Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibitaro Bya Faysal Byahawe Uburenganzira Bwo Kwigisha Abanyeshuri Ba Kaminuza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibitaro Bya Faysal Byahawe Uburenganzira Bwo Kwigisha Abanyeshuri Ba Kaminuza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2022 4:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe  rivuga ko ibitaro byitiriwe umwami Faysal byemerewe gutanga amasomo agenewe abanyeshuri muri Kaminuza biga ubuvuzi.

Ririya tangazo rivuga ko kwemerera biriya bitaro gutanga amasomo mu buvuzi byatewe n’uko ari ibitaro bitanga serivisi z’ubuzima zitandukanye kandi zifitiye abantu bose akamaro.

Minisitiri w’Intebe yavuze ko nyuma yo gusuzuma serivisi zitangwa na kiriya kigo, Guverinoma yasanze guha ibitaro bya Faysal uburenganzira bwo guhugura abanyeshuri biga ubuvuzi.

Ibiro bya Minisiteri y’Intebe bivuga ko Minisiteri y’ubuzima n’iy’uburezi ari zo zizicara zikagena abakozi bazakora muri biriya bitaro batanga buriya bumenyi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Itangazo ryo mu Biro Bya Minisitiri w’Intebe

Umuyobozi mukuru muri  Faysal ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi  Dr Augustin Sendegeya yigeze kubwira Taarifa  ko ibitaro bya Faysal byahawe izindi nshingano zirimo gukora k’uburyo biba icyitegerezo mu Rwanda no mu Karere ruherereyemo.

Dr Sendegeya yavuze ko mu rwego rwo kongerera abaganga ba biriya bitaro ubumenyi, ubuyobozi bwabyo bubategurira amahugurwa agenewe impuguke.

Avuga ko ubusanzwe ibitaro bya Faysal bifite abaganga bose hamwe 76.

Muri bo ab’inzobere ni 45 bakora mu bitaro mu buryo buhoraho(full time), hakaba  n’abandi bakora mu buryo budahoraho ( part time) bagera kuri 20.

Hari abandi baganga  12  baturuka muri za Kaminuza n’ibitaro byo mu mahanga bakaza guhugura Abanyarwanda mu kuvura indwara zihariye.

- Advertisement -

Aba tuvuze nyuma ni abaganga baza gufasha Abanyarwanda kuba inzobere mu kuvura indwara z’umutima, impyiko na za cancers.

Abajijwe impamvu umutima, impyiko na cancers ari byo bitaho cyane, Dr Augustin Sendegeya yasubije Taarifa ko Abanyarwanda benshi bajya hanze yarwo kwivuza ziriya ndwara bigatuma bahendwa, bakajya kure y’inshuti n’imiryango yabo kandi n’amafaranga bakayishyura abanyamahanga.

Yagize ati: “ Imibare dufite yerekana ko Abanyarwanda benshi bajya kwivuriza hanze baba bafite ibibazo by’umutima udakora neza, impyiko zidakora neza ndetse na za cancers. Bituma ikiguzi kibabana kinini bityo rero twemera ko turamutse tubafashije kubonera serivisi mu Rwanda byabagirira akamaro kurusha kujya imahanga.”

Dr Augustin Sendegeya

Yavuze ko  25% by’abivuriza hanze y’u Rwanda bajyayo kwuvuza impyiko, abagera kuri 15 % bajyanwayo no kwivuze  n’umutima, abandi basigaye bakajyanwa yo  no kwivuza za cancers.

Mu rwego rwo gucyemura iki kibazo, Dr Sendegeya avuga ko ubuyobozi bw’ibitaro bya Faysal bukora uko bushoboye ngo bwongere Abanyarwanda b’inzobere mu kubaga indwara zihariye( babita sub-specialists) kugira ngo mu myaka 10 iri imbere u Rwanda ruzabe rufite abaganga b’inzobere bitabaye ngombwa ko abantu bajya kubashaka hanze yarwo.

Ibi Faysal ibikora binyuze mu bufatanye n’abaganga bo muzi Kaminuza zo mu mahanga nk’abo muri Amerika, Maroc, u Bufaransa n’ahandi baza guhugura Abanyarwanda.

Yemeza ko guhera mu mwaka utaha( yavugaga muri uyu wa 2022) hari gahunda yo gutangira guhugura abaganga byibura babiri mu bumenyi runaka( kubaga umutima, impyiko, kubaga abana, no gutera impyiko ku bantu bazihawe) kugira ngo mu myaka icumi u Rwanda ruzabe rufite abaganga barwo bashobora gukomeza guhugura bagenzi babo, gutyo gutyo…

Ikindi uyu muyobozi avuga ko  kiri gushyirwamo imbaraga, ni ikoranabuhanga mu gusuzuma no kuvura indwara zitandukanye.

Muri iki gihe biriya bitaro bifite  ibyumba 46 abaganga basuzumiramo.

Ikindi ngo ni uko muri biriya bitaro bafite ubushobozi bwo kubaga umutima batawufunguye.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Faysal witwa Prof  Millard Derbew we  yavuze ko muri rusange umwaka wa 2021 wabaye mwiza ku bitaro bya Faysal ugereranyije n’uko byagenze mu mwaka wa 2020 ubwo Isi yose yari yugarijwe bikomeye n’icyorezo cya COVID-19.

Muri uyu mwaka ngo ku kwezi ibitaro bya Faysal byakira abarwayi batari munsi ya 6000 ni ukuvuga abagera kuri 200 ku munsi.

Muri abo barwanyi 6000 hari abagera ku 1200 bajya mu bitaro kugira ngo bitabweho bari kwa muganga.

Muri abo 1200 harimo bacye biba ngombwa ko babagwa.

Perezida Kagame ashima intambwe ibitaro bya Faysal byateye…

Mu kiganiro yigeze guha abanyamakuru tariki 30, Ukuboza, 2020 Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rufite urwego rw’ubuzima ruteye imbere kandi rukomeye.

Yavuze ko rukomeye k’uburyo rushobora guha serivisi n’abaturuka mu Karere k’Afurika y’Uburasirazuba.

Perezida Kagame yavuze ko ibitaro byitiriwe Umwami Faysal bifite ubushobozi bwo kuvura indwara zitandukanye kandi ku rwego rwiza k’uburyo rwaha abaturage serivisi z’ubuzima nziza ndetse n’Abanyamahanga.

 

TAGGED:FaysalfeaturedIbitaroKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Denmark Iri Kuganira N’u Rwanda Ngo Iruhe Abimukira
Next Article Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Kenya Kubera Urupfu Rwa Kibaki
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?