Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyizere Melodie Yari Afite Cyo Gukorana Indirimbo Na Olomide Cyaraje Amasinde
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Icyizere Melodie Yari Afite Cyo Gukorana Indirimbo Na Olomide Cyaraje Amasinde

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2021 9:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi ukunzwe kurusha abandi mu Rwanda muri iki gihe witwa Bruce Melodie yari amaze igihe mu biganiro n’umwami wa Rumba Koffi Olomide by’uko bazakorana indirimbo, ariko iki cyizere cyaraje amasinde ku munota wa nyuma…

IGIHE itangaza ko amakuru yahawe n’abantu bari hafi ya Koffi Olomide avuga ko nyuma y’igitaramo iki cyamamare cyakoreye muri Kigali Arena, cyahise kijya kwiruhukira, Bruce Melodie ategereza ko Koffi Olomide ari bumusange muri Studio kwa Element bagakorana indirimbo, ikirari kiruma!

Ntawamenya niba Koffi Olomide yarahisemo guhagarika umugambi wo gukorana indirimbo na Melodie ku bwende cyangwa niba koko yari ananiwe, akumva ibyiza ari ukuruhuka.

Gusa amakuru avuga ko umugambi wo gukorana  kwa Bruce Melodie na Koffi Olomide watangiye ubwo Melodie yumvaga ko Koffi  azaza gutaramira Abanyarwanda.

Ngo ibiganiro byagenze neza kugeza ku munota wa nyuma ubwo Melodie yajyaga kwa Producer Element kwitegura gukorana indirimbo na Grand Mopao ariko undi ntaze.

Ikinyamakuru ducyesha iyi nkuru kivuga ko nyuma y’igitaramo Olomide yakoreye muri Kigali Arena tariki 04, Ukuboza, 2021 yahuye na Bruce Melodie bongera kunoza umugambi wabo.

Inkuru ikomeza ivuga ko birangiye Bruce Melodie yahise ajya kuri Country Records kwa Element atangira umushinga w’indirimbo yari bukorwe na Producer Element.

Abantu bari hafi aho batekereje ko Koffi Olomide wari ukiva ku rubyiniro ashobora kuba yari yagiye kwitera amazi ngo afate ubuyanja, yinjire muri studio afite amafu, ariko baramutegereje amaso ahera mu kirere!

Kubera ko nta kundi byari kugenda, umuhanzi Bruce Melodie yahisemo gukora iyo ndirimbo wenyine.

IGIHE gifite amakuru avuga ko mubyo Koffi Olomide atumvikanyeho na Bruce Melodie harimo n’amafaranga.

Gusa ngo hari icyizere ko mu gihe kiri imbere Bruce Melodie azakorana indirimbo na Koffi Olomide umwe mu bahanzi bakomeye kurusha abandi muri Afurika kandi uzwi henshi ku isi.

 

TAGGED:BrucefeaturedIndirimboKoffiMelodieOlomode
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyitezwe Ku Mupaka Ugezweho Wa Rusizi II Uzahuza U Rwanda Na RDC
Next Article Muri Gasabo Abana 10 Bafatiwe Mu Kabari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?