Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibikomeye Bigerwaho Nyuma Yo Kubira Icyuya- Umusifuzi Mukansanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Ibikomeye Bigerwaho Nyuma Yo Kubira Icyuya- Umusifuzi Mukansanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2022 4:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Salma Mukansanga ubu wabaye icyamamare mu Rwanda n’ahandi ku isi nyuma y’uko ari we mukobwa( igitsina gore) usifuye mu gikombe cy’Afurika cy’amakipe y’ibihugu y’abagabo, yabwiye abakobwa bari guhatanira kuzaba Nyampinga w’u Rwanda ko ibikomeye bigerwaho ku kiguzi kinini.

Yabivuze ari kuganiriza abakobwa 20 bari mu mwiherero mu Karere ka Bugesera bitegura kuzatoranywamo Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2022.

Mu kiganiro yabahaye yagize ati: “ Abagore aho bava bakagera barashoboye. Igicyenewe gusa ni ukubatera akanyabugabo ubundi bakagera ku byo bashoboye kandi birahari. Naje hano kugira ngo mbatere ako kanyabugabo kandi murashoboye ndabizi.”

Umusifuzi Mukansanga aganira naba Nyampinga( Amafoto: Emmanuel Rurangwa)

Kuri Mukansanga, buri muntu acyenera uwamutera inkunga mu byo akora cyangwa yifuza gukora kugira ngo abikore kandi abikore neza.

Birumvikana ko ntawatera inkunga undi kandi nawe ntacyo yagezeho.

Niyo mpamvu uyu musifuzi mpuzamahanga agira abakobwa inama yo gukora cyane bakagira icyo bageraho bityo bakazafasha abandi nabo kugera kubyo bifuza byose.

Kuba aherutse guca agahigo mu mateka y’umupira w’amaguru agasifura umwe mu mikino yaberaga muri Cameroun, avuga ko byatewe n’uko yakoze cyane kandi akabifashwamo n’abantu bamukunda.

Yasifuye uriya mukino ari ku wa Kabiri, aba umugore wa mbere usifuye umukino mu gikombe cya Afurika cy’abagabo, ubwo yayoboraga uwahuje Zimbabwe na Guinea.

Ni umukino wabereye kuri Ahmadou Ahidjo Stadium mu mujyi wa Yaoundé muri Cameroon, urangira Zimbabwe itsinze ibitego 2-1.

Mukansanga w’imyaka 35 yari yunganiwe n’abandi basifuzi batatu b’abagabo.

Ijonjora rya nyuma ry’uzaba Miss Rwanda 2022 rizaba mu Mpera z’Icyumweru gitaha.

Mukansanga told #MissRwanda2022 contestants that it was a great achievement, honour & dream come true to be appointed as the first woman referee at the Africa Cup of Nations. She encouraged them to always be confident & work hard towards a better future.

📸: @EmmanuelRurangw pic.twitter.com/tNNh8ieKSl

— Miss Rwanda (@MissRwandaDotRW) March 13, 2022

TAGGED:AfurikafeaturedMukansangaNyampingaUmusifuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ururimi Rw’Amarenga Rwatangiye Kwigishwa Abaganga
Next Article Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Gen Kazura Azasura u Bufaransa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?