Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibibi By’Amavuta Atukuza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Ibibi By’Amavuta Atukuza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2021 7:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abantu batekereza ko umuntu mwiza( ku ruhu) ari uw’inzobe, ibi bigatuma bamwe bakoresha amavuta arimo ikinyabutabire kitwa bita hydroquinone kugira ngo babe inzobe.

Kuba inzobe utaravutse uriyo bishobora gutuma usa neza nk’uko ubitekereza ariko bigira ikiguzi, kitari icy’amafaranga gusa ahubwo n’ubuzima bw’uwayisize bukajya mu kaga.

Ako kaga gaterwa n’uko amavuta abantu bisiga ngo bahinduke inzobe, abamo ikinyabutabire cyangiza uruhu, rugatakaza ubushobozi kamere bwarwo bwo kwirinda imirasire y’izuba irwangiza.

Ubusanzwe uruhu rw’umuntu ruteye k’uburyo rushobora guhangana n’ibintu birukikije bishobora kurwangiza harimo udukoko nka bacteria, microbes…ariko nanone rugahangana n’imirasire y’izuba yarwangiza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Igice cyarwo cyo hejuru bita Epidermis nicyo gishinzwe kurinda ibindi bice bibiri bigize uruhu.

Uruhu rw’umuntu rugizwe n’ibice bitatu. Amavuta atukuza yica igice cyarwo cya mbere gishinzwe kurinda ibice bisigaye

Twakigereranya n’umutaka urinda umuntu kunyagirwa cyangwa kwicwa n’izuba. Ni igice kandi gishinzwe gufasha ibindi bice by’uruhu kudakonja cyangwa ngo bishyuhe cyane.

Ibindi bice bibiri bigize uruhu ni ikitwa Dermis, iki kikaba kiri hagati. Nicyo ubwoya buba bushinzemo ndetse niho icyokere gisohokera, iyo amaraso ari kwihuta.

Igice cya gatatu cy’uruhu kitwa hypodermis cyo kibamo ibinure.

Tugarutse ku gice cya mbere cy’uruhu, ni byiza kumenya ko ari cyo gice gifite akamaro kanini ariko nanone kikaba ari cyo gice abantu ‘bamwe na bamwe’ bahohotera bakagisiga amavuta agikobora, kigatakaza ubushobozi bwo kurinda ibindi bice by’uruhu akaga byaterwa n’ibikikije umuntu.

- Advertisement -

Abahindura uruhu rwabo bakarugira inzobe, baba bangije igice cy’uruhu kigizwe n’utunyabutabire twitwa melanocytes dukora ikindi kinyabutabire kitwa melanin.

Iyo melanin itakaje ubushobozi bwayo bwo gutuma uruhu rukomeza kwirabura ahubwo rukaba inzobe, bituma imirasire y’izuba irwibasira, rukangirika.

Polisi iherutse gufata amavuta afite agaciro ka Frw 300 000

Ni nk’uko waba ufite umutaka wo kwitwikira izuba ariko ukaba warapfumutse hejuru.

Birumvikana ko hari imirasire yajya ikugiraho ikakwangiza kandi bitari ngombwa.

Abasiga uruhu rwabo amavuta arimo ikinyabutabire hydroquinone wabagereranya n’umuntu upfumura umutaka we akajya yicwa n’izuba cyangwa imvura.

Ikibabaje ni uko iyo uruhu rwangiritse kuriya bituma rurwara cancer y’uruhu kandi iri mu zica abantu benshi ku isi nyuma ya cancer y’ibere, iy’ibihaha n’iya prostate.

Polisi igomba kurinda abaturage ibibi byose…

Mu rwego rwo gufasha mu gukumira ko abatuye u Rwanda bagirwaho ingaruka no kugura no kwisiga ariya mavuta,  Polisi y’u Rwanda iherutse kwereka itangazamakuru abantu babiri yafatanye ariya mavuta.

Umwe mu bagabo bafashwe yabwiye itangazamakuru ko ariya mavuta yayaranguye nk’abandi ariko ko ababariwe atazongera kuyarangura.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yavuze ko icyo baharanira ari uko  Abanyarwanda barindwa icyahungabanya ubuzima bwabo, harimo n’amavuta yangiza umubiri.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Kabera mu kiganiro n’abanyamakuru

CP Kabera yavuze ko Polisi izakomeza gushakisha abantu bacuruza ariya mavuta, bafatwe, nayo afatwe bayamene kuko atari meza.

Amavuta aherutse gufatwa yari afite agaciro ka Frw 300 000.

TAGGED:CancerfeaturedIndwaraUruhu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nigeria ‘Ishobora’ Guhindura Izina
Next Article Ibikubiye Mu Bufatanye Bwa Polisi Y’U Rwanda N’Iya Malawi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?