Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: i Phone 13 Yasohotse, Abakunda Ikoranabuhanga Baraye Ijoro Bayitegereje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

i Phone 13 Yasohotse, Abakunda Ikoranabuhanga Baraye Ijoro Bayitegereje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 September 2021 8:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Burusiya, Singapore, mu Bushinwa, Australia n’ahandi ku isi, abantu baraye ku mirongo bategereje ko amaduka ya Apple acuruza Telefoni za i Phone afungura ngo babe mu bambere biguze telefoni ya i Phone 13.

Telefoni ya iPhone 13 ifite ubushobozi bwo gukorana n’icyogajuru k’uburyo umuntu ashobora guhamagara cyangwa kohereza ubutumwa bitabaye ngombwa ko telefoni ye iba hari aho ihuriye na murandasi yaba iy’igisekuru cya kane( 4G) cyangwa iy’icya gatanu( 5G).

Ikinyamakuru cyandika ku ikoranabuhanga kitwa MacRumors giherutse kwandika ko iriya telefoni izaba ifite batiri ibika umuriro igihe kirekire ugereranyije n’iyayibanjirije yitwa iPhone 12.

The Bloomberg nayo yanditse ko iriya telefoni izaba ifite uburyo bwinshi bwo gufata no gutunganya video.

Abatunganya video( video editors) bazishimira iriya telefoni kuko ifite uburyo bwo kuzifata no kuzitunganya bwitwa HD kandi buri mu mimerere( format) ine itandukanye bita ‘4K formats.’

Ni telefoni ifite ubushobozi bwo gukorana n’ibigo bifite satelite zitanga amakuru birimo AT&T Inc, Verizon, ndetse na  Globalstar .

Telefoni iPhone 13 nto  ifite ubushobozi bwo kubika ibintu byajya ahantu hangana na GB ziri hagati ya 64 na GB 128 mu gihe inini kuri yo ifite ubushobozi bwo kubika ibintu byajya ahantu hangana na GB ziri hagati ya 128 na 256 ndetse zikaba zagera no kuri GB 512.

Bari bayitegerezanyije ubwuzu…

Ni telefoni bivugwa ko ifite ubushobozi burenze ubw’izayibanjirije

Abakunzi b’ikoranabuhanga hirya no hino ku isi, baraye badasinziriye batonze imirongo ngo baze kuba aba mbere baguze iriya telefoni.

Ikoranabuhanga ryatwaye abantu k’uburyo hari abigomwa ibitotsi by’agaciro kanini bakarara bahagaze ngo hatagira ubatanga kugura icyuma cy’ikoranabuhanga rigezweho.

Izajya ikorana n’ibyogajuru

iPhone 13 nto izagura $699 n’aho inini igure $799.

Hari indi ifite ubushobozi kurusha ziriya yitwa iPhone 13 Pro yo izagura $999 ni ukuvuga hafi Miliyoni 1Frw.

Iyisumbuye kuri iyi yitwa iPhone 13 Pro Max yo irahenze cyane k’uburyo igura $1,099 ni ukuvuga arenga Miliyoni 1 Frw.

Hari aho bakiliya ba iPhone hamwe na hamwe ku isi barangije kuzigura zishira mu bubiko bw’aho baziguriraga kuri Amazon.

Mu Bushinwa bariraye ku kababa
Abakoresha iPhone bavuga ko nta yindi yayiruta
Singapore nabo ntibatanzwe
TAGGED:featuredIkoranabuhangaiPhonetelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mafoto: Ingabo Z’U Rwanda Na Polisi Yarwo Muri Mozambique Bahagaze Bwuma
Next Article Akarere Ka Nyabihu Katanze COVID Nk’Impamvu Katarwanyije Igwingira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?