Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibitaro Bya Kibagabaga Bigiye Kuvugururwa Bicungwe N’Abadivantisiti
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibitaro Bya Kibagabaga Bigiye Kuvugururwa Bicungwe N’Abadivantisiti

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2023 7:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubuzima yaraye ihagarariye igikorwa  cyo kwegurura Ibitaro bya Kibagabaga ikigo gishamikiye ku idini ry’Abadivantisiti kitwa Integrative Healthcare Rwanda (IHCR) kugira ngo kicyagure kandi kigicunge.

Intego ni ukugiha ubushobozi butuma kiva ku rwego rw’ibitaro by’Akarere kikaba ibitaro byo ku rwego rwa Kaminuza.

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana niwe wari uhagarariye Guverinoma muri iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere taliki 15, Ukuboza, 2023.

Ibitaro bya Kibagabaga bizashyirwamo ishuri ry’ubuvuzi ry’’Abadiventisiti rizafasha abaganga kugira ubumenyi buhambaye mu kuvura indwara zitandukanye.

Iryo shuri rigezweho ryitwa The Adventist School of Medicine (ASOME), rikaba i Masor mu Karere ka Gasabo.

Ryigisha ubuvuzi busanzwe, urangije amasomo agahabwa impamyabumenyi ihanitse  mu buvuzi ya Medical Doctor( MD).

Abandi bize muri iri shuri bahabwa impamyabumenyi mu by’ubuzima rusange, abandi bakazihabwa mu by’ubuforomo n’ububyaza.

Iyi Kaminuza ifite ahantu hatatu ikorera ari ho i Masoro, Gishushu n’i Karongi mu Burengerazuba.

Ibitaro bya Kibagabaga biri mu bitaro binini mu  Mujyi wa Kigali ariko bikagira ikibazo cy’uko bidaha serivisi zihagije ababigana bose.

Nibyo bitaro byakira abarwayi benshi kubera ko uretse abatuye Akarere ka Gasabo bigomba kuvura byanze bikunze, hiyongeraho n’abaturuka mu tundi turere.

Akarere ka Gasabo gatuwe n’abaturage 879,504.

Ibitaro bya Kibagabaga bifite abakozi bake kubera ko bose hamwe bagera kuri 271, kandi bikaba bigomba gukurikirana imikorere y’ibigo nderabuzima 17 na postes de santés 43.

Ibi bitaro bifite imbangukiragutabara eshanu.

Intego ni uko bizagurwa bikongererwa ubushobozi haba mu baganga no mu bikoresho bityo bigahinduka ibitaro by’ikitegererezo haba mu Rwanda no mu Karere ruherereyemo.

Ifoto@The New Times

TAGGED:AbakoziAbaturageGasaboIbitaroKibagabagaKwaguraNsanzimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yeruye Ko Azatera u Rwanda
Next Article Sosthène Munyemana Ukekwaho Jenoside Yasabiwe Gufungwa Imyaka 30
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?