Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibya Kanye West Bikomeje Kuba Bibi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Ibya Kanye West Bikomeje Kuba Bibi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 October 2022 4:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gutandukana n’umugore we Kim Kardashian, uwo akundanye nawe nyuma ye ntibitere kabiri, ubu umuraperi Kanye West yatakaje umufatanyabikorwa w’imena. Ni banki ya mbere ikomeye muri Amerika yitwa JP Morgan Chase.

Ubuyobozi bw’iyi banki bwatangaje ko imigabane ya Kanye West yose ivanywe muri iriya banki.

Ni ingaruka z’amagambo aherutse gutangaza akarakaza Abayahudi benshi haba muri Israel no muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Nyuma y’amagambo yatangaje kuri Instagram no kuri Twitter, ubuyobozi bw’ibi bigo byahise butangaza inkuta z’uyu muraperi yari asanzwe atangarizaho gahunda ze zibaye zifunzwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kanye West aherutse no guhindura izina rye yiyita Ye.

Hari mu rwego rwo guteza imbere imyambaro akora irimo n’inkweto yise Yeezy.

Ibaruwa ihagarika imikoranire hagati y’iriya banki na Kanye West yatangarijwe kuri Twitter n’umwe mu bakoresha uru rubuga.

Icyakora BBC yasanze ibaruwa ihagarika imikoranire hagati ya West n’iriya banki yaranditswe mbere ya rwaserera zatewe n’ibyo uwahoze ari umugabo wa Kim Kardashian aherutse gutangaza ku Bayahudi.

Iriya baruwa yasinywe taliki 20, Nzeri ariko itangazwa taliki 13, Ukwakira, 2022.

- Advertisement -

Iriya baruwa yasabye Kanye West ko agomba kuba yarangije kwimura umutungo we akawuvana muri iriya banki bitarenze taliki 21, Ugushyingo, 2022.

Bivugwa ko mu minsi ishize uyu muhanzi yigeze kuvuga ko ubuyobozi bw’iriya banki budacisha ibintu mu mujyo.

BBC ivuga ko ikigo gikora inkweto n’imyenda ya sports kitwa Adidas nacyo giherutse gutangaza ko kiri kureba uko cyahagarika imikoranire yacyo na Kanye West nyuma y’uko agaragaye yambaye umupira wanditseho ngo “White Lives Matter”  bikarakaza Abirabura kubera ko bashinja Abazungu kubakorera urugomo rurimo no kubica babaziza ubusa.

TAGGED:AmerikaBankiInkwetoKanyeWest
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Ikeneye Urubyiruko Rufite Ubuzima Buzira Umuze- Jeannette Kagame
Next Article U Rwanda Rwashinjwe Kwiba Ingagi Za DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Twatanze Imbanzirizamushinga Y’amahoro Twifuza Muri DRC- Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Uko Ibihugu Birutanwa Kunywa Byeri: Ubushinwa Burayoboye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzasinyana Na DRC Amasezerano Imbere Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Umujyanama Wa Trump Mu By’Umutekano Yirukanywe, Amusimbuza Rubio

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?