Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibihugu Bigize Umuhora Wo Hagati Birishimira Intambwe Yatewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ibihugu Bigize Umuhora Wo Hagati Birishimira Intambwe Yatewe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2023 12:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhora wo hagati ni ihuriro ry’ibihugu byo mu Karere k’Afurika yo hagati bigizwe n’u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Raporo nto y’ubunyamabanga bukuru bwawo, ivuga ko mu mwaka wa 2022 hagezweho byinshi birimo imihanda yubatswe igamije koroshya ubucuruzi.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’iri huriro witwa Okandju Okange Flory  avuga ko imishinga bari barihaye kugera ho imyinshi yagezweho binyuze k’ubufatanye n’abandi bakorana.

Avuga ko umwe mu mihanda bishimira yubatswe ari uhuza Gitega mu Burundi na Uvira na Kindu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo

Ni umuhanda wubatswe ku  nkunga yatanzwe na Banki Nyafurika y’iterambere  ndetse n’ikigo cy’Abadage gishinzwe iterambere mpuzamahanga, GIZ.

Indi ntambwe ibihugu bigize uyu muhora byishimira ni uko hari urubyiruko rwahuguwe mu gutwara ubwato bwikorera ibicuruzwa  bibujyana ku mwaro.

Ni amahugurwa yitabiriwe n’Abanyarwanda kandi baje mu bambere.

Ibihugu bigize uyu muhora bivuga ko bizashyira mu bikorwa imishinga yabyo ariko bizirikana no kurengera ibidukikije.

Iyo mishinga irimo kubaka imihanda, ibiraro, ibibuga b’indege n’ibindi bikorwa remezo bigamije koroshya ubuhahirane.

Abimana Fidel usanzwe ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ibikorwaremezo  aherutse kuvuga ko Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda yo gukomeza gushyiraho ibikorwa remezo kugira ngo bifashe mu bwikorezo bw’ingeri zose.

Imwe muri raporo yakozwe mu Ukwakira, 2022 ivuga ko mu mikorere y’ibihugu bigize uriya muhora, habayemo gusura imikorere ya gasutamo ya Rusumo hagamijwe gusuzuma uko yorohereza urujya n’uruza rw’abantu  ku bihugu birukoraho.

Mu rwego rwo kwirinda ko abantu  bakwambutsa magendu, ubuyobozi bwa gasutamo ya Rusumo bwashyizeho inshuro ntarengwa umuntu atagomba kurenza ku munsi yambukana ibicuruzwa.

Ibicuruzwa bica ku  Rusumo byiganjemo ibiribwa n’ibikomoka ku matungo.

TAGGED:featuredIbiribwaRaporoRusumoTanzaniaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amabuye Ya Nyarubuye Agiye Kubyazwa Umusaruro
Next Article Burkina Faso: Habonetse Imirambo 28 Bitazwi Icyo Yazize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduro

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?