Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Afurika Ikeneye Ni Ubufatanye- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyo Afurika Ikeneye Ni Ubufatanye- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2023 10:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yasubizaga ibibazo by’abanyamakuru  bo muri Bénin, Perezida Paul Kagame uri yo mu ruzinduko rw’akazi, yababwiye ko icyo Abanyafurika bakeneye kurusha ibindi ari ubufatanye.

Avuga ko ubwo bufatanye buzatuma batera imbere binyuze mu  kwigira ku bandi kuko akenshi n’ibibazo by’Abanyafurika biba bisa.

Perezida Kagame yari ari kumwe na mugenzi we uyobora Bénin witwa Patrice Talon ubwo bagezaga ikiganiro ku banyamakuru.

Talon yahaye Kagame ikaze i Cotonou kandi amubwira ko yishimira ubufatanye igihugu cye gifitanye n’u Rwanda.

Yavuze ko hari abaturage b’igihugu cye bakorera mu Rwanda kandi ngo kuba hari n’Abanyarwanda bakora mu nzego zikomeye za Bénin nta gitangaza abantu bagombye kubibonamo kuko hari n’abanyamahanga bo mu Burengerazuba bw’isi bahakorera.

Ati: “ Bénin ifunguye ku bantu bose bafite icyo bayifasha ngo itere imbere. Si Abanyarwanda gusa bahari rero kuko hari n’abanya Sénégal n’abandi bo mu Burengerazuba bw’isi bahakorera.”

Intumwa z’u Rwanda n’iza Bénin basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zirimo ubucuruzi, ubukerarugendo, ubufatanye mu bya gisirikare no mu zindi nzego.

Kuri uyu wa 16, Mata, 2023, Perezida Kagame yaganiriye n’urubyiruko rwo muri kiriya gihugu rwibumbiye mu muryango ugamije kuruhugura mu gutekereza no guhanga imishinga izateza imbere  Bénin.

Ihuriro ry’uru rubyiruko baryise Sèmè City. Abasore n’inkumi 100 nibo baje kumutega amatwi.

Perezida Kagame arava i Cotonou agana i Conakry muri Guinnée guhura n’umuyobozi w’iki gihugu ngo baganire ku yindi mishinga ibihugu byombi byafatanyamo.

Yaganiriye n’urubyiruko rwo muri Benin
Hari abo yashyikirije ibihembo
TAGGED:AbanyarwandaAfurikaBéninfeaturedKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Irushanwa Ku Kirango Cya Stade Amahoro
Next Article Inkongi Yibasiye Inzu Y’i Dubai
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

Amerika Irototera Kuzakorera Iran Nk’Ibyo Yakoreye Venezuela

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu mahanga

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?