Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyayi N’Ikawa By’u Rwanda Bikunzwe Mu Mahanga Kurusha Ibyera Henshi Mu Karere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Icyayi N’Ikawa By’u Rwanda Bikunzwe Mu Mahanga Kurusha Ibyera Henshi Mu Karere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 August 2022 12:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi ni ibyemezwa n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi, NAEB.

Iki kigo  cyatangaje ko ku isoko mpuzamahanga ubu ikilo cy’ikawa y’u Rwanda kigeze ku mpuzandengo ya Frw 5000, mu gihe icy’icyayi ari cyo Frw 3000.

Uko gukundwa kw’ibi bihingwa kwashyize igitutu ku bakora ubuhinzi bwabyo ngo bazamure umusaruro kugira ngo bahaze iryo soko.

Ikawa n’icyayi nibyo bihingwa ngengabukungu u Rwanda rukuraho amadovize menshi kurusha ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abahinzi icyayi n’ikawa n’abahabwa akazi mu gihe cy’isarura n’itunganywa ry’ibi bihingwa bavuga ko bibafitiye amakaro kanini kuko byatumye binjiza amafaranga.

Ikigo NAEB kivuga ko imibare gifite yerekana ko ibiciro by’icyayi n’ikawa by’u Rwanda bikomeje kuza imbere ugereranyije n’ibyo mu Karere ruherereyemo.

Mu mwaka wa 2021/2022, ikilo cya kawa ku isoko mpuzamahanga cyaguzwe ku mpuzandengo ya $  4.9 kivuye kuri $3.6 mu mwaka wa  2020/2021 na $ 3.1 mu mwaka wa  2019/2020.

Mu mwaka wa 2021/2022 umusaruro w’ikawa u Rwanda rwohereje mu mahanga waragabanutse kuko wavuye kuri toni 16,881 muri 2020/2021 ugera kuri toni 15,416 muri 2021/2022.

Imibare kandi yerekana ko mu mwaka ushize w’ingengo y’imari,  ikawa yinjije  miliyoni $ 75,615,669 mu gihe mu mwaka wawubanjirije yari yinjije miliyoni $ 61,605,410.

- Advertisement -

Abahinga Ikawa n’icyayi bagenewe ‘nkunganire’.

Bwana Alex Nkurunziza ushinzwe ishami ry’ikawa, icyayi n’ibireti muri NAEB yabwoye RBA ko Leta yageneye’ nkunganire’ ku ifumbire ikoreshwa mu buhinzi bw’icyayi, ikawa n’ibireti.

Mu ntego za Leta y’u Rwanda harimo iy’uko bitarenze umwaka wa 2024, ibikomoka ku buhinzi bizajya byinjiriza u Rwanda agera kuri Miliyari $1.

Ni mu gihe mu mwaka wa 2020/2021, u Rwanda rwinjije $ 444,862,189 aturutse ku bicuruzwa bikomoka ku buhinzi.

TAGGED:AkarereIcyayiIkawaNAEB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Irabahigisha Uruhindu
Next Article Nyamagabe: Umukecuru Yikiriye Iwe Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?