Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibintu Byahinduye Isura, Igice Cy’Umujyi Wa Goma Cyahungishijwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Ibintu Byahinduye Isura, Igice Cy’Umujyi Wa Goma Cyahungishijwe

admin
Last updated: 27 May 2021 8:46 am
admin
Share
SHARE

Ibintu bikomeje guhindagurika buri kanya bijyanye n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru bwategetse ko abatuye igice kimwe cy’Umujyi wa Goma bimuka bwangu, kubera ko kiriya kirunga gishobora kongera kuruka mu gihe gito.

Nyiragongo iheruka kuruka ku wa 22 Gicurasi, igikorwa cyatumye abaturage benshi bava mu byabo, abarenga 30 bakahasiga ubuzima.

Abantu barenga 8000 bari bahungiye mu Rwanda, benshi baza gutahuka bakeka ko ibintu bigiye gusubira mu buryo kuko kiriya kirunga cyarutse umwanya muto.

Magingo aya abatuye mu bice byegereye kiriya kirunga muri RDC no mu Rwanda bari bagihanganye n’imitingito ya buri kanya, imaze gusenya inzu nyinshi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gihe ibyo bitarava mu nzira, Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lieutenant-Général Constant Ndima, yatangaje ko ibimenyetso abahanga barimo gukurikirana Nyiragongo babonye ari uko yaba igiye kongera kuruka.

Mu ijambo yagejeje ku baturage, yavuze ko ibimenyetso birimo kugaragaza ko irindi ruka rishobora kuba, rikaba ryabera ku butaka ndetse ko hari ibyago byinshi ko rishobora no kugera no munsi y’ikiyaga cya Kivu.

Abaturage b’ibice bya Goma bishobora guhura n’ikibazo batangiye kwimuka saa saba z’ijoro nk’uko Radio Okapi yabitangaje.

Kubera imitingito ikomeje kuba, Guverineri Ndima yatangaje ko ubutaka bwasadutse cyane ku buryo munsi y’ubutaka bwa Goma hari igice kinini kirimo amazuku munsi y’aho abantu batuye.

Ni igice gikomeza kikagera mu Kiyaga cya Kivu, bityo ngo abaturage bagomba guhunga ako gace vuba na bwangu.

- Advertisement -

Yakomeje ati “Ntabwo umuntu yabura kuvuga ko hashobora kuba iruka ribera ku butaka cyangwa munsi y’ikiyaga.”

Ibice byahise bigirwaho ingaruka no kwimuka harimo Majengo, Mabanga Nord, Mabanga Sud, Virunga, Bujovu, Kahembe, Mikeno, Mapendo, Murara na Les Volcans.

Ibyo bice ngo nibyo bishobora kwibasirwa cyane n’amazuku igihe yaba atembye.

Igice kinini cy’umujyi wa Goma cyasabwe kwimuka bwangu

 

TAGGED:featuredGomaIkirungaNyiragongo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Macron Yageze I Kigali
Next Article Perezida Wa Mali Na Minisitiri W’Intebe Beguye, Bararekurwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?