Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyabaye Mu Rupfu Rwa Gen Lokech Wari Umuyobozi Wungirije Wa Polisi Ya Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibyabaye Mu Rupfu Rwa Gen Lokech Wari Umuyobozi Wungirije Wa Polisi Ya Uganda

admin
Last updated: 22 August 2021 2:12 pm
admin
Share
SHARE

Amakuru menshi akomeje kujya ahabona ku rupfu rwa Maj Gen Paul Lokech, wari umuyobozi mukuru wungirije wa Polisi ya Uganda. Yaguye iwe kuri uyu wa Gatandatu nk’uko ubuyobozi bw’Ingabo za Uganda (UPDF) bwabitangaje.

Umuvugizi w’Ingabo za Uganda, Brig Flavia Byekwaso, yatangaje ko iperereza ry’ibanze rimaze kugaragaza ko yazize ibibazo byo kuvura kw’amaraso.

Yari i Kampala ku kiliyo cy’undi musirikare mukuru wa UPDF, General Pecos Kutesa, uheruka kugwa mu Buhinde aho yivurizaga.

Yavuze ko Gen Lokech yari amaze ibyumweru bibiri akorera akazi ke mu rugo. Kuri uyu wa Gatandatu ngo yabyutse ameze neza nk’ibisanzwe, atangira kwitegura agiye ku kazi.

Ati “Muri iki gitondo yinjiye mu bwiyuhagiriro, aza guhamagara umugore we amubwira ko atarimo kubasha guhumeka.”

Umugore we ngo yahise ahamagara abaganga, bahageze bagerageza gukangura umutima wa jenerali ariko biba iby’ubusa, agwa mu bwiyuhagiriro.

Brig Flavia Byekwaso yakomeje ati “Umuganga yari ahari, kandi mu byagaragaye nk’uko kunanirwa guhumeka, byaketswe ko Jenerali yagize ikibazo cyo kuvura kw’amaraso.”

Ibyo byose ariko bikomeje gutangazwa mu buryo bwo gukekeranya, kuko ntabwo icyamwishe kiratangazwa hashingiwe ku byavuye mu isuzuma ry’abaganga.

Gusa habayeho amakenga kubera ko Gen Lokech yari amaze igihe atagaragara mu ruhame, guhera ubwo yerekanaga abantu bikekwa ko barashe imodoka ya Gen Katumba Wamala, bagahitana umukobwa we n’umushoferi.

Byekwaso yavuze ko Gen Lokech yari yarasabye ikiruhuko mu byumweru bibiri bishize.

Muri icyo kiruhuko ngo yaje kugwa aravunika, akaba yavurirwaga mu rugo.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda, Martins Okoth Ochola, yatangaje ko yategetse ko habaho isuzuma ricukumbuye, hakagaragazwa icyahitanye uyu musirikare mukuru.

Uyu musirikare ni umwe mu bacurabwenge ba gisirikare Uganda yari ifite, wafashije cyane mu rugamba rwo guhangana na al-Shabaab muri Somalia, ku ruhande rw’Ingabo za Uganda mu butumwa bwa AMISOM.

Yashyizwe mu gipolisi ku wa 15 Ukuboza 2020 na Perezida Yoweri Museveni, mu bihe by’umutekano utameze neza  n’umwuka ushyushye wa politiki muri Uganda, byari bifitanye isano n’amatora aheruka ya perezida.

Uburwayi yazize nibwo buheruka guhitana Cyprian Kizito Lwanga wari Arkiyepiskopi wa Kampala.

TAGGED:featuredFlavia ByekwasoMaj Gen Paul LokechPolisi ya UgandaUPDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CANAL+ Yashyizeho Poromosiyo Nshya Kuri Dekoderi n’Ifatabuguzi
Next Article Kigali: 90% By’Abarengeje Imyaka 18 Bagiye Gukingirwa COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?