Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibice Bimwe By’u Rwanda Bigiye Kugusha Imvura Nyinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibice Bimwe By’u Rwanda Bigiye Kugusha Imvura Nyinshi

Last updated: 11 January 2022 1:01 pm
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko muri Mutarama na Gashyantare 2022 hateganyijwe imvura iringaniye muri rusange, ariko hari aho ishobora kuzaba nyinshi hashingiwe ku miterere yaho.

Iteganyagihe rigaragaza ko hashingiwe ku ishusho y’imigwire y’imvura mu gihe kirekire, mu gihe cy’aya mezi abiri mu Rwanda haboneka imvura iringaniye.

Rikomeza riti “Muri rusange hateganyijwe imvura nk’isanzwe igwa mu bihe byiza, ariko ishobora kwiyongera gake mu majyepfo y’iburengerazuba bw’igihugu.”

“Ibi biraterwa nuko ubushyuhe bwo mu nyanja ngari y’Abahinde buri mu kigero gisanzwe, bigatuma ingano y’ubuhehere bw’umwuka ujya mu kirere cya Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’u Rwanda ikomeza kuba mu kigero gisanzwe, bityo hakaboneka imvura iri ku kigero cy’imvura isanzwe n’ubwo ubuhehere mu nyanja ya Pasifika bwagabanutse.”

Biteganywa ko ingano y’imvura iri hejuru iteganyijwe hirya no hino mu gihugu muri Mutarama na Gashyantare 2022 iri hagati ya milimetero 250 na milimetero 300, mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, iburengerazuba bw’uturere twa Nyaruguru, Nyamagabe na Rutsiro n’amajyepfo y’uturere twa Karongi, Ruhango na Gisagara.

Iteganyijwe kandi iburasirazuba bw’akarere ka Nyabihu n’aka Rulindo n’igice gito cy’akarere ka Nyanza na Huye.

Imvura iri hagati ya milimetero 200 na milimetero 250 yo iteganyijwe henshi mu turere twa Nyamagabe, Nyaruguru, Karongi na Huye, amajyepfo ya Muhanga, Nyabihu, Ngororero, Rulindo, Burera na Gakenke n’amajyaruguru y’akarere ka Gasabo.

Izagwa kandi mu gice cy’amajyaruguru y’iburasirazuba y’akarere ka Rutsiro ndetse no mu gice cy’amajyepfo y’uburasirazuba bw’akarere ka Rwamagana.

Ni mu gihe imvura iri hagati ya milimetero 150 na milimetero 200 iteganyijwe mu turere twa Musanze, Rubavu, Kamonyi na Burera, amajyaruguru y’akarere ka Nyabihu, Muhanga, Bugesera, Rulindo, Ngoma na Gicumbi n’uduce dusigaye tw’uturere twa Rwamagana, Nyanza, Nyanza, Kicukiro, Gasabo na Nyarugenge.

Nk’uko bimaze kumenyerwa, imvura nke izaba iri hagati ya milimetero 100 na milimetero 150 iteganyijwe mu Ntara y’Iburasirazuba.

Ni mu turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza, Iburengerazuba bwa karere ka Rwamagana, Bugesera na Kirehe ndetse n’iburengerazuba bwa karere ka Gasabo.

Meteo Rwanda yakomeje ishishikariza “Abaturarwanda n’abafatanyabikorwa bose gushingira kuri iri teganyagihe mu igenamigambi ryabo rya buri munsi; cyane ko imvura iteganyijwe hamwe ishobora kubangamira imirimo y’isarura.”

Ivuga ko iri teganyagihe ryunganirwa n’irindi ritangwa mu gihe cy’ukwezi, iminsi 10, iminsi itanu, iminsi itatu ndetse n’iteganyagihe ritangwa buri munsi.

Imvura iteganyijwe mu mezi ya Mutarama na Gashyantare 2022
TAGGED:featuredImvuraIteganyagiheMeteo Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibigo Byenga Inzoga n’Ibizikwirakwiza Byashyiriweho Amabwiriza
Next Article Minisitiri Biruta Yakiriye Ambasaderi Wa Amerika Waje Kumusezeraho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?