Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibibi Byo Kuranzika Umurimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Ibibi Byo Kuranzika Umurimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2023 8:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kwakira indahiro ya Minisitiri w’ibikorwaremezo, Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko kuranzika ibintu ngo uzaba ubikora kandi ntacyo wabuze, bidindiza iterambere ry’igihugu.

Kuranzika umurimo ni ukwikoraho!

Impamvu ni uko ibyo wirengagije gukora ngo uzaba ubikora ejo, iyo igihe kigufashe ntuba ugisubiye inyuma.

Umukoresha aba azakubaza impamvu ibyo yagushinze kandi aguhembera utabikoze mu gihe mwumvikanye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Kagame yabwiye abagize Guverinoma ko ntawe yabaza impamvu atujuje inshingano  runaka igihe cyose bigaragara ko nta buryo yari afite bwo kubikora.

Perezida Kagame agaya abantu bafite ingeso yo kuranzika ibintu

Ijambo ‘uburyo’ rikubiyemo amikoro cyangwa ibindi bya ngombwa ngo ikigamijwe kigerweho.

Ese ubundi Minisitiri cyangwa undi muyobozi mukuru abura iki ngo akore ibiri mu nshingano ze kandi yarahiriye ?

Kuranzika umurimo nibyo bitera benshi guhangayika iyo babonye ko igihe cyabagendanye.

Inyandiko yo muri The New York Times yo ku italiki 25, Werurwe, 2019 isobanura ibyo kuranzika yanditswe na Charlotte Lieberman ivuga ko kuranzika ari kimwe mu biranga abanebwe.

- Advertisement -

Yungamo ko hari abaranzika ibintu kubera ko ‘baramutse nabi’.

Uzumva umuntu avuga ko ‘yumva atameze neza’, ko ibintu azaba abikora ejo ‘yaramutse neza’.

Birumvikana ko umuntu utaramutse neza hari ibyo adakora neza ariko iyo yumva ubwihutirwe bw’ikintu agira icyo agikoraho niyo cyaba gito.

Abantu bakunda kuranzika ibintu ntibizerwa cyane kandi birumvikana.

Wakwizera ute umuntu ukuzirika ku katsi ngo ibintu arabikora ariko ugategereza ugaheba?

Abantu baranzika ibintu batakarizwa icyizere, ntibongere guhabwa ikiraka cyangwa se bakaba bakwirukanwa mu kazi.

Abo byigeze kubaho bazi uko gutakaza akazi kubera ko inshingano wahawe ugatinda kuzisohoza nkana biryana.

Ugize amahirwe akababarirwa akenshi ahita acika kuri iyo ngeso.

Uwo byokamye we abura akazi burundu ndetse bamwe bibatera indwara y’agahinda gakabije gashobora gutuma biyahura.

Kuranzira ibintu hari n’ubwo bishingira ku mico y’abantu.

N’ubwo atari kuri bose ariko muri rusange bisa n’aho ku Banyarwanda ibyihutirwa ari bike!

Hari n’ubwo uhamagara umuntu ngo umwishyure umwenda umurimo ariko agakererwa akagusaba ko wamwihanganira kuko atonetse, ko azaboneka ejo!

Igikorwa cyo kwishyura uwo muntu ushatse wakiranzika kuko kuri we ntikiba kihutirwa.

Perezida Kagame avuga ko ikibazo kiri mu bayobozi muri rusange ari uko ibintu byose bihora mu mvugo, mu nyigo no mu nama, akemeza bidakwiye.

Akamaro ko kuranzika ibintu bimwe na bimwe…

Ku bantu bagira inshingano ziremereye zisaba gutekerezaho kubera uburemere bwazo hari ubwo bahitamo kuranzika ingingo runaka, bakaba baretse kuyifataho umwanzuro birinda ko habaho guhubuka.

Hari n’ubwo wirinda gukora ikintu kuko hari amakuru utarabona ahagije kuri cyo.

Iyo bigenze gutyo, kuranzika biba ari icyemezo kirimo ubwenge.

Uko bimeze kose, kuranzika umurimo cyangwa inshingano rukana ngo uzaba uzikora, ni ukwihemukira.

Abanyarwanda baciye umugani ugira uti: “ Uwo uzaheka ntumwicisha urume”.

Niba ikintu ushobora kugikora, gikore kuko iyo utinze birapfa.

TAGGED:featuredKagameKuranzikaUmurimo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwahoze Ayobora Ikigo Cy’Amakoperative Yanze Kwitaba PAC
Next Article Burundi: Minisitiri W’Ubuzima Ashaka Ko Hubakwa Ibitaro By’Abakire GUSA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?