Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyamamare Ellen DeGeneres Arateganya Gutura Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Icyamamare Ellen DeGeneres Arateganya Gutura Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2022 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
DeGeneres signs autographs following her Hollywood Walk of Fame star ceremony on Sept. 4, 2012, in Los Angeles.
SHARE

Umunyamerikakazi w’icyamamare kuri Televiziyo wakiriye ibindi byamamare bikomeye ku isi mu kiganiro yita The Ellen DeGeneres Show arateganya kugura inzu mu Rwanda akajya aza kuhaba kenshi.

Aherutse kubitangariza muri Tweet yakoze.

Yavuze ko yaje gusanga u Rwanda ari igihugu cyiza, gifite abantu bacyeye kandi bagira urugwiro.

Ni igihugu kandi yubatsemo ikigo gikora ubushakashatsi ku by’ingagi, akaba yaracyubatse mu Kinigi mu Karere ka Musanze mu rwego rwo gufasha abashaka kwiga iby’ingagi zo muri Pariki y’Ibirunga kubona aho bakorera ubushakashatsi.

Ubwo yagitahaga, yavuze ko yacyubatse mu rwego rwo kwibuka no gusigasira umurage wasizwe na Dian Fossey, Umunyamerika kazi watangije ikigo cyamwiritiriwe kitwa Dian Fossey Foundation kigamije gukora ubushakashatsi ku ngagi mu rwego rwo kurinda ko zazacika ku isi.

Muri Tweet ye, Ellen DeGeneres yagize ati: “ Ndi gutekereza uko nazajya gutura muri kiriya gihugu. Njye n’umufasha wanjye tuzagura iyo inzu, kandi tuzajya tumara igihe kinini mu Rwanda kuko ni igihugu cy’abantu bacyeye, bafite urugwiro kandi bishimye.”

I have looked up to Dian Fossey since I was 12 years old, and this past week in Rwanda, I was able to tour the Ellen Campus of the Fossey Fund. It has been so emotional and so incredible to see the impact it has already had. pic.twitter.com/ETWoqLAhzh

— Ellen DeGeneres (@EllenDeGeneres) June 6, 2022

Mu minsi yatambutse ariko hari amakuru yatangajwe na The Heat yavugaga ko

Ellen DeGeneres n’umugore we  Portia de Rossi bashobora gutandukana.

Portia de Rossi

Icyakora iriya nyandiko ikomeza ivuga ko DeGeneres afite umushinga w’igihe kirekire wo kuza mu gutura mu Rwanda kugira ngo abone uko akurikirana iby’ikigo yashinzwe kita ku ngagi zo mu Birunga.

Muri Gicurasi, 2018 Ellen yahuye na Perezida Kagame

Muri Gicurasi, 2018 Ellen yahuye na Perezida Kagame nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.

Hari kuwa Kabiri tariki 29 Gicurasi 2018.

Arengeje imyaka 60 y’amavuko akaba ku isabukuru y’imyaka 60 yarahawe impano n’umugore we Portia de Rossi yo kumushingira ikigo kizajya kita ku ngagi mu Rwanda kuko byari bisanzwe ari ibintu akunda.

Hagati aho biteganyijwe ko Ellen DeGeneres ari bufungure ku mugaragaro iriya nzu y’ubushakashatsi yubatse mu Kinigi.

TAGGED:EllenfeaturedIbirungaIngagiKagameKinigiMusanzeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagore Mu Ikoranabuhanga Mu Bucuruzi Bagirira Akamaro Bagenzi Babo
Next Article Umwami W’u Bubiligi Arasura Congo Kinshasa: Umubano W’Ibihugu Byombi Ni Hasi Hejuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?