Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibigo Bitwara Abagenzi Birishyuza Leta Miliyari 24 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Ibigo Bitwara Abagenzi Birishyuza Leta Miliyari 24 Frw

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2024 9:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibigo 26 bitanga serivisi zo gutwara abagenzi muri bisi bikomeje gutaka kwamburwa  miliyari nyinshi byijejwe na Leta, amezi akaba abaye atanu. Ikibabaje ni uko bambuwe ayo mafaranga, ariko ubu hakaba hari andi menshi aherutse kwishyurwa hagurwa ibisi nshya zibarirwa mu 100.

Ba nyiri ibi bigo bataka ko bambuwe Miliyari Frw 24. Ibyo bigo ni The Association of Public Transporters (ATPR), JALI TRANSPORT, RITCO na RFTC.

Ababiyobora bavuga ko banditse amabaruwa menshi bayagenera abarebwa n’iki kibazo, bandika basaba ko bakwishyurwa amafaranga bemerewe ariko amaso ahera mu kirere.

Guverinoma yabimye amatwi,  nabo barumirwa.

Icyakora ntibaracika intege kuko bakomeje gutakambira Taaarifa ngo ibakorere ubuvugizi.

Uguhangayika kwabo kwaje kongerwa n’uko Leta iherutse gufata miliyari Frw 24 ngo zigurwe bisi nshya, bituma batangira kumva ko bakwiye gusubiza amerwe mu isaho, bumva ko ibyifuzo byabo bitagitanze umusaruro.

Abahagarariye ibi bigo uko ari 26 bigeze kwandikira Perezida Kagame bamugezaho ikibazo cyabo, bamusaba ko Guverinoma yakora uko ishoboye ikabishyura amafaranga kugira ngo bakoreshe bisi  na coasters zabo zigera ku 1000.

Gupfa kw’izo bisi byatumye abakozi 5,000 bahoze bafite akazi ko gutwara no kwita kuri ibyo binyabiziga babura akazi.

Hagati aho kandi ni ngombwa kuzirikana hari ikigega cy’ingoboka kigeze gushyirwa muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi ngo yunganire ibikorwa by’ubukungu byashegeshwe na COVID-19.

Umwe mubo mu kigo  ATPR agira ati: “  Ibiri gukorwa ubu birerekana ko Guverinoma itari gushyira mu bikorwa neza ibyo yiyemeje byo gufasha urwego rw’ibikorera ku giti cyabo. Bituma kandi hari abantu bumva barakariye Leta kandi ubusanzwe izwiho gukurikiza gahunda yiyemeje.”

Gutinda kwishyurwa amafaranga bijejwe byabashyize mu bukene no mu mikorere ‘icumbagira’ bituma bagabanya abakozi bityo ubucuruzi burazahara.

Amafaranga bishyuza Guverinoma ni ayo bari bwishyurwe ngo bivane mu ngaruka za COVID-19 harimo n’ayo bari buhembwe kuko bigeze gusabwa gutwara abagenzi ku mafaranga make, abura bakazayahabwa na Guverinoma.

Ubu ibanye inshuro ya gatatu  batakamba ko bambuwe, amezi akaba arenga atatu batakambira inzego.

Taarifa yagerageje kenshi kumva icyo abayobozi bagejejweho iki kibazo bakivugaho ariko ntibagira icyo batangariza bagenzi bacu bakorera ishami ry’Icyongereza.

TAGGED:AbashoferiBisiCOVID-19featuredimodokaKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Arasaba Ko Ababikira 6 Bashimutiwe Muri Haïti Barekurwa
Next Article Ushinzwe Imiyoborere Myiza Mu Ntara y’Amajyepfo Yafunzwe Kubera Ruswa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?