Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Polisi Y’u Rwanda Iherutse Kwemeranya N’Iya Gambia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ibyo Polisi Y’u Rwanda Iherutse Kwemeranya N’Iya Gambia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2024 12:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
IGP Felix Namuhoranye na Gen Seedy Muctar Touray.
SHARE

Hashize hafi Icyumweru Polisi y’u Rwanda isinyanye amasezerano n’iya Gambia. Iy’u Rwanda yari ihagarariwe na IGP Felix Namuhoranye n’aho iya Zambia ihagarariwe na Gen Seedy Muctar Touray.

Taarifa Rwanda yamenye ko amasezerano Polisi zombi zasinyanye, akubiyemo ubufatanye buziguye n’ubutaziguye mu kurwanya ibyaha, guhanahana amakuru y’ingenzi ku bunararibonye bw’udutsiko tw’abagizi ba nabi, gufatanya mu kurwanya ibyaha byamukiranya imipaka, ayerekeye iperereza ryerekeye gukumira ibyaha, ubufatanye mu guhugura abakozi, guhanahana ibikoresho byifashishwa mu mahugurwa n’integanyanyigisho ndetse n’izindi ngeri z’ubufatanye zakwifuzwa n’impande zombi.

Ni amasezerano yashyiriweho umukono mu Mujyi wa Kigali n’abayobozi bakuru ba Polisi zombi: CG Felix Namuhoranye n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Gambia; Gen. Seedy Muctar Touray.

Umuyobozi wa Polisi ya Gambia yasinye ayo masezerano, abona n’umwanya wo gusura ibikorwaremezo bya Polisi y’u Rwanda birimo amashuri yayo ari hirya no hino.

Hagati y’Umurwa mukuru w’u Rwanda Kigali n’uwa Gambia ari wo Banjul harimo intera ya kilometero 5, 425.

Gambia ni igihugu gito gikora ku Nyanja ya Atlantic

Gambia nicyo gihugu gito kurusha ibindi mu bigize Afurika idakora ku Nyanja(inland Africa) kuko gifite ubuso bwa kilometero kare 11,300, ni ukuvuga ko u Rwanda rugikubye kabiri mu buso kuko rwo rungana na kilometero kare 26,338.

Uretse agace gato kayo gakora ku Nyanja ya Atlantic, ikindi gice cyose cya Gambia kizengurutswe na Senegal.

Izina Gambia rigikomoka ku ruzi rwa Gambia ruca rwagati muri iki gihugu rukaruhukira mu Nyanja twavuze haruguru.

Imibare ya Leta ya Gambia ivuga ku muri uyu mwaka ( uri hafi kurangira) iki gihugu cyari gituwe n’abaturage 2,769,075.

Guhera mu mwaka wa 2017 iki gihugu kiyoborwa na Adama Barrow wasimbuye Yahya Jammeh.

TAGGED:AmasezeranoGambiaIbyahaInyanjaNamuhoranyePolisiRwandaUbufatanye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Ihagaze He Ku Kibazo Cyo Muri Syria?
Next Article Ibiganiro Hagati Ya Kagame Na Tshisekedi Ntibikibaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Taylor Swift Yemeye Kurushinga

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?