Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibigo 6 Byagiye Mu Burasirazuba Bwo Hagati Kubakundisha Ikawa Y’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ibigo 6 Byagiye Mu Burasirazuba Bwo Hagati Kubakundisha Ikawa Y’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2022 10:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru ducyesha Ikigo gishinzwe kuhereza hanze ibikomoka ku buhinzi, NAEB, avuga ko hari ibigo bitandatu bicuruza ikawa byagiye Abu Dhabi muri Leta ziyunze z’Abarabu mu imurikagurisha riri kuhabera kugira ngo bikundishe ikawa y’u Rwanda abo mu Burasirazaba bwo Hagati.

Ibi biri gukorwa kubera ko imibare yerekana ko abantu bo muri Aziya muri rusange n’abo mu Burasirazuba bwo Hagati by’umwihariko batangiye gukunda ikawa ari benshi.

Umwe mu bakozi b’Ikigo gishinzwe kuhereza hanze ibikomoka ku buhinzi, NAEB, witwa Ntwari Pie yabwiye Taarifa ati: “ Twoherejeyo abantu kugira ngo bakundishe abatuye kiriya gice cy’isi ikawa y’u Rwanda.”

Avuga ko kubera ko ririya ari imurikagurisha, ngo ni amahirwe akomeye y’Abanyarwanda yo guhura n’abantu baturutse hirya no hino ku isi bakubaka umubano  harimo no ikawa y’u Rwanda.

Abanyarwanda bakora uko bashoboye bagakundisha abandi ikawa y’u Rwanda

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa James Kimonyo aherutse kubwira Taarifa ko u Rwanda rwatangiye kubona isoko ryagutse muri kiriya gihugu cya kabiri gikize ku isi kandi cya mbere gituwe n’abaturage benshi.

Ambasaderi Kimonyo yatubwiye ko Ambasade ayoboye imaze umwaka urenga ikora ibikorwa bitandukanye bwo gukundisha Abashinwa ibiva mu Rwanda, bigakorwa binyuze mu imurikagurisha n’ibindi.

Gusa ngo uburyo bwiza bwo gucuruza ku Bashinwa ni ukwifashisha ikoranabuhanga kuko Abashinwa barenga miliyari batunze telefoni zigezweho kandi guhaha no kugurisha babikorera kuri telefoni zabo.

Amb. @ehategeka along with Minister Counsellor @edbizumuremyi participated in the opening of World Coffee exhibition Dubai happening at #Expo2020. They interacted with  coffee buyers and lovers who came to 🇷🇼 stand to try #RwandaCoffee #WOCDUBAI #RwandaExpo2020 pic.twitter.com/eM1rfXpJzU

— Rwanda Mission in UAE (@RwandaInUAE) January 12, 2022

Ati: “ Nk’uko mushobora kuba mubizi, u Bushinwa ni igihugu cyateye imbere mu bucuruzi bukoresha ikoranabuhanga. Ibyo bacururiza cyangwa bagurira kuri murandasi ni byinshi cyane kandi birinjiza.”

Yaduhaye urugero rw’umusaruro u Bushinwa bwavanye mu bucuruzi bukorerwa kuri murandasi mu mwaka wa 2019, avuga ko ubarirwa muri miliyari nyinshi z’ama Yuan.

Avuga ko kubera ko Abashinwa benshi bafite ikoranabuhanga rya murandasi ribafasha byinshi harimo no guhaha, iyo umuntu yamamaje neza ibyo akora, abona abakiliya benshi.

Ambasaderi Kimonyo avuga ko u Rwanda ibi rwabibonyemo amahirwe menshi yo kumenyakanisha ikawa, icyayi n’urusenda byarwo kuko ngo mbere Abashinwa benshi bari bazi ikawa yo muri Brazil, Colombia, Ethiopia na Kenya.

TAGGED:AbarabuBushinwafeaturedIkawaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kugenzura Ko Abantu Bikingije COVID-19 Byatangiye Gukorwa Urugo Ku Rundi
Next Article SADC Yongereye Igihe Ingabo Zayo Zizamara Muri Cabo Delgado
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?