Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyizere Bijoux Wo Muri Bamenya Yari Afite Cyo Kubana N’Uwamwambitse Impeta Cyayoyotse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Icyizere Bijoux Wo Muri Bamenya Yari Afite Cyo Kubana N’Uwamwambitse Impeta Cyayoyotse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 January 2021 9:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Munezero Aline wamenyekanye ku izina rya Bijoux muri filimi z’uruhererekane ziswe Bamenya yatangaje ko hashize iminsi mike atandukanye  n’uwari umukunzi we witwa Abijuru  Benjamin (King Bent) wari waramwambitse impeta y’urukundo amuteguza ko bazarushinga.

Kuwa 28 Kanama 2020 nibwo Aline yambitswe impeta na Abijuru nyuma y’igihe kirekire bari bamaze bakundana.

Nk’uko byagaragaye ku rukuta rwa Instagram rwa Aline yagize ati “Inzozi zanjye zirasubijwe kuko ngiye kurushinga nuwo umutima wanjye wishimira.”

Aline yavuze ko  impeta yambitswe ari impano idasanzwe  yakiriye mu buzima bwe  kandi ko yishimiye gusangira iminsi y’ubuzima bwe n’umukunzi w’agatangaza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri uyu wa 22 Mutarama 2021 nibwo Munezero Aline yabwiye Isimbi TV ko yatandukanye na Abijuru  buri umwe aca ukwe .

Yavuze ko hari byinshi batumvikanyeho  ariko atemeye ko bitangazwa ariko ahamya ko yamaze kwakira gutandukana n’uwari umukunzi we.

Ngo yatangiye ubuzima bushya.

Aline[Bijoux] ati: “ Umuhungu wanyambitse impeta twaratandukanye. Hari igihe umuntu aba ari mwiza ku isura iriko wenda ibyo ashaka cyangwa imiterereye Atari byo wowe ushaka cyangwa se ntimunahuze.”

Yirinze kuvuga ko King Bet yamubereye mubi, akemeza ko nawe[Bijoux] atari miseke igoroye.

- Advertisement -

Munezero Aline yavuze ko nyuma yo gutandukana na Abijuru yabonye undi mukunzi.

Mu rwego rwo gukurira inzira ku murima King Bet no gukuraho urujijo mu bafana be, Bijoux yahisemo gusiba amafoto yose yifotoje ubwo yambikwaga impeta n’uwahoze ari umukunzi we.

 Intiti mu mibanire y’abantu iti: “ Iby’ubu uko bije niko bigenda”

Umwarimu wo ku rwego rwa Kaminuza mu mibanire y’abantu(Sociologie) Prof Franҫois Masabo yabwiye Taarifa ko kuba abantu bambikana impeta ibanziriza iy’ubukwe ariko bikaza guhagarara akenshi biterwa n’uko babanye mu rukundo rwabo mbere y’uko bayambikana.

Ikindi ngo ni uko kuba muri iki gihe abantu babiri ari bo bahitamo kurambagizanya hagati yabo, ibyabo bakabyimenyera, iyo babishwaniyemo bibagora kuba bakwiyunga.

Prof Masabo ati: “Hambere urukundo rw’umuhungu n’umukobwa rwabaga rufite abantu barucunga bakamenya uko ruhagaze, hagira igitotsi kiruzamo bakaba bagitokora hakiri kare, bagafasha abakundana kuguma mu rukundo rwabo. Muri iki gihe byarahindutse, byabaye ibya babiri byabananira bikaba ikibazo.”

Ikindi avuga ni uko umusore n’inkumi bakundana mu buryo bwihuse, urukundo rugashyuha ariko nturutinde gukonja.

Iyo bigeze ku byamamare ho bifata indi sura…

Masabo avuga ko ibyamamare bihura n’ikibazo cyo gushaka gukora ubukwe nk’uko abandi batari ibyamamare babukora kandi kuba icyamamare bitabyemera.

Yatubwiye ko ibyamamare bihura n’ingorane yo kudatandukanya ibyo amategeko y’umubano w’umugabo n’umugore ateganya n’ibyo kuba icyamamare bisaba.

Avuga icyamamare iyo gishatse umugore kikabikora binyuze mu nzira zigenwa n’amategeko igihe kigera kikazahura n’ingorane zo kubaho nk’uwubatse urugo no kubaho nk’icyamamare kigomba kurebwa n’abandi bantu.

Ibi bituma hari ibyamamare[si byose] bisenya ingo kuko abo bashakanye babibera imbogamizi mu kwisanzura no kwitwara nk’ibyamamare bibaho bitewe n’uko abandi babishaka.

 

TAGGED:AbijuruBijouxfeaturedMasaboMunezero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rayon Sports Niyo Kipe ‘Ihagaze Neza’ Mu Rwanda- CAF
Next Article Burundi: Perezida Ndayishimiye Ntakiyobora Ishyaka Riri Ku Butegetsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?