Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: i Phone 13 Yasohotse, Abakunda Ikoranabuhanga Baraye Ijoro Bayitegereje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

i Phone 13 Yasohotse, Abakunda Ikoranabuhanga Baraye Ijoro Bayitegereje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 September 2021 8:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Burusiya, Singapore, mu Bushinwa, Australia n’ahandi ku isi, abantu baraye ku mirongo bategereje ko amaduka ya Apple acuruza Telefoni za i Phone afungura ngo babe mu bambere biguze telefoni ya i Phone 13.

Telefoni ya iPhone 13 ifite ubushobozi bwo gukorana n’icyogajuru k’uburyo umuntu ashobora guhamagara cyangwa kohereza ubutumwa bitabaye ngombwa ko telefoni ye iba hari aho ihuriye na murandasi yaba iy’igisekuru cya kane( 4G) cyangwa iy’icya gatanu( 5G).

Ikinyamakuru cyandika ku ikoranabuhanga kitwa MacRumors giherutse kwandika ko iriya telefoni izaba ifite batiri ibika umuriro igihe kirekire ugereranyije n’iyayibanjirije yitwa iPhone 12.

The Bloomberg nayo yanditse ko iriya telefoni izaba ifite uburyo bwinshi bwo gufata no gutunganya video.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abatunganya video( video editors) bazishimira iriya telefoni kuko ifite uburyo bwo kuzifata no kuzitunganya bwitwa HD kandi buri mu mimerere( format) ine itandukanye bita ‘4K formats.’

Ni telefoni ifite ubushobozi bwo gukorana n’ibigo bifite satelite zitanga amakuru birimo AT&T Inc, Verizon, ndetse na  Globalstar .

Telefoni iPhone 13 nto  ifite ubushobozi bwo kubika ibintu byajya ahantu hangana na GB ziri hagati ya 64 na GB 128 mu gihe inini kuri yo ifite ubushobozi bwo kubika ibintu byajya ahantu hangana na GB ziri hagati ya 128 na 256 ndetse zikaba zagera no kuri GB 512.

Bari bayitegerezanyije ubwuzu…

Ni telefoni bivugwa ko ifite ubushobozi burenze ubw’izayibanjirije

Abakunzi b’ikoranabuhanga hirya no hino ku isi, baraye badasinziriye batonze imirongo ngo baze kuba aba mbere baguze iriya telefoni.

- Advertisement -

Ikoranabuhanga ryatwaye abantu k’uburyo hari abigomwa ibitotsi by’agaciro kanini bakarara bahagaze ngo hatagira ubatanga kugura icyuma cy’ikoranabuhanga rigezweho.

Izajya ikorana n’ibyogajuru

iPhone 13 nto izagura $699 n’aho inini igure $799.

Hari indi ifite ubushobozi kurusha ziriya yitwa iPhone 13 Pro yo izagura $999 ni ukuvuga hafi Miliyoni 1Frw.

Iyisumbuye kuri iyi yitwa iPhone 13 Pro Max yo irahenze cyane k’uburyo igura $1,099 ni ukuvuga arenga Miliyoni 1 Frw.

Hari aho bakiliya ba iPhone hamwe na hamwe ku isi barangije kuzigura zishira mu bubiko bw’aho baziguriraga kuri Amazon.

Mu Bushinwa bariraye ku kababa
Abakoresha iPhone bavuga ko nta yindi yayiruta
Singapore nabo ntibatanzwe
TAGGED:featuredIkoranabuhangaiPhonetelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mafoto: Ingabo Z’U Rwanda Na Polisi Yarwo Muri Mozambique Bahagaze Bwuma
Next Article Akarere Ka Nyabihu Katanze COVID Nk’Impamvu Katarwanyije Igwingira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?