Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Abo Mu Rugaga Rw’Abaganga Mu Rwanda Batangaza Ku Ifungwa Ry’Ibitaro Byigenga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyo Abo Mu Rugaga Rw’Abaganga Mu Rwanda Batangaza Ku Ifungwa Ry’Ibitaro Byigenga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2021 3:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi mu Rugaga  nyarwanda rw’abaganga rwitwa Rwanda Medical and Dental Council bavuga ko n’ubwo batashyigikira bagenzi babo bitwaye nabi bikaviramo umurwayi urupfu, ariko ko gufunga ibitaro nabyo byatumye hari ababura akazi.

Bavuga ko byari bube byiza kurushaho iyo harebwa impande zombi, hakabaho guhana ariko nanone ntihabeho gufunga ibitaro kuko hari abakozi batakaje akazi kandi bitari ngombwa.

Mu minsi micye ishize hari inkuru zanditswe zivuga ku kiswe ‘uburangare’ bwatumye hari umugore umwe ugwa ku iseta y’ibitaro byitwa Baho International Hospital.

Uyu mugore yitwaga Chantal Ngwinondebe, akaba yari afite imyaka 54 y’amavuko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yaguye mu bitaro ubwo yari yagiye kwikuzamo icyuma yari amaranye igihe muri nyababyeyi ariko kukimukuramo neza ntibyakunda ahubwo ahasiga ubuzima.

Nyuma ibitaro byaje gufungwa mu gihe kitazwi.

Bidateye kabiri,  abaganga babiri barimo utera ikinya witwa Dr Alfred Mugemanshuro na Gaspard Ntahonkiriye usanzwe ubanga akavura indwara zifata imyanya myibarukiro y’abagore bakorewe amadosiye bikaba biteganyijwe  ko mu minsi micye iri imbere bazitaba urukiko.

Abo mu rugaga rw’abaganga hari icyo bavuga kuri iki kintu…

Abo muri uru rugaga bavuga ko nyuma y’uko biriya bitaro bifunzwe, ababikoragamo bagataha, muri iki gihe bari gukurikiranira hafi uko ibintu bimeze.

- Advertisement -

Hari n’ibindi bitaro byitwa MBC Hospitals by’i Nyarugenge nabyo byafunzwe nyuma gato y’ibya Baho.

Umuyobozi w’umusigire w’Urugaga nyarwanda rw’abaganga witwa Dr. Jean Claude Byiringiro yabwiye The New Times ko urugaga rwabo rudashidikanya ko mu isuzuma ryakozwe n’inzego z’ubuzima hari ibyo ryasanze bituzuye mu byerekeye isuku byahereweho hafungwa biriya bitaro.

Ku rundi ruhande, Dr Byiringiro avuga ko mu gufunga biriya bitaro hari abantu bahatakarije akazi, barimo n’abagize Urugaga ayoboye.

Yabwiye kiriya kinyamakuru ati: “ Ni byiza ko buri gihe harebwa impande zose harimo no kureba ingaruka zazava k’ugufunga ibitaro mu gihe runaka. Aha ariko birumvikana ko no kureba ku mutekano n’isuku by’abarwayi ari ingenzi.”

Byiringiro avuga ko abo muri ruriya rugaga bazakomeza nabo gusuzuma bakareba niba koko hari ubunyamwuga bucye no kutagira icyo bitaho byakozwe na bariya baganga.

Ngo bazakora isuzuma ryimbitse cyane k’uburyo bazabona ibishobora kuba baranabonywe mbere kandi bazabigeza kuri Minisiteri y’ubuzima.

Avuga nanone ko nibaramuka babonye ibimenyetso by’uko hari ibitarakozwe ‘nkana’ bikaza gutuma hari abantu bahasiga ubuzima bashobora kuzasaba Minisiteri y’ubuzima guhagarika burundu kimwe cyangwa byombi muri biriya bitaro.

TAGGED:BahofeaturedIbitaroMinisiteriMugangaNyarutaramaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Yakoze Ikoranabuhanga Rizabuza Abajura Kugurisha Ibyo Bibye
Next Article Muri Nyaruguru Imvura Igiye Kumara Amasaha 20 Idakuraho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?