b’uriya mutwe imijyi yose bigaruriye guhera mu mwaka wa 2023 ubwo iyi ntambara yuburaga.

Impande zombi hagati aho ziri mu biganiro biri kubera muri Qatar bigamije kumvikana ku hazaza h’igihugu hashingiwe ku masezerano y’amahoro arambye.

Ubwo Muyaya yatangazaga ibyavugiwe mu Nama y’Abaminisitiri, abaturage benshi bari biteze kumva niba hari icyo ibyo biganiro byagezeho ariko baraheba!

Ibyashoboye kumenyekana bibikubiyemo ni uko uruhande rwa AFC/M23 rwasabye Leta ya Kinshasa ko muri ayo masezerano hajyamo ingingo irwemerera kuyobora Uburasirazuba bwa DRC mu gihe cy’imyaka umunani, ariko rukajya ruha raporo abayobozi ba Kinshasa ikubiyemo imibereho rusange y’abahatuye.

Icyakora, icyo cyifuzo cyatewe utwatsi na DRC!

Hagati aho, guhera kuwa Kane tariki 10, Nyakanga, 2025, hari imirwano ikomeye yongeye kwaduka hagati ya AFC/M23 n’imitwe irimo Wazalendo, ibera ahitwa Kasheke na Buzunga muri Teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo.

Uvira ihereye muri Kivu y’Amajyepfo.

Umujyi wa Uvira uherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ukaba ku buso bwa Kilometero kare 16, ugaturwa n’abantu 726,000, ushingiye ku mibare yo mu mwaka wa 2024.

Uyu mujyi ukora ku mugezi wa Ruzizi n’ikiyaga cya Tanganyika n’ibice bya Bafuliru na  Bavira.

Ikindi ni uko ugana imbibi n’Uburundi binyuze ku kibaya cy’uruzi rwa Ruzizi n’ikiyaga cya Tanganyika.

Kubera aho uherereye, Uvira ni umujyi w’ingenzi mu burobyi

Ni umujyi kandi w’ingirakamaro mu bucuruzi n’uburobyi.

Ugizwe na Komini eshatu ari zo Kalundu, Mulongwe na Kagando.

TAGGED:AbaminisitiriAFCAmahoroDohafeaturedIgiteroInamaIntambaraM23MuyayaRwandaTshisekediUbuhuza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Polisi Yafashe Abacukura Amabuye Y’Agaciro Bitemewe
Next Article Ese Minisiteri Ya Siporo Yaba Igiye Kwinjiriza Igihugu Agatubutse?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?