Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Wamenya Ku Mushinga w’Ibyogajuru U Rwanda Rushaka Kohereza Mu Isanzure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Ibyo Wamenya Ku Mushinga w’Ibyogajuru U Rwanda Rushaka Kohereza Mu Isanzure

admin
Last updated: 21 October 2021 12:42 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Isanzure (RSA) rwamaze kugeza ku kigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe kugenzura itumanaho (ITU), umushinga wo kohereza mu isanzure ibyiciro bibiri by’ibyogajuru bikorera hamwe, bya CINNAMON-217 na CINNAMON- 937.

Kwandikisha ibyogajuru muri ITU ni yo ntambwe y’ibanze iterwa iyo igihugu gikeneye kubyohereza mu isanzure, cyangwa iyo gishaka kubikora mu izina ry’abashoramari.

Umuyobozi Mukuru wa RSA, Colonel Francis Ngabo, yavuze ko ITU ibanza gutanga imiyoboro (frequency) ibyogajuru bikorerwaho, ikanatanga umwanya bizajyamo mu isanzure.

Ati “Ibyo bintu nibimara kuboneka, ITU imaze kubyemeza kandi tugasanga nta kibazo kizabamo mu gihe ibyo byogajuru bizaba birimo gukora cyangwa se bitazateza ikibazo ibindi byogajuru buri mu kirere, urugendo ruzakurikiraho ni urwo gushakisha ibyo byogajuru no kubishyira hamwe, kubihuza no kubyohereza kugirango bigere mu isanzure.” Yari kuri Televiziyo y’Igihugu.

Bitandukanye no kuba ari ibyogajuru bihari bitegereje koherezwa, Colonel Ngabo yavuze ko nyuma yo kubona uburenganzira hazakurikiraho kubishaka.

Biteganywa ko bizaba ari ibyogajuru 327,320 bizakorera mu isanzure hafi y’Isi. Bizaba biri mu ntera iri hagati ya kilometero 550-643.

Inyandiko za ITU zigaragaza ko ibyogajuru by’u Rwanda bizaba bigabanyije mu matsinda 27 agendera ku ntera zitandukanye, rimwe rigizwe n’ibyogajuru 12,960.

Colonel Ngabo yavuze ko nyuma yo kwandikisha ibyogajuru, hazakurikiraho gukurikirana ibijyanye n’imiterere yabyo n’uko bizabangikana n’ibindi mu isanzure.

Yakomeje ati “Nicyo cyiciro tugiye kujyamo, aho tuzahura n’ibihugu bifite ibyogajuru mu kirere cyangwa se ibihugu biteganya kohereza ibyogajuru mu kirere kandi bikaba bifite impungenge ko ibyogajuru twe tuzohereza bishobora kuzabateza ikibazo.”

“Bazaza batubwire, turebe ibijyanye na tekiniki, tubiganireho kugira ngo dukemure icyo kibazo. Ariko igihari ni uko nta cyogajuru bashobora kwemerera kujya mu kirere iyo babona ko gishobora guteza ibibazo.”

Col Ngabo yavuze ko ari umushinga uzungura byinshi u Rwanda, rukinjira mu ruhando rw’ibihugu bifite ubushake bwo gukoresha ibyogajuru ngo byiteze imbere.

Ati “Icya kabiri ni uko abashoramari bose bagiye kumenya ko u Rwanda ari igihugu gishobora gukorerwamo ishoramari mu bijyanye n’isanzure, kandi muri iyi minsi ni urwego rurimo kuzamuka cyane ku buryo nitubona abashoramari bashobora kugira icyizere cyo kuza mu Rwanda, bizaba bifite akamaro kanini ku Rwanda.”

Imibare mpuzamahanga igaragaza ko urwego rw’ibijyanye n’isanzure rufite agaciro ka miliyari $400, igice kinini kikaba ikijyanye n’ibyogajuru.

RSA yatangaje ko “amakuru arambuye ku biteganywa mu bijyanye n’isanzure ndetse na ruriya rusobe rw’ibyogajuru, azatangazwa mu mezi ari imbere.”

Ku wa 24 Nzeri u Rwanda rwohereje icyogajuru cya mbere rwakoze cyiswe RwaSat-1, kizamukira muri Tanegashima Space Center mu Buyapani.

Kigenda cyohereza amakuru ajyanye n’ubutaka, yifashishwa cyane n’inzego z’ifata ibyemezo mu rwego rw’ubuhinzi.

Rwasat-1 ireshya na 30cm z’uburebure na 10 cm z’ubugari, igapima 3.8 kg. Ifite kamera (camera) ebyiri zifasha mu gukurikirana amakuru yoherezwa ku isi.

Haje no koherezwa ikindi cyogajuru cyiswe ‘Icyerekezo’ cy’umushinga OneWeb, cyitezweho gukwirakwiza internet yihuta mu mashuri ari ahantu kure harimo Urwunge rw’Amashuri rwitiriwe Yozefu ku Nkombo, mu Karere ka Rusizi.

Mu gukomeza gutera intambwe mu bijyanye n’ibyogajuru, muri Mata 2021 hasohotse itegeko rishyiraho Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Isanzure.

Rwahawe inshingano zirimo gukora, guteza imbere ubushakashatsi no guhanga udushya mu bumenyi n’ikoranabuhanga by’isanzure hagamijwe kuzamura ubukungu, imibereho myiza y’abaturage n’umutekano w’Igihugu.

TAGGED:featuredFrancis NgaboIbyogajuruRwanda Space AgencyUrwego rw'u Rwanda rushinzwe Isanzure
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hadutse Ubundi Bwoko Bwa COVID-19 Bwiswe NU
Next Article Ni Ibintu Bibaho – RDC Yavuze Ku Basirikare Ba RDF Bageze Ku Butaka Bwayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?