Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Sena Y’u Rwanda Yasanze Mu Midugudu y’Icyitegererezo Iherutse Gusura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibyo Sena Y’u Rwanda Yasanze Mu Midugudu y’Icyitegererezo Iherutse Gusura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2022 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Senateri Marie Rose Mureshyankwano wari uyoboye itsinda ry’Abasenateri riherutse kuzenguruka u Rwanda rireba ibibazo biri mu batuye imidugudu w’Icyitegerezo avuga ko kimwe mu bibazo basanze yo ari uko hari abaturage batita ku nzu zabo, bazita ko ari iza Leta.

Hon Mureshyankwano avuga ko abo baturage babiterwa n’uko bafite imyumvire idahwitse, y’uko Leta ari yo ikwiye gusana inzu yabahaye mu midugudu y’icyitegererezo.

Yatubwiye ko imwe mu mpamvu zituma bagira iriya myumvire ari uko hari bamwe baba barakuze batarigeze babona ayo majyambere bityo bikabatonda.

Ku rundi ruhande, ashima ko hari abita kuri ziriya nzu bitewe n’uko basobanukiwe akamaro kazo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Turashima abayobozi b’inzego z’ibanze bafashije abaturage kumva ko ziriya nzu ari izabo kandi n’abatarabyumva hari icyizere cy’uko bazabyumva.”

Ikindi kibazo Sena yasanze kiri mu midugudu myinshi y’icyitegerezo ni uko hari ibikorwa remezo nka Biyogazi zubatswe ku mafaranga menshi ariko zidakora.

Uwari uyoboye Komisiyo idasanzwe ya Sena yagiye kureba biriya bibazo Hon Mureshyankwano avuga ko hari henshi basanze iki kibazo.

Kubera ko hari inzu zimaze igihe zubatswe, Abasenateri basanze hari zimwe muri zo zasenyutse bityo zikeneye gusanwa.

Senateri Marie Rose Mureshyankwano avuga ko bagenzi be bari gutegura raporo yuzuye bakazayigeza ku Nteko rusange ya Sena.

- Advertisement -
Senateri Marie Rose Mureshyankwano

Imidugudu yasuwe ni 67.

Taliki 10, Mutarama, 2022 nibwo Komisiyo Idasanzwe ya Sena yatangiye gusura iriya midugudu  y’icyitegererezo  mu rwego rwo  kumenya ibibazo biyigaragaramo.

Itangazo Sena y’u Rwanda yatambukije icyo gihe ryavugaga  gusura iriya midugudu bizakorwa mu byumweru bibiri.

Iriya Komisiyo idasanzwe yari  igizwe n’Abasenateri bakurikira:

  1. Senateri MURESHYANKWANO Marie Rose (Perezida);
  2. Senateri NSENGIYUMVA Fulgence (Visi Perezida);
  3. Senateri Dr. HAVUGIMANA Emmanuel;
  4. Senateri KANZIZA Epiphanie;
  5. Senateri MUPENZI George;
  6. Senateri UWERA Pélagie.

Nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga, Leta y’u Rwanda yiyemeje kugendera ku mahame remezo.

Muri ayo mahame remezo, harimo iryo ‘Kubaka Leta’ iharanira imibereho myiza y’abaturage no gushyiraho uburyo bukwiye kugira ngo bagire amahirwe angana mu mibereho yabo.

Mu bigaragaza ko iri hame remezo ryubahirizwa, harimo kuba Leta ifasha abaturage batishoboye badafite aho baba kuhabona kandi heza.

TAGGED:AbasenaterifeaturedImiduguduMureshyankwanoSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bafunzwe Bazira Gucukura Zahabu Muri Nyungwe
Next Article Icyemezo Cyafatiwe Radiant, Britam Na Sanlam Cyakuweho: Ni Nde Wigiza Nkana?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?