Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Ruheru Muri Nyaruguru Hari Ubutumwa Batanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

I Ruheru Muri Nyaruguru Hari Ubutumwa Batanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 August 2021 11:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko nyuma y’ibitero byavaga mu Burundi bikababuza amahwemo ndetse bamwe bakicwa, ubu babayeho neza, bejeje n’ubwo na COVID-19 itaboroheye.

Munyensanga wo mu Kagari ka Kabere avuga ko icyorezo COVID-19 cyaje batangiye kwisuganya ngo biteze imbere kuko ababagabagaho ibitero baturutse i Burundi bari bararangije gucibwa intege.

Ati: “ Mu bihe byakurikiye ibitero byavuga i Burundi bikatwibasira twe n’abatuye Nyabimata, twari twatangiye gukora, dushoka ibishanga turahinga, ariko icyorezo cyaraje kidukoma mu nkokora.”

Avuga ko Guma mu Rugo yababujije kuzanzamura ubukungu bwabo bushingiye cyane cyane ku buhinzi n’ubucuruzi buciriritse.

Mutijima wo mu Kagari ka Uwumusebeya nawe avuga ko ingamba zo kwirinda COVID-19 zababujije kwisanzura ngo bakore biteze imber ariko akazvuga ko ibyiza birimo ari uko nabyo byabarinze kwandura.

Ati: “ Kwirinda COVID-19 byaradukenesheje ariko byibura biturinda kwandura iriya ndwara yari buduhitane. Kurokoka amasasu y’abagome bavaga i Burundi ariko ukicwa na COVID-19 nabyo bari kuba bibabaje.”

Muri iki gihe barejeje…

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruheru Bwana Pierre Uwimana yabwiye Taarifa ko muri iki gihe abatuye Umurenge ayobora bejeje imyaka.

Kuri we, abaturage bararya, bagahaga.

Ati: “ I Ruheru ubuhinzi bw’aho bumeze neza, ibirayi bireze kandi ni mu gihe kuko dufite imvura igwa neza kandi tugahinga ku materase y’indinganire.”

Avuga ko bejeje ibirayi n’ibigori kandi ngo umusaruro usagutse bawujyana mu Karere ka Huye no mu Karere ka Muhanga kugira ngo bawugurishe babone amafaranga.

Umusaruro w’ibigori usagutse bawuha inganda zibisya zikabivanamo akawunga.

Uwimana yabwiye Taarifa ko mu rwego rw’umutekano, nta bantu bakiva mu Burundi ngo baze guhungabanya abatuye Ruheru.

Ikindi ngo ni uko nta baturage bambuka ngo bave mu Burundi baze mu Rwanda cyangwa ngo hagire abava mu Rwanda bajye mu Burundi kubera ko imipaka ifunze hirindwa ko abanduye COVID-19 mu gihugu kimwe bajya kwanduza abo mu kindi.

Umurenge wa Ruheru uri mu Karere ka Nyaruguru.

Umurenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru

Ugizwe n’Utugari dutanu ari two: Kabere, Gitita, Remera, Uwumusebeya na Ruyenzi.

Imbibi ziwugabanya n’u Burundi ni ishyamba rya Nyungwe rikomereza i Burundi rikitwa Kibira, utugezi duto turi hafi aho ndetse n’ubutaka.

Iyo wambutse ujya i Burundi utunguka muri Komini yitwa Kabarore.

Ibarura rusange ry’abaturage riheruka ryerekanye ko Umurenge wa Ruheru wari utuwe n’abaturage barengaho gato ibihumbi 28.

TAGGED:BurundifeaturedIbigoriIbirayiNyaruguruRuheruUmunyamabanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Mushya w’Afghanistan Y’Abatalibani Ni Muntu Ki?
Next Article Muri Niger Abantu 37 Bishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?