Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Wamenya Ku Gikombe Cya Afurika Kigiye Gutangira Muri Cameroon
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Ibyo Wamenya Ku Gikombe Cya Afurika Kigiye Gutangira Muri Cameroon

admin
Last updated: 09 January 2022 12:52 pm
admin
Share
SHARE

Igikombe cya Afurika cy’Ibihugu (AFCON 2022) kigiye gutangira kuri iki Cyumweru muri Cameroon, nyuma yo gusubikwa inshuro nyinshi kubera icyorezo cya COVID-19.

Ni igikombe giheruka mu mwaka wa 2019 ubwo cyegukanwaga na Algeria, kikazakinwa n’amakipe 24 agabanyije mu matsinda atandatu, rimwe rigizwe n’amakipe ane.

Amakipe abiri ya mbere mu itsinda azahita abona itike yo gukina icyiciro gikurikira cy’irushanwa.

Azakinira ku bibuga bya Olembe Stadium na Stade Ahmadou Ahidjo mu murwa mukuru Yaounde; Japoma Stadium i Douala, Limbe Stadium i Limbe, Kouekong Stadium i Bafoussam na Roumde Adjia Stadium i Garoua.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yamenyesheje amakipe agiye gukina igikombe cya Afurika ko nubwo ikipe izaba isigaranye abakinnyi 11 gusa abandi bose banduye Covid-19, bagomba kwitabira umukino.

Ni amabwiriza agomba kubahirizwa nubwo muri abo bakinnyi 11 nta n’umwe waba urimo usanzwe akina mu izamu.

Igihugu kizasiba umukino kizajya giterwa mpaga y’ibitego 2-0.

Aya mabwiriza yatangajwe nyuma y’uko ibihugu byinshi bikomeje guhura n’ubwandu bwa COVID-19  mu bakinnyi n’abatoza.

CAF yavuze ko mu gihe cyihariye, komite ishinzwe gutegura irushanwa izajya ifata icyemezo gikwiye.

- Advertisement -

Ku wa Gatanu nibwo Ikipe y’igihugu ya Misiri yakereje urugendo rwayo mu irushanwa, ndetse inahagarika imyitozo nyuma y’uko mu bakinnyi hari habonetsemo uburwayi.

Iyi kipe izwi nka ‘The Pharaohs’ yanegukanye iri rushanwa inshuro zirindwi, yerekeje muri Cameroon kuri uyu wa Gatandatu.

Ku rundi ruhande, rutahizamu Pierre-Emerick Aubameyang ni umwe mu bakinnyi babiri ba Gabon basanzwemo COVID-19 ku wa Kane.

Uretse kuri ibyo bihugu, Guinea iheruka gusiga mu Rwanda myugariro Mikael Dyrestam, umukinnyi wo hagati Morlaye Sylla na rutahizamu Seydouba Soumah, ubwo bari mumyiteguro mbere yo kwerekeza muri Cameroon.

Cape Verde na Gambia nabo bibasiwe n’ubwandu bushya mu makipe y’ibihugu, mu gihe Tunisia yatangaje ko hari abakinnyi banduye mbere yo kujya mu mwiherero ubanziriza iri rishanwa.

Kuri iki cyumweru rirafungurwa n’umukino uhuza Cameroon na Burkina Faso saa 18h00 kuri Olembe Stadium, ari nayo izakira umukino wa nyuma ku wa 7 Gashyantare 2022.

Ku nshuro ya mbere iri rushanwa rizifashisha ikoranabuhanga ry’amashusho (VAR) mu gukemura impaka ku bikorwa bimwe na bimwe biba bishidikanywaho.

Uko amatsinda y’irushanwa ateye

  • Itsinda A: Cameroon (yakiriye irushanwa), Burkina Faso, Cape Verde, Ethiopia
  • Itsinda B:Guinea, Malawi, Senegal, Zimbabwe
  • Itsinda C: Comoros, Gabon, Ghana, Morocco
  • Itsinda D: Misiri, Guinea Bissau, Nigeria, Sudan
  • Itsinda E:Algeria, Equatorial Guinea, Ivory Coast, Sierra Leone
  • Itsinda F: Gambia, Mali, Mauritania, Tunisia

 

TAGGED:AFCON 2022AfurikafeaturedIgikombe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yafatanywe Litiro 185 Za Kanyanga Azivanye Muri Uganda
Next Article Turashaka Ko Nituva Muri Mozambique, Ingabo Zabo Zizakomeza Kurinda Cabo Delgado- Col Rwivanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?