Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo J. Bosco Mutangana Avuga Ku Urwego Rushya Rwita Ku Bakorewe Icyaha Cy’Icuruzwa Ry’Abantu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Icyo J. Bosco Mutangana Avuga Ku Urwego Rushya Rwita Ku Bakorewe Icyaha Cy’Icuruzwa Ry’Abantu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2021 8:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamategeko Jean Bosco Mutangana wigeze kuba Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika yabwiye Taarifa ko Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena Urwego rushinzwe gutanga ibikenerwa mu gufasha uwakorewe icyaha cy’icuruzwa ry’abantu ari intambwe nziza kandi ihuje n’amasezerano mpuzamahanga u Rwanda rwashyizeho umukono agamije guha ubutabera abakorewe icyaha cy’icuruzwa ry’abantu.

Ni amasezerano yiswe Palermo Protocol, yasinyiwe mu Butaliyani.

Mu Cyongereza yiswe Protocol to Prevent, Suppress and Punish Trafficking in Persons Especially Women and Children, supplementing the United Nations Convention against Transnational Organized Crime, 2000.

Mu Kinyarwanda tugenekereje ni ‘Amasezerano agamije gukumira, kuburizamo no guhana abacuruza abantu by’umwihariko abagore n’abana, akaba yunganira Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye agamije guhana ibikorwa by’ubugome byambukiranya imipaka yasinywe mu mwaka wa 2000.’

Mu mwaka wa 2012 nibwo icyaha cyo gucura abantu cyashyiriweho itegeko rigihana, rikaba ari itegeko No 01/2012/OL ryashyizweho tariki 02, Gicurasi, 2012.

Icyo gihe nibwo itegeko rihana iki cyaha ryinjijwe no  mu mategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Mu mwaka wa 2018 hatowe irindi tegeko ryihariye ryo ku itariki 13, Kanama, 2018 naryo rigamije guhana mu buryo bwihariye kiriya cyaha.

Ryatangajwe mu Igazeti ya Leta N° 39 ryo ku wa 24, Nzeri, 2019.

Umunyamategeko Jean Bosco Mutangana avuga gushyiraho ruriya rwego ari ibyo kwishimira kuko iyo umuntu yakorewe icyaha nka kiriya bigira ingaruka kuri we, bikamushegesha bityo akaba aba agomba kwitabwaho kugira ngo yongere yigarurire icyizere kandi yisange mu bandi.

Ikindi ashima ni uko u Rwanda rurinda umwirondoro w’uwakorewe icyaha, rukabarinda kwiyumva nk’igicibwa kandi rugakora uko rushoboye rukazana abakorewe kiriya cyaha aho baba bari hose ku isi, bakagarurwa iwabo.

Muri iki gihe ari gukorera impamyabumenyi y’ikirenga mu by’amategeko muri Kaminuza ya Tilburg mu Buholandi.

TAGGED:featuredMutanganaUbushinjacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo Yuriye Igiti Arahanuka Polisi Imutabara Yahanamye Mo
Next Article Izindi Mpunzi n’Abasaba Ubuhungiro Bavuye Muri Libya Bageze Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?