Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibibi Byo Kuranzika Umurimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Ibibi Byo Kuranzika Umurimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2023 8:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kwakira indahiro ya Minisitiri w’ibikorwaremezo, Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko kuranzika ibintu ngo uzaba ubikora kandi ntacyo wabuze, bidindiza iterambere ry’igihugu.

Kuranzika umurimo ni ukwikoraho!

Impamvu ni uko ibyo wirengagije gukora ngo uzaba ubikora ejo, iyo igihe kigufashe ntuba ugisubiye inyuma.

Umukoresha aba azakubaza impamvu ibyo yagushinze kandi aguhembera utabikoze mu gihe mwumvikanye.

Perezida Kagame yabwiye abagize Guverinoma ko ntawe yabaza impamvu atujuje inshingano  runaka igihe cyose bigaragara ko nta buryo yari afite bwo kubikora.

Perezida Kagame agaya abantu bafite ingeso yo kuranzika ibintu

Ijambo ‘uburyo’ rikubiyemo amikoro cyangwa ibindi bya ngombwa ngo ikigamijwe kigerweho.

Ese ubundi Minisitiri cyangwa undi muyobozi mukuru abura iki ngo akore ibiri mu nshingano ze kandi yarahiriye ?

Kuranzika umurimo nibyo bitera benshi guhangayika iyo babonye ko igihe cyabagendanye.

Inyandiko yo muri The New York Times yo ku italiki 25, Werurwe, 2019 isobanura ibyo kuranzika yanditswe na Charlotte Lieberman ivuga ko kuranzika ari kimwe mu biranga abanebwe.

Yungamo ko hari abaranzika ibintu kubera ko ‘baramutse nabi’.

Uzumva umuntu avuga ko ‘yumva atameze neza’, ko ibintu azaba abikora ejo ‘yaramutse neza’.

Birumvikana ko umuntu utaramutse neza hari ibyo adakora neza ariko iyo yumva ubwihutirwe bw’ikintu agira icyo agikoraho niyo cyaba gito.

Abantu bakunda kuranzika ibintu ntibizerwa cyane kandi birumvikana.

Wakwizera ute umuntu ukuzirika ku katsi ngo ibintu arabikora ariko ugategereza ugaheba?

Abantu baranzika ibintu batakarizwa icyizere, ntibongere guhabwa ikiraka cyangwa se bakaba bakwirukanwa mu kazi.

Abo byigeze kubaho bazi uko gutakaza akazi kubera ko inshingano wahawe ugatinda kuzisohoza nkana biryana.

Ugize amahirwe akababarirwa akenshi ahita acika kuri iyo ngeso.

Uwo byokamye we abura akazi burundu ndetse bamwe bibatera indwara y’agahinda gakabije gashobora gutuma biyahura.

Kuranzira ibintu hari n’ubwo bishingira ku mico y’abantu.

N’ubwo atari kuri bose ariko muri rusange bisa n’aho ku Banyarwanda ibyihutirwa ari bike!

Hari n’ubwo uhamagara umuntu ngo umwishyure umwenda umurimo ariko agakererwa akagusaba ko wamwihanganira kuko atonetse, ko azaboneka ejo!

Igikorwa cyo kwishyura uwo muntu ushatse wakiranzika kuko kuri we ntikiba kihutirwa.

Perezida Kagame avuga ko ikibazo kiri mu bayobozi muri rusange ari uko ibintu byose bihora mu mvugo, mu nyigo no mu nama, akemeza bidakwiye.

Akamaro ko kuranzika ibintu bimwe na bimwe…

Ku bantu bagira inshingano ziremereye zisaba gutekerezaho kubera uburemere bwazo hari ubwo bahitamo kuranzika ingingo runaka, bakaba baretse kuyifataho umwanzuro birinda ko habaho guhubuka.

Hari n’ubwo wirinda gukora ikintu kuko hari amakuru utarabona ahagije kuri cyo.

Iyo bigenze gutyo, kuranzika biba ari icyemezo kirimo ubwenge.

Uko bimeze kose, kuranzika umurimo cyangwa inshingano rukana ngo uzaba uzikora, ni ukwihemukira.

Abanyarwanda baciye umugani ugira uti: “ Uwo uzaheka ntumwicisha urume”.

Niba ikintu ushobora kugikora, gikore kuko iyo utinze birapfa.

TAGGED:featuredKagameKuranzikaUmurimo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwahoze Ayobora Ikigo Cy’Amakoperative Yanze Kwitaba PAC
Next Article Burundi: Minisitiri W’Ubuzima Ashaka Ko Hubakwa Ibitaro By’Abakire GUSA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Bunyoni Ararembye

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?