Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibisasu Amerika Yarashe Muri Iran Biravugwaho Kudatanga Umusaruro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Ibisasu Amerika Yarashe Muri Iran Biravugwaho Kudatanga Umusaruro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2025 8:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Uruganda rwa Fordow ngo nta kintu kinini rwabaye.
SHARE

Hari amakuru yatangajwe na CBS avuga ko ibisasu Amerika iherutse kurasa muri Iran igamije gusenya burundu inganda zikora intwaro za kirimbuzi nk’urwa Fordow, bitageze ku ntego.

Ibisobanuro bitangwa muri iyo nyandiko y’ubutasi yabonywe n’itangazamakuru mpuzamahanga bivuga ko urebye neza, usanga nta kintu kinini cyangijwe n’ibyo bisasu.

Ibyuma bitunganya ubutare bwa Uranium Iran ikoresha mu gukora intwaro za kirimbuzi ‘biracyari bitaraga’ nk’uko ababyemeza batyo babivuga.

Ayo makuru yahise ateza ikibazo bamwe mu bagize Inteko ishinga amategeko ya Amerika, bavuga ko niba Iran igifite ubushobozi runaka bwo gutunganya buriya butare, bivuze ko mu gihe gito cyane ishobora gukora intwaro icyenda za kirimbuzi.

Perezida Donald Trump we yavuze ko abavuga ko ingabo ze zitasenye aho Iran itunganyiriza ubutare bwa Iranium bibeshya.

Yemeza ko hasenyutse mu buryo bufatika ku buryo ntaho Iran izahera ikora ibindi.

Ndetse we avuga ko igitero ingabo ze zagabye hariya hantu, kiri mu bikomeye kandi byageze ku ntego mu mateka y’intambara.

Mu kiganiro yahereye abanyamakuru mu ndege ye yitwa Air Force One, Trump yavuze ko intego yo gusenya ibigo bya Iran yagezweho mu buryo bwa nyabwo.

Yunzemo ko ibinyamakuru byo muri Amerika biri gutangaza izo nkuru biri kubikora mu buryo budahesha icyubahiro abagabye biriya bitero n’intego bari bafite.

Intumwa ye mu Burasirazuba bwo Hagati yitwa Steve Witkoff  yo ivuga ko ibyo ibinyamakuru bivuga by’uko hari amakuru y’iperereza byabonye avuga ko igitero cya Amerika muri Iran nta musaruro cyatanze, ari ibyo kuyobya abantu.

Indi nkuru ni uko kuva intambara ya Israel na Iran yatangira mu minsi 12 ishize, ijoro ryakeye ritaranzwemo kurasana.

BBC yanditse ko muri Iran ho bakatiye abantu batatu urwo gupfa bamanitswe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kunekera Israel.

Ikigo gikora itangazamakuru kitwa Mizan kivuga ko abo bantu banahamwe n’icyaha cyo kwinjiza ibiturika muri Iran bagamije kwica abakomeye.

Abahamwe n’ibyo byaha bagakatirwa urwo gupfa ni Idris Ali, Azad Shojai na Rasoul Ahmad Rasoul.

Hari abandi bantu 700 Iran yafashe ibakurikiranyeho kugirana na Israel umubano mu buryo runaka, bakaba barayifashije muri iyo ntambara imaze iminsi 12, ubu ikaba yabaye icwedetse.

TAGGED:AmerikafeaturedIbisasuIranKirimbuziUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakiriye Uwahoze Ayobora Nigeria
Next Article Gutunganya Ibishanga Muri Kigali Bigeze He?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?