Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibihugu Bya EAC Byatangiye Gushima Ko Museveni Yatsinze Amatora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibihugu Bya EAC Byatangiye Gushima Ko Museveni Yatsinze Amatora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 January 2021 7:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweli Museveni ko yongeye gutorerwa kuyobora Uganda mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka. Yatsinze abandi 10 barimo na Bobi Wine waje amugwa mu ntege.

Uhuru yanditse ko intsinzi ya Museveni yerekana ikizere abaturage bafitiye ubuyobozi bwe.

Yamwijeje ko igihugu cye kizakomeza gukorana na Uganda mu ngeri zitandukanye hagamijwe inyungu z’ababituye.

Kenyatta yavuze ko igihe cyose Museveni amaze ayobora Uganda byayiteje imbere kandi avuga ko azakomeza gukorana nawe kugira ngo gahunda yo guhuriza hamwe ibihugu bigize aka karere igerwaho nk’uko yateganyijwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mugenzi we uyobora Tanzania Bwana Pombe John Magufuli nawe yashimiye Museveni intsinzi yagize, amubwira ko  kuba yongeye gutorwa bizatuma umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi(Tanzania na Uganda) ukomeza.

Magufuli yashimiye abaturage ba Uganda ko bitoreye Umukuru w’Igihugu cyabo, abasaba gukomeza umurunga ubahuza no kwiteza imbere bunze ubumwe.

Bwana Simon Byabakama uyobora Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Uganda niwe waraye atangaje ko ibyavuye mu matora y’Umukuru y’igihugu yabaye ku wa Kane tariki 14 Mutarama, 2021 byerekanye ko Museveni ari we wayatsinze.

Museveni yagize amajwi yose hamwe 5,851,037  ni ukuvuga 58% naho  Kyagulanyi(Bobi Wine) agira 3,475,298 ni ukuvuga  34.83%.

Abandi ni  Patrick Amuriat wagize  323536  ni ukuvuga 3.24%.

- Advertisement -

Ni ubwa mbere mu mateka ya Uganda, Perezida Museveni agize amajwi agera kuri 50 %.

Byerekana ko afite umuntu bahanganye ufite imbaraga.

Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba ugizwe n’ibihugu bitandatu ari byo: u Rwanda, u Burundi, Uganda, Kenya, Tanzania na Sudani y’Epfo.

Muri iki gihe uyobowe na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

TAGGED:featuredMagufuliMuseveniTanzaniaUgandaUhuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Yitwaje Ibikonyozi Bitanu , Ese Arivana Imbere y’Imisambi?
Next Article USA: Imbere y’Inteko Ishinga Amategeko Hari Hagiye Kongera Kumeneka Amaraso
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Iperereza Ryakorwaga Kuri Agathe Kanziga Ryarangiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

U Rwanda: Igihugu Cy’Intwari Zikorera Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?