Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibitaro Bya Kibagabaga Bigiye Kuvugururwa Bicungwe N’Abadivantisiti
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibitaro Bya Kibagabaga Bigiye Kuvugururwa Bicungwe N’Abadivantisiti

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2023 7:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubuzima yaraye ihagarariye igikorwa  cyo kwegurura Ibitaro bya Kibagabaga ikigo gishamikiye ku idini ry’Abadivantisiti kitwa Integrative Healthcare Rwanda (IHCR) kugira ngo kicyagure kandi kigicunge.

Intego ni ukugiha ubushobozi butuma kiva ku rwego rw’ibitaro by’Akarere kikaba ibitaro byo ku rwego rwa Kaminuza.

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana niwe wari uhagarariye Guverinoma muri iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere taliki 15, Ukuboza, 2023.

Ibitaro bya Kibagabaga bizashyirwamo ishuri ry’ubuvuzi ry’’Abadiventisiti rizafasha abaganga kugira ubumenyi buhambaye mu kuvura indwara zitandukanye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iryo shuri rigezweho ryitwa The Adventist School of Medicine (ASOME), rikaba i Masor mu Karere ka Gasabo.

Ryigisha ubuvuzi busanzwe, urangije amasomo agahabwa impamyabumenyi ihanitse  mu buvuzi ya Medical Doctor( MD).

Abandi bize muri iri shuri bahabwa impamyabumenyi mu by’ubuzima rusange, abandi bakazihabwa mu by’ubuforomo n’ububyaza.

Iyi Kaminuza ifite ahantu hatatu ikorera ari ho i Masoro, Gishushu n’i Karongi mu Burengerazuba.

Ibitaro bya Kibagabaga biri mu bitaro binini mu  Mujyi wa Kigali ariko bikagira ikibazo cy’uko bidaha serivisi zihagije ababigana bose.

- Advertisement -

Nibyo bitaro byakira abarwayi benshi kubera ko uretse abatuye Akarere ka Gasabo bigomba kuvura byanze bikunze, hiyongeraho n’abaturuka mu tundi turere.

Akarere ka Gasabo gatuwe n’abaturage 879,504.

Ibitaro bya Kibagabaga bifite abakozi bake kubera ko bose hamwe bagera kuri 271, kandi bikaba bigomba gukurikirana imikorere y’ibigo nderabuzima 17 na postes de santés 43.

Ibi bitaro bifite imbangukiragutabara eshanu.

Intego ni uko bizagurwa bikongererwa ubushobozi haba mu baganga no mu bikoresho bityo bigahinduka ibitaro by’ikitegererezo haba mu Rwanda no mu Karere ruherereyemo.

Ifoto@The New Times

TAGGED:AbakoziAbaturageGasaboIbitaroKibagabagaKwaguraNsanzimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yeruye Ko Azatera u Rwanda
Next Article Sosthène Munyemana Ukekwaho Jenoside Yasabiwe Gufungwa Imyaka 30
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?