Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo J. Bosco Mutangana Avuga Ku Urwego Rushya Rwita Ku Bakorewe Icyaha Cy’Icuruzwa Ry’Abantu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Icyo J. Bosco Mutangana Avuga Ku Urwego Rushya Rwita Ku Bakorewe Icyaha Cy’Icuruzwa Ry’Abantu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2021 8:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamategeko Jean Bosco Mutangana wigeze kuba Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika yabwiye Taarifa ko Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena Urwego rushinzwe gutanga ibikenerwa mu gufasha uwakorewe icyaha cy’icuruzwa ry’abantu ari intambwe nziza kandi ihuje n’amasezerano mpuzamahanga u Rwanda rwashyizeho umukono agamije guha ubutabera abakorewe icyaha cy’icuruzwa ry’abantu.

Ni amasezerano yiswe Palermo Protocol, yasinyiwe mu Butaliyani.

Mu Cyongereza yiswe Protocol to Prevent, Suppress and Punish Trafficking in Persons Especially Women and Children, supplementing the United Nations Convention against Transnational Organized Crime, 2000.

Mu Kinyarwanda tugenekereje ni ‘Amasezerano agamije gukumira, kuburizamo no guhana abacuruza abantu by’umwihariko abagore n’abana, akaba yunganira Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye agamije guhana ibikorwa by’ubugome byambukiranya imipaka yasinywe mu mwaka wa 2000.’

Mu mwaka wa 2012 nibwo icyaha cyo gucura abantu cyashyiriweho itegeko rigihana, rikaba ari itegeko No 01/2012/OL ryashyizweho tariki 02, Gicurasi, 2012.

Icyo gihe nibwo itegeko rihana iki cyaha ryinjijwe no  mu mategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Mu mwaka wa 2018 hatowe irindi tegeko ryihariye ryo ku itariki 13, Kanama, 2018 naryo rigamije guhana mu buryo bwihariye kiriya cyaha.

Ryatangajwe mu Igazeti ya Leta N° 39 ryo ku wa 24, Nzeri, 2019.

Umunyamategeko Jean Bosco Mutangana avuga gushyiraho ruriya rwego ari ibyo kwishimira kuko iyo umuntu yakorewe icyaha nka kiriya bigira ingaruka kuri we, bikamushegesha bityo akaba aba agomba kwitabwaho kugira ngo yongere yigarurire icyizere kandi yisange mu bandi.

Ikindi ashima ni uko u Rwanda rurinda umwirondoro w’uwakorewe icyaha, rukabarinda kwiyumva nk’igicibwa kandi rugakora uko rushoboye rukazana abakorewe kiriya cyaha aho baba bari hose ku isi, bakagarurwa iwabo.

Muri iki gihe ari gukorera impamyabumenyi y’ikirenga mu by’amategeko muri Kaminuza ya Tilburg mu Buholandi.

TAGGED:featuredMutanganaUbushinjacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo Yuriye Igiti Arahanuka Polisi Imutabara Yahanamye Mo
Next Article Izindi Mpunzi n’Abasaba Ubuhungiro Bavuye Muri Libya Bageze Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?