Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Wamenya Ku Bayobozi Bashya Batorewe Kuyobora Uturere 27
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibyo Wamenya Ku Bayobozi Bashya Batorewe Kuyobora Uturere 27

admin
Last updated: 23 November 2021 5:31 pm
admin
Share
SHARE

– Abafite Ph.D. ni babiri, 14 bafite Master’s, Bachelor’s ni 11

–  Umuto afite imyaka 35, umukuru akagira 53

–  Ba Meya 12 batorewe manda ya kabiri

–  Abagore ni umunani abagabo ni 19

Uturere 27 dufite ubuzima gatozi duheruka kubona abayobozi bashya, ndetse batangiye imirimo nyuma yo kurahirira kuzuza inshingano zabo kuri uyu wa Mbere.

Si urugendo rwari rworoshye kubera ko ubwo amatora yatangiraga, kugira ngo umuntu yemererwe kwiyamamaza muri komite nyobozi y’akarere yasabwaga kubanza gutorwa mu bajyanama 17 b’Akarere.

Ku ikubitiro, ba Meya 16 barimo bageze ku mpera za manda bongeye kwiyamamariza kujya mu nama njyanama.

Aha ntitubariramo Janvier Gashema wayoboraga Akarere ka Nyaruguru by’agateganyo, kuko yari Umuyobozi wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, asigariraho Habitegeko Francois wari umaze kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, manda ye isigaje amezi make atatuma hategurwa amatora yo kumusimbuza.

Gashema yongeye gutorerwa umwanya we wa Visi Meya.

Muri ba bandi 16, bane bahise bananiwe gutorwa mu bajyanama, abo ni Jeannine Niwemuremyi wayoboraga akarere ka Musanze, Kayumba Ephreim wayoboraga Akarere ka Rusizi, Godefroid Ndayambaje wayoboraga Akarere ka Ngororero na Emerance Ayinkamiye wayoboraga Akarere ka Rutsiro.

Abakandida 12 bagumyemo ni Marie Chantal Uwanyirigira (Burera),  Richard Mutabazi (Bugesera), Richard Gasana (Gatsibo), Radjabu Mbonyumuvunyi (Rwamagana), Jacqueline Kayitare (Muhanga), Valens Habarurema (Ruhango), Erasme Ntazinda (Nyanza), Ange Sebutege (Huye), Jerome Rutaburingonga (Gisagara),  Appolonie Mukamasabo (Nyamasheke), Antoinette Mukanyirigira (Nyabihu) na Vestine Mukarutesi (Karongi).

Bose batorewe indi manda y’imyaka itanu, idashobora kuzongerwaho indi.

Ibyo wamenya ku bayobozi batowe ku wa 19 Ugushyingo 2021.

  1. Burera:

Uwanyirigira Marie Chantal watowe afite iimyaka 40, akagira n’impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master’s) mu bijyanye n’uburezi.

Yatangiye kuyobora aka karere mu 2019 asimbuye Uwambajemariya Florence wari umaze kugirwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba.

Mbere yaho yabaye umukozi w’Akarere ka Burera mu ishami ry’uburezi, ushinzwe amashuri y’inshuke, amashuri abanza n’amasomero y’abakuru.

  1. Gakenke

Uyoboye aka karere ni Nizeyimana Jean Marie Vianney ufite imyaka 45 y’amavuko, n’impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0).

Mbere yo gutorwa yari Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ruliwo muri ako Karere. Yasimbuye Nzamwita Déogratias wari umaze imyaka 10 ayobora ako karere.

  1. Gicumbi

Nzabonimpa Emmanuel w’imyaka 40 ni we watowe.  Afite impamyabumenyi ya Masters.

Mbere yaho yari umuyobozi w’imirimo rusange mu Karere ka Gatsibo, umwanya yari amazeho imyaka isaga ine.

  1. Musanze

Aka karere ubu kayobowe na Ramuli Janvier w’imyaka 47, ufite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelors). Yari asanzwe akuriye Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka mu Ntara y’Amajyaruguru.

  1. Rulindo

Mukanyirigira Judith, imyaka 48 ni we watowe, na we afite Masters.

  1. Gisagara

Rutaburingoga Jerome ni umugabo w’imyaka 37, akaba afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelors).

  1. Huye

Sebutege Ange w’imyaka 39 yatorewe manda ya kabiri. Afite imyamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, Bachelor’s.

Mbere yo kuyobora Huye guhera mu 2018, Sebutege yakoraga mu Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda, ahagarariye ishami rishinzwe imitangire myiza ya serivisi n’itumanaho.

  1. Kamonyi

Kamonyi igiye kuyoborwa na Dr Nahayo Sylvere w’imyaka 43, akaba ari muri bake cyane batorewe kuyobora uturere bafite impamyabumenyi y’ikirenga, PhD.

  1. Muhanga

Aka karere kazakomeza kuyoborwa na Kayitare Jeacqueline w’imyaka 45 wongejwe manda ya kabiri, akaba afite Masters.

  1. Nyamagabe

Niyomwungeri Hildebrand w’imyaka 36 ni we watowe, akaba afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

  1. Nyanza

Ntazinda Erasme w’imyaka 53, ni umwe mu bameya bagiriwe icyizere cyo kongezwa manda. Na we afite impamyabumenyi ya Masters.

  1. Nyaruguru

Murwanashyaka Emmanuel w’imyaka 46 ni we watowe, afite masters.

  1. Ruhango

Habarurema Valens w’imyaka 42 ni we watowe, we afite imamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, Bachelors.

  1. Bugesera

Mutabazi Richard w’imyaka 42 yatorewe gukomeza kuyobora Akarere, na we afite Masters.

  1. Gatsibo

Gasana Richard w’imyaka 46 yatorewe manda ya kabiri ayobora akarere, nawe akaba afite Masters.

  1. Kayonza

Nyemazi Jean Bosco w’imyaka 35 ni we muto mu batorewe kuyobora uturere, na we akaba afite masters.

  1. Kirehe

Rangira Bruno w’imyaka 42 ni we watowe, nyuma y’igihe ari Umujyanama w’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali. Na we afite Masters.

  1. Ngoma

Niyonagira Nathalie w’imyaka 43 ni we watorewe kuyobora Akarere ka Ngoma. Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, Bachelors.

  1. Nyagatare

Gasana Stephen w’imyaka 46 ni we watowe, afite Bachelors.

  1. Rwamagana

Mbonyumuvunyi Radjab w’imyaka 46 yatorewe manda ya kabiri, akaba afite Masters.

  1. Karongi

Mukarutesi Vestine w’imyaka 48 ni we watowe, afite Bachelors.

  1. Ngororero

Nkusi Christophe w’imyaka 50 ni we watowe, afite Bachelors.

  1. Nyabihu

Mukandayisenga Antoinette w’imyaka 47 ni we watowe, afite Bachelors.

  1. Nyamasheke

Mukamasabo Appolonie w’imyaka 43 ni we watowe, afite impamyabumenyi ya Masters.

  1. Rubavu

Kambogo Ildephonse ufite imyaka 43 ni we watowe, afite impamyabumenyi ya Masters.

  1. Rusizi

Kibiriga Anicet w’imyaka 45 ni we watorewe kuyobora akarere ka Rusizi, ari na we wa kabiri mu batorewe kuyobora uturere ufite impamyabumenyi y’ikirenga, PhD.

  1. Rutsiro

Aka karere ubu kayobowe na Murekatete Triphose w’imyaka 45, afite Master’s mu bijyanye n’imikorere y’ibigo by’imari iciriritse (Microfinance).

 

 

 

 

 

 

TAGGED:AkarereAmatorafeaturedMeya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ugirashebuja, IGP Munyuza Na Col Ruhunga Uyobora RIB Bari Muri Turikiya
Next Article Abanyamakuru B’Abagore Bagira Ibibazo ‘Byihariye’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?