Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibanga Rituma Abayapani Baramba Kurusha Abandi Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Ibanga Rituma Abayapani Baramba Kurusha Abandi Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 April 2022 8:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U Buyapani ni igihugu gifite byinshi kihariye kurusha ibindi ku isi ariko icy’ingenzi kurusha ibindi ni uko abaturage bacyo baramba kurusha abandi ku isi.

Ni igihugu cya gatatu gikize kurusha ibindi ku isi, kikaba no mu bihugu bifite ikoranabuhanga mu ngeri nyinshi cyane cyane mu gukora za robots.

Abanyamerika nibo ba mbere bakize ku isi bagakurikirwa n’Abashinwa, nyuma hagakurikiraho u Buyapani.

Ku byerekeye imibereho myiza, u Buyapani burusha ibindi bihugu bikize kugira abaturage barya neza kandi bakaramba.

Abanyamerika bagira byinshi byo kurya no kunywa ariko ikibazo bahura nacyo ni uko barya inyama nyinshi, bakajya isukari nyinshi, mbese muri kamere yabo, icyo bariye cyangwa banyoye barabikora koko.

Iyi mirire n’iminywere yabo, yiyongeraho no kudakora imyitozo ngororamubiri ihagije, ituma Abanyamerika benshi babyibuha, bakaba abasore cyane ariko nanone amaraso yabo akuzuramo isukari n’ibinure.

Isukari n’ibinure byinshi mu maraso bituma urwungano rw’amaraso n’imitsi( n’umutima cyane cyane) bidakora neza bityo ufite icyo kibazo akagira ibyago by’uko yakwicwa no guturika k’udutsi two mu bwonko cyangwa umutima ukananirwa gusunika amaraso, ugahagarara.

Ku ruhande rw’Abayapani ariko, bo baje kumenya ko kurya inyama nk’intare bidakwiye, bahitamo kujya barya amafi, imboga ndetse bakagira n’umuco wo gusabana hagati yabo.

Ikindi kivugwa ko gituma Abayapani baramba kurusha abandi ku isi ni uko hejuru ya biriya tuvuze haruguru, hiyongeraho no kugira ubuzima bufite intego ndetse no kubaha Abakuru.

Intara ya Okinawa mu Buyapani niyo irimo abaturage bagejeje cyangwa barengeje imyaka 100 benshi kurusha ahandi ku isi.

Abashakashatsi basanze rimwe mu mahanga y’abatuye Okinawa atuma baramba ari uko iyo bariye batajya babimara ku isahani.

Barya 80% by’ibyo baruye.

Ni itegeko bise ‘80/20 rule.’

Ikinyamakuru cyandika ku buzima kitwa American Journal of Lifestyle Medicine kivuga ko mu Buyapani bagira imvugo bakomora ku munyabwenge witwaga Conficius igira iti: “Hara hachi bu.”

Mu Kinyarwanda bivuze ngo ‘Rya Uhage Ku Kigero Cya 80%’.

Iyi mirire y’Abayapani irandukanye n’iy’Abanyamerika n’abandi hirya no hino ku isi.

Abanyamerika barya byinshi kandi bisa n’aho baba badashaka ko hari icyasigara ku isahani.

Aho bari hose cyangwa bagiye gufatira amafunguro hose, basabwa kandi bakibutswa ko umugabo ari urya agahaga kandi ko nta mpamvu yo gupfusha ubusa ngo urasiga ibiryo ku isahani.

Abayapani  bemera ko amafunguro ari ikintu cy’ingenzi mu kurinda indwara bityo bakitwararika mu mirire yabo.

Bazi ko imirire myiza irinda indwara bityo bahitamo bitonze ibyo barya n’ibyo banywa.

Abaturage ba Okinawa barya gahoro gahoro kugira ngo bahe igifu cyabo umwanya wo gusya neza ibyakigezemo mbere.

Uyu mwanya bagiha utuma cyumva neza uko kigenda gihaga, bityo kibabibwira ubwonko nabwo bukabwira nyirabwo ko yagejeje ku kigero cya 80% by’ibyo igifu cye gicyeneye.

20% iba ibura ngo igifu cyuzure neza, ituma umuntu atagira umubyibuko ukabije ariko kandi ntanahorote.

Abayapani batuye Okinawa kandi barya bicye mu gitondo, bakongera hacyeye kandi nabwo bakarya bicye, ubundi  bakazongera kurya bucyeye.

Ikindi cy’ibanze kiranga abaturage ba Okinawa ni uguha agaciro ubusabane hagati y’abagize umuryango n’abaturanyi muri rusange.

Birinda icyabatera guhangayika, bakemera ko umubano mu bantu ari ingenzi.

TAGGED:AmerikaBuyapanifeaturedIbiribwaIkirwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urujijo Ku Rupfu Rw’Abasirikare Barinda Perezida Wa Kenya
Next Article Abimukira Ba Mbere Baturutse Mu Bwongereza ‘Bari Hafi’ Kugera Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?