Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jay-Z Na Nicki Minaj: Abaraperi Ba Mbere B’Ibihe Byose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Jay-Z Na Nicki Minaj: Abaraperi Ba Mbere B’Ibihe Byose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 February 2023 1:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakoze urutonde rw’abaraperi barusha abandi ku isi bashyize Jay-Z(mu bagabo) na Nick Minaj( mu bagore) ku myanya ya mbere. Nibo baraperi b’ibihe byose.

Birumvikana ko buri wese afite uwo akunda.

Urutonde rw’abaraperi 50 b’ibihe byose rwasohotse kuri uyu wa Gatatu ubwo hizihizwaga imyaka 50 injyana ya Hip hop imaze ivutse.

Uwaje ku mwanya wa mbere ni Jay- Z ( amazina ye bwite ni Shawn Corey Carter).

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu baraperi 10 ba mbere umugore wajemo ni Nick Minaj, bituma ahita uba uwa mbere ku isi mu bandi bagore bose bakora uriya muziki.

Uku ni ko 10 ba mbere bakurikirana: Jay-Z,  Kendrick Lamar, Nas, Tupac, Eminem, The Notorious B.I.G,  Lil Wayne,  Drake, Snoop Dog na Nicki Minaj.

Jay-Z n’umukobwa we Blue Ivy Carter bajyanye kureba Basketball

Nick Minaj, afite imyaka 40 y’amavuko, ni umuraperikazi ukomeye kurusha abandi bagore ndetse uyu muziki watumye atunga miliyoni $130 nk’uko ikinyamakuru kitwa Celebrity Net Worth kibivuga.

Uretse kuba Jay-Z ari umuhanga muri rap ze, afite n’imitungo ikomeye.

Afite ibihembo 24 bya Grammy, amaze kugurisha albums miliyoni 140.

- Advertisement -

Jay –Z kandi aranakuze kuko afite imyaka 53 y’amavuko.

Abashyize Jay Z ku mwanya wa mbere ku isi babishingiye ku ngingo y’uko ari mu batangiye uyu muziki kera( hashize imyaka 30 awukora), ukaba waramwinjirije akayabo kandi akaba n’umushoramari wungukiye mu mafaranga yavanye muri Hip hop.

Wibuke ko yatanze Kanye West kugira Miliyari y’amadolari y’Amerika($).

Ni umuraperi utuje kubera ko nta hantu yigeze avugwa mu itangazamakuru ko yagiranye ikibazo n’umugore we, aba paparazzi, ubutabera cyangwa ngo abana be bagire ikindi kibazo bagira.

Umugore we nawe ni uko uko yamubereye umutima w’urugo bituma undi aguma mu muziki we atuje.

Kuri Twitter ariko ntibyabujije ko abantu batabivugaho rumwe, bamwe bavuga ko gushyira  Nick Minaj ku mwanya wa 10 ari ugukabya.

Lamborghini ya Nick Minaj igura $450,000. Aha yari atwayemo inshuti ye yitwa Amber Rose

Ngo n’ubwo Jay-Z ari umuhanga ariko ngo hari abandi bamuhiga.

TAGGED:featuredJay zNickUmuhangaUmukireUmuraperi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Ihangayikishijwe N’Abacanshuro Muri Libya Na Sudani
Next Article Nyuma Yo Gutombora Rwamagana City FC, Gasogi Yivanye Mu Cy’Amahoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?