Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyayi N’Ikawa By’u Rwanda Bikunzwe Mu Mahanga Kurusha Ibyera Henshi Mu Karere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Icyayi N’Ikawa By’u Rwanda Bikunzwe Mu Mahanga Kurusha Ibyera Henshi Mu Karere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 August 2022 12:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi ni ibyemezwa n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi, NAEB.

Iki kigo  cyatangaje ko ku isoko mpuzamahanga ubu ikilo cy’ikawa y’u Rwanda kigeze ku mpuzandengo ya Frw 5000, mu gihe icy’icyayi ari cyo Frw 3000.

Uko gukundwa kw’ibi bihingwa kwashyize igitutu ku bakora ubuhinzi bwabyo ngo bazamure umusaruro kugira ngo bahaze iryo soko.

Ikawa n’icyayi nibyo bihingwa ngengabukungu u Rwanda rukuraho amadovize menshi kurusha ibindi.

Abahinzi icyayi n’ikawa n’abahabwa akazi mu gihe cy’isarura n’itunganywa ry’ibi bihingwa bavuga ko bibafitiye amakaro kanini kuko byatumye binjiza amafaranga.

Ikigo NAEB kivuga ko imibare gifite yerekana ko ibiciro by’icyayi n’ikawa by’u Rwanda bikomeje kuza imbere ugereranyije n’ibyo mu Karere ruherereyemo.

Mu mwaka wa 2021/2022, ikilo cya kawa ku isoko mpuzamahanga cyaguzwe ku mpuzandengo ya $  4.9 kivuye kuri $3.6 mu mwaka wa  2020/2021 na $ 3.1 mu mwaka wa  2019/2020.

Mu mwaka wa 2021/2022 umusaruro w’ikawa u Rwanda rwohereje mu mahanga waragabanutse kuko wavuye kuri toni 16,881 muri 2020/2021 ugera kuri toni 15,416 muri 2021/2022.

Imibare kandi yerekana ko mu mwaka ushize w’ingengo y’imari,  ikawa yinjije  miliyoni $ 75,615,669 mu gihe mu mwaka wawubanjirije yari yinjije miliyoni $ 61,605,410.

Abahinga Ikawa n’icyayi bagenewe ‘nkunganire’.

Bwana Alex Nkurunziza ushinzwe ishami ry’ikawa, icyayi n’ibireti muri NAEB yabwoye RBA ko Leta yageneye’ nkunganire’ ku ifumbire ikoreshwa mu buhinzi bw’icyayi, ikawa n’ibireti.

Mu ntego za Leta y’u Rwanda harimo iy’uko bitarenze umwaka wa 2024, ibikomoka ku buhinzi bizajya byinjiriza u Rwanda agera kuri Miliyari $1.

Ni mu gihe mu mwaka wa 2020/2021, u Rwanda rwinjije $ 444,862,189 aturutse ku bicuruzwa bikomoka ku buhinzi.

TAGGED:AkarereIcyayiIkawaNAEB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Irabahigisha Uruhindu
Next Article Nyamagabe: Umukecuru Yikiriye Iwe Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Rugiye Kuzuza Ikigega Cya Gazi Yakoreshwa Amezi Abiri Ntayitumijwe Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?