Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyinshi Mu Byaranze Amateka Y’u Rwanda Bibitswe N’Abarukolonije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Ibyinshi Mu Byaranze Amateka Y’u Rwanda Bibitswe N’Abarukolonije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 October 2025 8:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umuduri ni kimwe mu bicurangisho gakondo by'Abanyarwanda. Ifoto yo mu gitabo cya Jacquet Magnet kitwa Afrique, Les Civilisations Noires.
SHARE

Robert Masozera Mutanguha uyobora Inteko y’Umuco n’ururimi avuga ko ibyinshi mu byerekana umuco n’amateka by’Abanyarwanda bo hambere y’umwaduko w’Abakoloni no mu gihe cy’ubukoloni nyirizina bibitswe n’abakoloni, ikintu asanga kitari gikwiye.

Abadage nibo batangiye gukoloniza u Rwanda nyuma y’uko byemejwe n’Inama ya Berlin, Umurwa mukuru w’Ubudage, yabaye hagati y’umwaka wa 1884 n’uwa 1885 ikemerezwamo uko Abanyaburayi bigabagabanya Afurika.

Ubutegetsi bw’Abadage mu Rwanda (1897-1916) ntibwari buzuye mu buryo bwose( babwitaga Indirect Rule) kuko hari ububasha umwami  Yuhi V Musinga yari afite, bo bakaza basa n’abategekera ku ruhande.

Ugereranyije wavuga ko bo bataregetse Abanyarwanda nk’uko Ababiligi babasimbuye nyuma y’intambara ya kabiri y’isi babigenje.

Aba bo baje bashaka gutegeka u Rwanda mu buryo bwose bahereye cyanecyane mu guhindura uko rwayoborwaga.

Kubera ko rubanda rwiyumvaga mu mwami w’Abanyarwanda, Ababiligi basanze ibyiza ari uko uyu abanza gucibwa akavaho bityo bakabona aho bahera bigarurira abaturage mu buryo bwuzuye.

Byarabaye aracibwa ndetse aza gutanga ubwo yari yaraciriwe ahitwa Moba hari tariki 13, Mutarama, 1944.

Bamaze kwigarurira ibice by’ingenzi by’imibereho y’abaturage, icyo gihe Ababiligi bashinze Kiliziya Gatulika bari bafatanyijemo n’Abamisiyonari, batanga amabwiriza ko abashefu na ba sushefu buri munsi bazajya batanga raporo kuri buri paruwasi iberegereye.

Inyandiko zikubiyemo uko ibintu byifashe zagombaga kuhagerera igihe kugira ngo abamisiyonari bazisome bamenye imitekerereze n’imibereho y’abaturage aho ari ho hose.

Izi nyandiko bitaga ‘diaire’( mu Cyongereza ni Dairy) inyinshi muri zo zajyanywe mu Burayi, hiyongeraho n’ibindi birango by’imibereho y’Abanyarwanda b’icyo gihe birimo indirimbo, imitako, imbyino gakondo, ibikoresho gakondo by’Abanyarwanda n’ibindi bigize icyo abanyamateka bita ‘umurage wo mu majwi no mu mashusho.’

Muri aka kabati harimo inyandiko bita diaires zanditsemo uko Abanyarwanda babagaho mu bukoloni.

Intebe y’Inteko y’Umuco Amb. Masozera ( yabaye Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi mu mwaka wa 2012) avuga ko ibigera kuri 90% bw’uwo murage bikiri mu bihugu byakolonije u Rwanda, ari byo Ubudage n’Ububiligi.

Kuri uyu wa Mbere ubwo ikigo ayoboye n’Abanyarwanda muri rusange bizihizaga umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana umurage wo mu majwi no mu mashusho niho yabitangarije.

Avuga ko kuba umwinshi muri uwo mutungo uba imahanga bihombya igihugu, ntikigire uburenganzira ku mateka y’abahoze ari abaturage bacyo.

Ku rundi ruhande, avuga ko kubungabunga umurage w’amashusho n’amajwi n’undi murage w’amateka y’igihugu icyo ari cyo cyose ari ibyo kwitondera, bikabikwa neza uko bishoboka kose kuko byakwangirika byoroshye.

Ati: “Kubungabunga umurage uri mu majwi n’amashusho ni ibintu byo kwigengeseraho cyane kuko ari ibintu byoroshye bishobora kwangirika cyane.”

Ambasaderi Robert Masozera Mutanguha uyobora Inteko y’Umuco n’ururimi

Masozera ariko avuga ko hari ibyo Abanyarwanda babitse mu nzu ndangamurage zabo birimo zimwe mu nyandiko z’amateka.

Asanga izo nyandiko ari ubukungu kuko zirimo amafoto, amashusho n’amajwi agaragaza uko u Rwanda rwateje imbere abarutuye mu myaka yatambutse, gusa akemeza ko ari nke.

Insanganyamatsiko ku munsi wizihijwe kuri uyu wa Mbere yari “Umurage uri mu majwi n’amashusho, umuyoboro w’umuco n’amateka by’Abanyarwanda.”

Ubufatanye bwa dipolomasi bwigeze gutanga umusaruro mu gutuma hari bimwe mu bigize umurage w’amajyi w’amashusho w’Abanyarwanda byagaruwe mu gihugu.

Mu mwaka wa 2021 hari ibyari bibitse mu nzu ndangamurage yo mu Bubiligi yitwa Musée Royal de l’Afrique Centrale byagaruwe mu Rwanda.

Bikubiyemo umurage w’amajwi [indirimo, ibyivugo] n’ibindi byo muri ubwo bwoko byakusanyijwe kuva mu mwaka 1950 kugeza muwa 2007.

Mbere y’aho ni ukuvuga mu mwaka wa 2020, Ububiligi bwahaye u Rwanda impapuro ibihumbi icumi zikubiyemo amakuru arebana n’ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 1923 ku hantu hari amabuye y’agaciro mu Rwanda.

TAGGED:AbabiligiAbadageAbakoloniAmajwiAmashushofeaturedInyandikoKwigiraMasozeraNyanzaUmucoUrurimi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Arabie Saoudite: Kagame Azatanga Ikiganiro Ku Umutekano Mu By’Ubukungu
Next Article Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?