Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Perezida Kagame Yiyemeje Ubwo Yinjiraga Muri Giants Club
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ibyo Perezida Kagame Yiyemeje Ubwo Yinjiraga Muri Giants Club

taarifa@media
Last updated: 28 February 2021 3:54 pm
taarifa@media
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabaye umukuru w’igihugu wa gatandatu muri Afurika winjiye muri gahunda ya Giants Club y’umuryango mpuzamahanga uharanira kurengera urusobe rw’ibinyabuzima, Space for Giants, ubwo kuri uyu wa Gatandatu yashyiraga umukono ku masezerano abyemeza.

Ni amasezerano yasinyiwe muri Village Urugwiro, ubwo Perezida Kagame yari kumwe na Dr Max Graham washinze ndetse uyobora Space for Giants, na Lord Lebedev ufatwa nk’umuyobozi w’icyubahiro wa Space for Giants na Giants Club.

Giants Club ihuza abakuru b’ibihugu muri Afurika n’abagize izindi nzego zirimo abaterankunga, abakora mu bijyanye no kurengera urusobe rw’ibinyabuzima, abahanga n’abandi batandukanye.

Bose bahuriza hamwe ijambo bafite muri politiki, ubukungu n’ubumenyi, hagamijwe kurengera inyamaswa nini zisigaye muri Afurika kimwe n’aho zituye.

Nk’uko byatangajwe n’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda, RDB, uretse kwemera gushyigikira Giants Club, hari n’ibintu by’ingenzi Perezida Kagame yiyemeje.

Birimo guteza imbere ishoramari ryo mu gihugu na mpuzamahanga mu bikorwa byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima n’ubukerarugendo, hagamijwe kongera umusaruro uturuka mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima by’agasozi mu iterambere ry’igihugu.

Hari kandi guteza imbere ubufatanye bw’inzego za leta n’abikorera mu kunoza imicungire y’ibidukikije kamere n’ishoramari rijya mu byanya bibungabunzwe; kurwanya ubucuruzi bubujijwe bw’ibinyabuzima by’agasozi mu Rwanda no mu baturanyi barwo; no kurwanya ibibazo bishobora kubaho hagati y’abantu n’urusobe rw’ibinyabuzima by’agasozi.

Hashingiwe ku ntego za Giants Club, inzira yo kuzigeraho ngo ni ugufasha za guverinoma mu guteza imbere ubukungu butangiza ibidukikije, bigahuzwa n’ishoramari rikenewe kandi rikorwa mu buryo burambye, byose bikagira uruhare mu guhanga imirimo mishya ariko n’ibidukikije bigasugira.

Perezida Kagame yiyongereye kuri Perezida Mokgweetsi Masisi wa Botswana, Ali Bongo Ondimba wa Gabon, Uhuru Kenyatta wa Kenya, na Yoweri Museveni wa Uganda, babarizwa muri Giants Club.  

Umuryango Space for Giants ukorera mu bihugu icyenda bya Afurika, ukita cyane ku kurengera inzovu n’ibyanya zituyemo.

U Rwanda rumaze kubaka izina mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, ahanini kubera imbaraga rwashyize mu kwita ku ngagi zisigaye hake ku isi. Ni ibikorwa bijyana n’ubukerarugendo bukomeje kwinjiriza igihugu amadovize.

Uretse mu kwita ku ngagi, u Rwanda rwashyize imbaraga nyinshi mu kuvugurura Pariki y’Igihugu y’Akagera, ku buryo ubu ari intaho y’inyamaswa eshanu zikomeye kuri uyu mugabane zirimo inzovu, intare, ingwe, imbogo n’inkura.

Ibyo bigahuzwa n’uko izo mbaraga zibyara umusaruro binyuze mu bukerarugendo, amafaranga avamo akifashishwa mu iterambere ry’igihugu.

Dr Graham yashimye ibikorwa u Rwanda rwakoze muri rwo rwego, rurangajwe imbere na Perezida Kagame. Ni ibikorwa bihura neza n’intego za Giants Club.

Yakomeje ati “Biduteye ishema rikomeye kandi dushimishijwe cyane no kuba Perezida Kagame yinjiye muri Giants Club.”

Ibihugu bihurira muri Giants Club byihariye hejuru ya kimwe cya kabiri cy’inzovu 415.000 zisigaye muri Afurika. Botswana yihariyemo izisaga ku 150.000.

Abahanga mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima by’agasozi bavuga inzovu ari inyamaswa y’ingenzi cyane, kuko iyo ibungabunzwe n’iziba hafi yayo zisugira. Bituma ba mukerarugendo biyongera, bigatanga umusaruro mu iterambere ry’igihugu.

Mu mishinga Giants Club imaze igiramo uruhare harimo kubaka uruzitiro rurimo amashanyarazi rutuma inzovu zitonera abaturage mu bihugu bya Gabon, Kenya na Uganda. Harimo n’ibikorwa byo gushaka inkunga zikenewe mu byanya bibungabunzwe mu bihugu bya Uganda na Gabon.

This image has an empty alt attribute; its file name is 50986245981_e509452264_b.jpg

Ubwo amasezerano yo kwinjira muri Giants Club yashyirwagaho umukono

TAGGED:featuredKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mashami Yongerewe Amasezerano Y’Umwaka Umwe Atoza Amavubi
Next Article Nyamagabe: Umupfakazi Wa Jenoside Yishwe Akaswe Ijosi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?