Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Afurika Ikeneye Ni Ubufatanye- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyo Afurika Ikeneye Ni Ubufatanye- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2023 10:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yasubizaga ibibazo by’abanyamakuru  bo muri Bénin, Perezida Paul Kagame uri yo mu ruzinduko rw’akazi, yababwiye ko icyo Abanyafurika bakeneye kurusha ibindi ari ubufatanye.

Avuga ko ubwo bufatanye buzatuma batera imbere binyuze mu  kwigira ku bandi kuko akenshi n’ibibazo by’Abanyafurika biba bisa.

Perezida Kagame yari ari kumwe na mugenzi we uyobora Bénin witwa Patrice Talon ubwo bagezaga ikiganiro ku banyamakuru.

Talon yahaye Kagame ikaze i Cotonou kandi amubwira ko yishimira ubufatanye igihugu cye gifitanye n’u Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko hari abaturage b’igihugu cye bakorera mu Rwanda kandi ngo kuba hari n’Abanyarwanda bakora mu nzego zikomeye za Bénin nta gitangaza abantu bagombye kubibonamo kuko hari n’abanyamahanga bo mu Burengerazuba bw’isi bahakorera.

Ati: “ Bénin ifunguye ku bantu bose bafite icyo bayifasha ngo itere imbere. Si Abanyarwanda gusa bahari rero kuko hari n’abanya Sénégal n’abandi bo mu Burengerazuba bw’isi bahakorera.”

Intumwa z’u Rwanda n’iza Bénin basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zirimo ubucuruzi, ubukerarugendo, ubufatanye mu bya gisirikare no mu zindi nzego.

Kuri uyu wa 16, Mata, 2023, Perezida Kagame yaganiriye n’urubyiruko rwo muri kiriya gihugu rwibumbiye mu muryango ugamije kuruhugura mu gutekereza no guhanga imishinga izateza imbere  Bénin.

Ihuriro ry’uru rubyiruko baryise Sèmè City. Abasore n’inkumi 100 nibo baje kumutega amatwi.

- Advertisement -

Perezida Kagame arava i Cotonou agana i Conakry muri Guinnée guhura n’umuyobozi w’iki gihugu ngo baganire ku yindi mishinga ibihugu byombi byafatanyamo.

Yaganiriye n’urubyiruko rwo muri Benin
Hari abo yashyikirije ibihembo
TAGGED:AbanyarwandaAfurikaBéninfeaturedKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Irushanwa Ku Kirango Cya Stade Amahoro
Next Article Inkongi Yibasiye Inzu Y’i Dubai
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?