Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyizere Melodie Yari Afite Cyo Gukorana Indirimbo Na Olomide Cyaraje Amasinde
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Icyizere Melodie Yari Afite Cyo Gukorana Indirimbo Na Olomide Cyaraje Amasinde

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2021 9:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi ukunzwe kurusha abandi mu Rwanda muri iki gihe witwa Bruce Melodie yari amaze igihe mu biganiro n’umwami wa Rumba Koffi Olomide by’uko bazakorana indirimbo, ariko iki cyizere cyaraje amasinde ku munota wa nyuma…

IGIHE itangaza ko amakuru yahawe n’abantu bari hafi ya Koffi Olomide avuga ko nyuma y’igitaramo iki cyamamare cyakoreye muri Kigali Arena, cyahise kijya kwiruhukira, Bruce Melodie ategereza ko Koffi Olomide ari bumusange muri Studio kwa Element bagakorana indirimbo, ikirari kiruma!

Ntawamenya niba Koffi Olomide yarahisemo guhagarika umugambi wo gukorana indirimbo na Melodie ku bwende cyangwa niba koko yari ananiwe, akumva ibyiza ari ukuruhuka.

Gusa amakuru avuga ko umugambi wo gukorana  kwa Bruce Melodie na Koffi Olomide watangiye ubwo Melodie yumvaga ko Koffi  azaza gutaramira Abanyarwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ngo ibiganiro byagenze neza kugeza ku munota wa nyuma ubwo Melodie yajyaga kwa Producer Element kwitegura gukorana indirimbo na Grand Mopao ariko undi ntaze.

Ikinyamakuru ducyesha iyi nkuru kivuga ko nyuma y’igitaramo Olomide yakoreye muri Kigali Arena tariki 04, Ukuboza, 2021 yahuye na Bruce Melodie bongera kunoza umugambi wabo.

Inkuru ikomeza ivuga ko birangiye Bruce Melodie yahise ajya kuri Country Records kwa Element atangira umushinga w’indirimbo yari bukorwe na Producer Element.

Abantu bari hafi aho batekereje ko Koffi Olomide wari ukiva ku rubyiniro ashobora kuba yari yagiye kwitera amazi ngo afate ubuyanja, yinjire muri studio afite amafu, ariko baramutegereje amaso ahera mu kirere!

Kubera ko nta kundi byari kugenda, umuhanzi Bruce Melodie yahisemo gukora iyo ndirimbo wenyine.

- Advertisement -

IGIHE gifite amakuru avuga ko mubyo Koffi Olomide atumvikanyeho na Bruce Melodie harimo n’amafaranga.

Gusa ngo hari icyizere ko mu gihe kiri imbere Bruce Melodie azakorana indirimbo na Koffi Olomide umwe mu bahanzi bakomeye kurusha abandi muri Afurika kandi uzwi henshi ku isi.

 

TAGGED:BrucefeaturedIndirimboKoffiMelodieOlomode
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyitezwe Ku Mupaka Ugezweho Wa Rusizi II Uzahuza U Rwanda Na RDC
Next Article Muri Gasabo Abana 10 Bafatiwe Mu Kabari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?