Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiganiro By’Ubwongereza Na Amerika K’Ukwemera Ukraine Kurasa Uburusiya Byageze Kuki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Ibiganiro By’Ubwongereza Na Amerika K’Ukwemera Ukraine Kurasa Uburusiya Byageze Kuki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2024 9:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Sir Keir Starmer yirinze kwerurira itangazamakuru ku byo yaganiriye na Perezida w’Amerika Joe Biden ku byerekeye kwemerera Ukraine kurasa missiles mu Burusiya.

Ni missiles zikomeye zishobora kuraswa kure cyane imbere mu Burusiya zikaba zaratanzwe n’Ubwongereza.

Itsinda ry’abayobozi b’Ubwongereza rimaze iminsi rigiye i Washington kuganira n’ubuyoboz bw’Amerika ngo baganire kuri iki kibazo.

Abongereza basanze byaba ari iby’ubwenge kubanza kwemeranya n’Amerika ku ikoreshwa rya ziriya missiles ku Burusiya bikozwe na Ukraine.

Starmer yabwiye abanyamakuru ko yaganiriye na Biden ku ngingo nyinshi zirimo n’iza Ukraine, Koreya ya ruguru, Ubushinwa, Uburusiya n’ibindi bihugu.

Starmer yabwiye abanyamakuru ko yaganiriye na Biden ku ngingo nyinshi zirimo n’iza Ukraine

Yirinze kwerura ngo avuge niba Biden yamwereye ibyo yari yaje kumusaba.

Ku rundi ruhande, Abanyamerika bo bavuga ko bahangayikishijwe n’imikorere ya Iran na Koreya ya Ruguru kubera ibyo abayobozi b’ibi bihugu cyane cyane mu kuzamura ibyo gukora ibisasu bya kirimbuzi.

Mu gihe Amerika n’Ubwongereza bari kwiga uko bakwemera Ukraine kurasa mu Burusiya, ubuyobozi bw’iki gihugu bwo buvuga ko kurasa imbere muri cyo ari ukwikoraho.

Abarusiya bavuga ko kubarasa ku butaka bwabo bizaba ikibazo gikomeye gishingiye ku ngingo y’uko Moscow izabifata nkaho OTAN/NATO yateye Uburusiya ku butaka bwabwo.

Mu gihe Putin atanga uwo muburo, ku ruhande rw’Abanyamerika bo babifashe nko kubakanga ngo badakomeza gukorana na Ukraine.

Uhagarariye Amerika mu biganiro birebana na Ukraine witwa Kurt Volker, yagize ati: “ Impamvu Putin avuga ibi ni ukigira ngo aduce intege, tureke umugambi wacu. Sintekereza ko ibyo avuga ari byo azakora koko cyangwa atekereza mu by’ukuri”.

Kurt Volker

Perezida Biden we avuga ko nta nicyo ajya atekereza kuri Vladimir Putin.

Kugeza ubu, Amerika n’Ubwongereza ntibaremera Ukraine kurasa mu Burusiya missiles bayihaye.

Uruhande rwa Ukraine rwo ruvuga ko kugira ngo Uburusiya bwemere amahoro ari uko nabwo bwaraswaho, bikabwereka ko na ‘Nyina w’undi abyara umuhungu’.

Ni ibyemezwa na Perezida wayo witwa Volodymyr Zelensky.

Intambara ya Ukraine n’Uburusiya yatangiye muri Gashyantare, 2022, ubu igiye kumara imyaka itatu mu mezi macye ari imbere.

Nyuma ya za gatebe gatoki zabaye muri iyi ntambara, ubu Ukraine irashaka kwemererwa n’inshuti zayo zikomeye kurasa missiles mu Burusiya aho ngabo zabwo zirasira missiles ku birindiro by’ingabo za Ukraine.

Icyakora kugeza ubu ntibiremerwa kuko Amerika n’inshuti zayo ikiga neza ngo irebe ingaruka ibyo byose bizagira niramuka ishoye OTAN mu ntambara n’Uburusiya.

Putin avuga ko Ukraine nirasa mu Burusiya ihawe missiles n’Abongereza bizaba bibi cyane.

Uburusiya ni igihugu gifite intwaro za kirimbuzi bityo kujya mu ntambara nacyo bikaba ari ibintu bidakwiye guhubukirwa.

TAGGED:AmerikaIntambaraIntwaroMissilesUburusiyaUbwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asanga Uburezi Butaragera Ku Iterambere Nyaryo
Next Article Asaba Abajya Kwiga Mu Mahanga Kujya Bagaruka Bakubaka u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?