Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mashami Yongerewe Amasezerano Y’Umwaka Umwe Atoza Amavubi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Mashami Yongerewe Amasezerano Y’Umwaka Umwe Atoza Amavubi

Last updated: 28 February 2021 12:16 pm
Share
SHARE

Mashami Vincent waherukaga gusoza amasezerano nk’umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Amavubi yongerewe umwaka umwe, ahabwa inshingano zo kwitwara neza mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cyo mu 2021 n’icy’Isi kizabera muri Qatar mu 2022.

Mashami atoza Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru kuva muri Kanama 2018 ubwo yasimburaga Antoine Hey. Nta muntu bari bahataniye uyu mwanya kuri iyi nshuro.

Amakuru yizewe avuga ko mbere yo guhabwa amasezerano y’umwaka umwe, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryari ryamusabye gusinya amasezerano y’ukwezi kumwe ngo abanze atoze umukino wa Mozambique na Cameroon ariko arabyanga, asaba ko niba adasinyishijwe umwaka wuzuye hashakwa undi.

Amakuru aturuka muri FERWAFA na Minisiteri ya siporo yemeza ko Mashami yamaze guhabwa amasezerano y’umwaka umwe, ndetse ko bitangazwa mu masaha make.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa yari yatangarije kuri televiziyo y’igihugu ko “bitarenze ku wa Gatanu, umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi azaba yatangajwe.”

Kuva muri Kanama 2018 ubwo Mashami yatangiraga gutoza Amavubi, yatoje imikino 23 atsinda itanu, anganya 11 mu gihe yatsinzwe irindwi. Ni imibare ariko idashimishije muri rusange kuko bivuze ko yatsinze 21.7%, anganya 47.8%, atsindwa 30.4%.

Mashami aheruka gufasha ikipe y’igihugu kugera muri kimwe cya kane cy’irushanwa nyafurika ry’amakipe y’ibihugu, agizwe n’abakina muri za shampiyona z’imbere mu bihugu, CHAN, ryabereye muri Cameroon.

TAGGED:featuredMashami Vincent
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore Wa Ambasaderi W’u Butaliyani Wiciwe Muri RDC Yavuze Ko Yagambaniwe
Next Article Ibyo Perezida Kagame Yiyemeje Ubwo Yinjiraga Muri Giants Club
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

APR FC Yongeye Gutesha Rayon Igikombe Na Miliyoni Nyinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?