Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Wamenya Kuri Serivisi Zemerewe Gukora Muri Guma Mu Rugo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibyo Wamenya Kuri Serivisi Zemerewe Gukora Muri Guma Mu Rugo

Last updated: 16 July 2021 10:23 am
Share
SHARE

Guhera kuri uyu wa Gatandatu, abaturarwanda bazinjira mu minsi 10 yo kuguma mu rugo nka bumwe mu buryo bwo guhagarika ikwirakwira rikabije ry’ubwandu bushya bwa COVID-19. Kubera ko ubuzima bw’abantu budahagarara, serivisi zifatwa nk’iz’ingenzi nizo gusa zizakomeza.

Imwe muri serivisi zafunzwe bigatungura benshi ni ubwo bamenyaga ko mu bice byashyizwe muri guma mu rugo, ni ukuvuga mu Mujyi wa Kigali n’Uturere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro, resitora zitemerewe gushyira abantu amafunguro mu ngo cyangwa kuyategurira abayatwara.

Mu mabwiriza yasohowe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yemeje ko muri serivisi zizakomeza harimo abakora imirimo yo kugemura ibicuruzwa.

Ubucuruzi buzakomeza gukora ni amasoko y’ibiribwa, ubucuruzi bw’inyama, amata n’ibiyakomokaho n’ubucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga.

Harimo kandi abakora imirimo yo kugenzura ibicuruzwa, serivisi za banki n’ibigo by’imari, ibigo by’ubwishingizi na mobile money, serivisi zo gutwara ibishingwe na serivisi z’isuku za ngombwa, serivisi za gasutamo, amahoro n’imisoro, ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli na gaz na serivisi z’itumanaho.

Biteganywa ko n’inganda zizajya zibanza gusaba uruhushya rutangwa na minisiteri.

Izizakomeza gukora ni iziri mu byiciro by’inganda zitunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, zivanamo ibiribwa n’ibinyobwa.

Izindi ni izikora ibikoresho byo kubaka, ibikoresho by’isuku, inganda zikora udupfukamunwa n’ibikoreshwa kwa muganga kimwe n’inganda zikora ibyo gupfunyikamo.

Ubucuruzi buzakomeza bwashyiriweho amabwiriza

Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda ivuga ko ubucuruzi buzakomeza gukora butagomba kurenza abakozi 30%, kandi ibikorwa byose bigafungwa saa kumi n’imwe.

Yakomeje iti “Abacuruzi barasabwa kuzajya basimburana mu masoko hakurikijwe uko byumvikanyweho n’ubuyobozi bw’amasoko acuruza ibiribwa, kandi hubahirijwe n’andi mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.”

Abacuruzi kandi basabwe kutazamura ibiciro bishingikirije ibi bihe bya guma mu rugo.

TAGGED:COVID-19featuredGuma mu RugoRDBResitoraUmujyi wa Kigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Izindi Mpunzi n’Abasaba Ubuhungiro Bavuye Muri Libya Bageze Mu Rwanda
Next Article U Bushinwa Bwasabye Amerika Kwirinda Kubukora Mu Jisho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?