Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Ruheru Muri Nyaruguru Hari Ubutumwa Batanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

I Ruheru Muri Nyaruguru Hari Ubutumwa Batanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 August 2021 11:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko nyuma y’ibitero byavaga mu Burundi bikababuza amahwemo ndetse bamwe bakicwa, ubu babayeho neza, bejeje n’ubwo na COVID-19 itaboroheye.

Munyensanga wo mu Kagari ka Kabere avuga ko icyorezo COVID-19 cyaje batangiye kwisuganya ngo biteze imbere kuko ababagabagaho ibitero baturutse i Burundi bari bararangije gucibwa intege.

Ati: “ Mu bihe byakurikiye ibitero byavuga i Burundi bikatwibasira twe n’abatuye Nyabimata, twari twatangiye gukora, dushoka ibishanga turahinga, ariko icyorezo cyaraje kidukoma mu nkokora.”

Avuga ko Guma mu Rugo yababujije kuzanzamura ubukungu bwabo bushingiye cyane cyane ku buhinzi n’ubucuruzi buciriritse.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mutijima wo mu Kagari ka Uwumusebeya nawe avuga ko ingamba zo kwirinda COVID-19 zababujije kwisanzura ngo bakore biteze imber ariko akazvuga ko ibyiza birimo ari uko nabyo byabarinze kwandura.

Ati: “ Kwirinda COVID-19 byaradukenesheje ariko byibura biturinda kwandura iriya ndwara yari buduhitane. Kurokoka amasasu y’abagome bavaga i Burundi ariko ukicwa na COVID-19 nabyo bari kuba bibabaje.”

Muri iki gihe barejeje…

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruheru Bwana Pierre Uwimana yabwiye Taarifa ko muri iki gihe abatuye Umurenge ayobora bejeje imyaka.

Kuri we, abaturage bararya, bagahaga.

- Advertisement -

Ati: “ I Ruheru ubuhinzi bw’aho bumeze neza, ibirayi bireze kandi ni mu gihe kuko dufite imvura igwa neza kandi tugahinga ku materase y’indinganire.”

Avuga ko bejeje ibirayi n’ibigori kandi ngo umusaruro usagutse bawujyana mu Karere ka Huye no mu Karere ka Muhanga kugira ngo bawugurishe babone amafaranga.

Umusaruro w’ibigori usagutse bawuha inganda zibisya zikabivanamo akawunga.

Uwimana yabwiye Taarifa ko mu rwego rw’umutekano, nta bantu bakiva mu Burundi ngo baze guhungabanya abatuye Ruheru.

Ikindi ngo ni uko nta baturage bambuka ngo bave mu Burundi baze mu Rwanda cyangwa ngo hagire abava mu Rwanda bajye mu Burundi kubera ko imipaka ifunze hirindwa ko abanduye COVID-19 mu gihugu kimwe bajya kwanduza abo mu kindi.

Umurenge wa Ruheru uri mu Karere ka Nyaruguru.

Umurenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru

Ugizwe n’Utugari dutanu ari two: Kabere, Gitita, Remera, Uwumusebeya na Ruyenzi.

Imbibi ziwugabanya n’u Burundi ni ishyamba rya Nyungwe rikomereza i Burundi rikitwa Kibira, utugezi duto turi hafi aho ndetse n’ubutaka.

Iyo wambutse ujya i Burundi utunguka muri Komini yitwa Kabarore.

Ibarura rusange ry’abaturage riheruka ryerekanye ko Umurenge wa Ruheru wari utuwe n’abaturage barengaho gato ibihumbi 28.

TAGGED:BurundifeaturedIbigoriIbirayiNyaruguruRuheruUmunyamabanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Mushya w’Afghanistan Y’Abatalibani Ni Muntu Ki?
Next Article Muri Niger Abantu 37 Bishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?