Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyambu Cyo Ku Nkombo Ntigikora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyambu Cyo Ku Nkombo Ntigikora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2023 8:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatuye Umurenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi binubira ko icyambu cya Nkombo  kimaze igihe gifunzwe kandi ari cyo cyabahuzaga n’ibindi bice. Gutega ubwato birabahenda kandi ntibiborohereza guhura  n’abo mu bindi bice by’Uturere twa Rusizi na Nyamasheke.

Icyambu cyafunzwe ni icy’ahitwa ku Gaturo.

Ubuyobozi bwabwiye itangazamakuru ko kiriya cyambu cyafunzwe kubera umutekano muke uri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abaturage bavuga ko mbere y’icyorezo cya COVID-19, bari bafite ahantu habiri bategeraga ubwato.

Nyuma hamwe muri ho haje gufungwa.

Ingaruka zabaye iz’uko urugendo rwo kujya kuri kiriya cyambu no kugaruka ruba rurerure.

Bakoresha amasaha abiri kugira ngo bagere ku cyambu kimwe ‘rukumbi’ bategeraho ubwato bajya hakurya y’ikirwa.

Icyo kirwa bakoresha ni icy’ahitwa ku Nyankumbira.

Umuturage uhatuye agira ati: “Ni icyambu kimwe gusa dufite cyo ku Nyankumbira, gupanga urugendo rwo kujya Kamembe cyangwa ku Nkanka ugenda amasaha abiri kugira ngo ugere aho ufatira ubwato, ugasanga ari ikibazo.”

Ababazwa n’uko hari icyambu cyafunzwe mu gihe cya COVID-19 ariko kugeza n’ubu kikaba kigifunzwe.

Ati “Icyambu cyo ku Gaturo twakoreshaga ntikigikoreshwa bahafunze mu gihe cya COVID-19,  niba bishoboka badufungurira icyo cyambu.”

Kizafungurwa ari uko umutekano wagarutse muri DRC…

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi witwa Dr. Kibiriga Anicet yabwiye UMUSEKE ko  kiriya cyambu cyafunzwe kubera umutekano muke uri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Asezeranya ko igihe cyose umutekano uzaba wagarutse  muri za Kivu, icyambu kizafungurwa.

Ati: “Ibyambu byafunzwe kubera ibibazo biri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Guhita ugifungura ntabwo ari ibintu byo kwihutira. Bizakorwa mu bushishozi, icya mbere dukomeyeho ni umutekano, umuturage utamucungiye umutekano byose byaba ari impfabusa. Byose bizarebwaho bibashe gukemuka.”

Umurenge wa Nkombo ni umwe mu mirenge 18 y’Akarere ka Rusizi. Ugizwe n’utugari dutanu tuba  mu kirwa rwagati mu kiyaga cya Kivu.

TAGGED:AbaturagefeaturedInkomboKibirigaKivuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Yahushije Umugore We Atema Umwana We
Next Article Kenya: Ubwoba Ni Bwose Kubera Imyigaragambyo Y’Abashyigikiye Odinga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?