Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Ibyo Ushoboye Gukora Bikore Neza’-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

‘Ibyo Ushoboye Gukora Bikore Neza’-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2021 2:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni inama Perezida Kagame yahaye urubyiruko ruri mu kiganiro yatumiwemo ngo agire inama abaha. Muri nyinshi yabahaye harimo iy’uko bagombye kwibuka ko ubumenyi bahabwa mu ishuri, butagira icyo bubamarira badakoresheje guhanga ibyabo no gutekereza.

Perezida Kagame yavuze ko ubusanzwe abantu ‘bataberaho none’ gusa ahubwo ‘baberaho n’ejo hazaza.’

Ati: “Ntabwo abantu baberaho uyu munsi gusa, baberaho n’ejo kandi ejo hazaza h’igihugu haterwa n’uko urubyiruko ruzaba rumeze ahazaza.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko hari uburyo bwinshi bwo gutunganya k’uburyo ibisekuru bishya byazabaho neza mu gihe kiri imbere.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku byerekeye u Rwanda, Perezida Kagame yavuze ko we n’abo bafatanyije kuruyobora bakora uko bashoboye kugira ngo bateze imbere urubyiruko, rwige, kandi rushobore no kwihangira imirimo.

Umukuru w’igihugu avuga ko n’ubwo abantu muri rusange batita kuri ejo hazaza, ariko abayobozi bagombye kubatekerereza bakareba uko ibihugu bizaba bimeze mu gihe kirekire kiri imbere.

Fred Swaniker wari uyiboye kiriya kiganiro yabajije Perezida Kagame impamvu u Rwanda rukora ibintu bikomeye( yabyise Hard things), Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rudakora ibikomeye ahubwo rwatangiye kare rukora ibyoroheje, ariko muri iki gihe bigaragara nk’ibintu bikomeye.

Avuga ko iyo umuntu yitaye ku bintu bito kera kabaye bivamo ibintu binini.

Ati: “ Hari igihe kigera umuntu yasubiza amaso inyuma agasanga iyo aza gukora ibintu byoroheje muri icyo gihe, ubu aba yireba agasanga yarakoze ibitangaza.”

- Advertisement -

Yamuhaye urugero rw’Umujyi, aho mu myaka 27 ishize, wari umujyi usa n’itongo ariko ubu uri mu mijyi icyeye kandi itekanye.

Perezida Kagame avuga ko we ubwe ari we ubwe yigeze kuva mu modoka atoragura uducupa rwa pulasitiki, kandi ngo kuva icyo gihe abaturage bahise babigira umuco.

Kuri Perezida Kagame, urugero rurigisha kurusha amagambo.

Kagame avuga ko ubusanzwe urubyiruko rwo rusanganywe ubushobozi bwo kwifatira umwanzuro kandi rugakoresha ubushobozi bwarwo rushingiye ku byo rwize.

Kuri Perezida Kagame kandi amashuri umuntu yize si yo mu by’ukuri amugira uwo ari we ahubwo gutekereza cyane nibyo bituma ariya makayi n’ibitabo yasomye bimuha umusaruro.

Nyuma y’ikiruhuko, Perezida Kagame aragaruka yakire ibibazo bya bariya banyeshuri.

TAGGED:featuredKagameKaminuzaRwandaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Araganira N’Abanyeshuri 600 Ba Kaminuza
Next Article Rusesabagina Yakatiwe Gufungwa Imyaka 25, Nsabimana ‘Sankara’ Akatirwa 20
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?