Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo J. Bosco Mutangana Avuga Ku Urwego Rushya Rwita Ku Bakorewe Icyaha Cy’Icuruzwa Ry’Abantu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Icyo J. Bosco Mutangana Avuga Ku Urwego Rushya Rwita Ku Bakorewe Icyaha Cy’Icuruzwa Ry’Abantu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2021 8:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamategeko Jean Bosco Mutangana wigeze kuba Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika yabwiye Taarifa ko Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena Urwego rushinzwe gutanga ibikenerwa mu gufasha uwakorewe icyaha cy’icuruzwa ry’abantu ari intambwe nziza kandi ihuje n’amasezerano mpuzamahanga u Rwanda rwashyizeho umukono agamije guha ubutabera abakorewe icyaha cy’icuruzwa ry’abantu.

Ni amasezerano yiswe Palermo Protocol, yasinyiwe mu Butaliyani.

Mu Cyongereza yiswe Protocol to Prevent, Suppress and Punish Trafficking in Persons Especially Women and Children, supplementing the United Nations Convention against Transnational Organized Crime, 2000.

Mu Kinyarwanda tugenekereje ni ‘Amasezerano agamije gukumira, kuburizamo no guhana abacuruza abantu by’umwihariko abagore n’abana, akaba yunganira Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye agamije guhana ibikorwa by’ubugome byambukiranya imipaka yasinywe mu mwaka wa 2000.’

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu mwaka wa 2012 nibwo icyaha cyo gucura abantu cyashyiriweho itegeko rigihana, rikaba ari itegeko No 01/2012/OL ryashyizweho tariki 02, Gicurasi, 2012.

Icyo gihe nibwo itegeko rihana iki cyaha ryinjijwe no  mu mategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Mu mwaka wa 2018 hatowe irindi tegeko ryihariye ryo ku itariki 13, Kanama, 2018 naryo rigamije guhana mu buryo bwihariye kiriya cyaha.

Ryatangajwe mu Igazeti ya Leta N° 39 ryo ku wa 24, Nzeri, 2019.

Umunyamategeko Jean Bosco Mutangana avuga gushyiraho ruriya rwego ari ibyo kwishimira kuko iyo umuntu yakorewe icyaha nka kiriya bigira ingaruka kuri we, bikamushegesha bityo akaba aba agomba kwitabwaho kugira ngo yongere yigarurire icyizere kandi yisange mu bandi.

- Advertisement -

Ikindi ashima ni uko u Rwanda rurinda umwirondoro w’uwakorewe icyaha, rukabarinda kwiyumva nk’igicibwa kandi rugakora uko rushoboye rukazana abakorewe kiriya cyaha aho baba bari hose ku isi, bakagarurwa iwabo.

Muri iki gihe ari gukorera impamyabumenyi y’ikirenga mu by’amategeko muri Kaminuza ya Tilburg mu Buholandi.

TAGGED:featuredMutanganaUbushinjacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo Yuriye Igiti Arahanuka Polisi Imutabara Yahanamye Mo
Next Article Izindi Mpunzi n’Abasaba Ubuhungiro Bavuye Muri Libya Bageze Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?